• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Ubwanditsi 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu cyumweru gitaha guhera tariki ya 25kugeza kuya 29 Nzeli, u Rwanda ruzakira Inama mpuzamahanga y’aba Engeniyeri, izaba irebera hamwe uburyo bwo gucunga ndetse no gutunganya imyanda mu mijyi.

Ni Inama yateguwe n’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ibikorwa remezo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire mu Rwanda, ikazaba ifite nsanganyamatsiko igira iti “Icunga n’Itunganywa neza ry’Imyanda muri Afrika.”

Iyi nama izitabirwa n’abantu batandukanye baturutse mu mpande zose z’isi ariko abenshi bakazaba ari ahanyarwanda , izitabirwa kandi n’abahagarariye ingaga z’aba Engeniyeri ku isi, muri Afrika ndetse no muri Afrika y’Iburasirazuba izi ngaga zose zikaba zikorana n’urugaga rw’aba Engeniyeri rwo mu Rwanda.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa kane umuyobozi w’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda Bwana Kazawadi Papias yavuze ko muri iyi nama bazigiramo uburyo bwo gukoresha mu gutunganya imyanda ishobora kubyazwa umusaruro, aho ibihugu byateye imbere mu gutunganya imyanda bizabasangiza uko babikoze n’imbogamizi bahuye nazo kugira ngo babashe gukemura ikibazo cyo gutunganya imyanda no kuyibyaza umusaruro.

Yavuze kandi ko Kuba u Rwanda arirwo bahisemo kuberamo iyi inama ari ukugira ngo babashe kwigira ku bindi bihugu uko barushaho gucunga imyanda, yaba ituruka mu ngo n’ahandi.

Bwana Edward Kyazze Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’imijyi n’imiturire muri Minisiteri y’ibikorwa remezo yavuze ko abazitabira iyi nama nabo bazigira ku Rwanda ibijyanye n’isuku, servisi nziza, n’imiyoborere iganisha ku iterambere u Rwanda rufite ubu, anavuga ko urwego rwo gucunga imyanda rukiri hasi hakaba hakenewe gushyiramo ingufu bityo akaba yasabye umuntu wese utuye gufata amazi kuburyo atakwangiriza uwo baturanye, hacukurwa ibyobo bifata amazi.

Yanavuze kandi ko hakenewe ubukangurambaga bwo gucunga imyanda kugira ngo itangiza ikirere ndetse nabaturanyi muri rusange.

Ku bijyanye n’imyanda itabora yavuze ko kuri ubu bafite abashoramari bayihindura ikavamo ibindi bikoresha nk’impapuro zikoreshwa muri bwiherero, gusa ngo haracyakenewe abandi bashoramari kugira ngo imyanda igera ku Kimoteri ibe mikeya.

Umuyobozi mukuru ushinzwe imiturire n’imyubakire mu mujyi wa Kigali Bwana Nkurunziza Alphonse yavuze ko ikibazo cyo gucunga imyanda no kumenya aho ijya ari ikibazo gikomereye umujyi wa Kigali,bityo iyi nama ikaba ije ikenewe kugira ngo bigire ku bindi bihugu bimaze gutera imbere uko babicunga ku buryo burushijeho, ngo bizabafasha kandi kurushaho guhangana n’ikibazo cy’imicungire y’imyanda gikomereye umujyi wa Kigali.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izaba baye ku nshuro ya kane kuva itangiye kubaho nyuma y’iyabereye muri Afrika yepfo, Zimbabwe, ndetse na Nigeria, ikazitabirwa n’abantu basaga 700 abenshi bakazaba ari Abanyarwanda.

-8052.jpg

Perezida w’Urugaga Nyarwanda rw’aba Enjeniyeri, Eng. Kazawadi Papias

Kuri ubu urugaga rw’aba engeniyeri mu Rwanda rufite abanyamuryango barenga 800, ariko bakaba bakomeje kwakira abandi babagana bakaba bateganya kuzagira abagera ku 2000 mu waka utaha.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Kansiime James wari ‘gitifu’ wa Gakenke yeguye ku mirimo

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku

Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku

Ubwanditsi 08 Aug 2017
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Ubwanditsi 26 May 2017
Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi
Mu Mahanga

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru