• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Ubwanditsi 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu cyumweru gitaha guhera tariki ya 25kugeza kuya 29 Nzeli, u Rwanda ruzakira Inama mpuzamahanga y’aba Engeniyeri, izaba irebera hamwe uburyo bwo gucunga ndetse no gutunganya imyanda mu mijyi.

Ni Inama yateguwe n’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ibikorwa remezo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire mu Rwanda, ikazaba ifite nsanganyamatsiko igira iti “Icunga n’Itunganywa neza ry’Imyanda muri Afrika.”

Iyi nama izitabirwa n’abantu batandukanye baturutse mu mpande zose z’isi ariko abenshi bakazaba ari ahanyarwanda , izitabirwa kandi n’abahagarariye ingaga z’aba Engeniyeri ku isi, muri Afrika ndetse no muri Afrika y’Iburasirazuba izi ngaga zose zikaba zikorana n’urugaga rw’aba Engeniyeri rwo mu Rwanda.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa kane umuyobozi w’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda Bwana Kazawadi Papias yavuze ko muri iyi nama bazigiramo uburyo bwo gukoresha mu gutunganya imyanda ishobora kubyazwa umusaruro, aho ibihugu byateye imbere mu gutunganya imyanda bizabasangiza uko babikoze n’imbogamizi bahuye nazo kugira ngo babashe gukemura ikibazo cyo gutunganya imyanda no kuyibyaza umusaruro.

Yavuze kandi ko Kuba u Rwanda arirwo bahisemo kuberamo iyi inama ari ukugira ngo babashe kwigira ku bindi bihugu uko barushaho gucunga imyanda, yaba ituruka mu ngo n’ahandi.

Bwana Edward Kyazze Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’imijyi n’imiturire muri Minisiteri y’ibikorwa remezo yavuze ko abazitabira iyi nama nabo bazigira ku Rwanda ibijyanye n’isuku, servisi nziza, n’imiyoborere iganisha ku iterambere u Rwanda rufite ubu, anavuga ko urwego rwo gucunga imyanda rukiri hasi hakaba hakenewe gushyiramo ingufu bityo akaba yasabye umuntu wese utuye gufata amazi kuburyo atakwangiriza uwo baturanye, hacukurwa ibyobo bifata amazi.

Yanavuze kandi ko hakenewe ubukangurambaga bwo gucunga imyanda kugira ngo itangiza ikirere ndetse nabaturanyi muri rusange.

Ku bijyanye n’imyanda itabora yavuze ko kuri ubu bafite abashoramari bayihindura ikavamo ibindi bikoresha nk’impapuro zikoreshwa muri bwiherero, gusa ngo haracyakenewe abandi bashoramari kugira ngo imyanda igera ku Kimoteri ibe mikeya.

Umuyobozi mukuru ushinzwe imiturire n’imyubakire mu mujyi wa Kigali Bwana Nkurunziza Alphonse yavuze ko ikibazo cyo gucunga imyanda no kumenya aho ijya ari ikibazo gikomereye umujyi wa Kigali,bityo iyi nama ikaba ije ikenewe kugira ngo bigire ku bindi bihugu bimaze gutera imbere uko babicunga ku buryo burushijeho, ngo bizabafasha kandi kurushaho guhangana n’ikibazo cy’imicungire y’imyanda gikomereye umujyi wa Kigali.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izaba baye ku nshuro ya kane kuva itangiye kubaho nyuma y’iyabereye muri Afrika yepfo, Zimbabwe, ndetse na Nigeria, ikazitabirwa n’abantu basaga 700 abenshi bakazaba ari Abanyarwanda.

-8052.jpg

Perezida w’Urugaga Nyarwanda rw’aba Enjeniyeri, Eng. Kazawadi Papias

Kuri ubu urugaga rw’aba engeniyeri mu Rwanda rufite abanyamuryango barenga 800, ariko bakaba bakomeje kwakira abandi babagana bakaba bateganya kuzagira abagera ku 2000 mu waka utaha.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Evode Imena yagizwe umwere

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa
IMIKINO

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Ubwanditsi 27 Oct 2016
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021
Amakuru

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru