• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Ubwanditsi 19 Jun 2018 Mu Rwanda

Rayon Sports yerekanye umutoza wayo mushya Roberto Oliveira Goncalves do Carmo, utandukanye n’uwo yari yatangaje kuri uyu wa Mbere witwa Roberto Luiz Bianchi Pelliser.

Aba batoza bombi bahuriye ku kuba bakomoka muri Brazil no kuba batozaga muri Angola; Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka “Robertinho” wanakiniye Ikipe y’Igihugu ya Brazil “Samba Boys” yatozaga Atlético Sport Aviação mu gihe Roberto Luiz Bianchi Pelliser atoza Ikipe y’Igihugu ya Angola “Palancas Negras” kuva muri Werurwe 2017.

Rayon Sports yari yatangaje kuri Twitter yayo ko Roberto Luiz Bianchi Pelliser w’imyaka 51 atoza Ikipe ya Atlético Petróleos de Luanda (izwi nka Petro Atlético), yigeze kunyuramo mbere yo guhabwa ikipe y’igihugu. Ubu butumwa bwamaze igihe gito, buhita busibwa.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Umutoza mushya wa Rayon Sports, Roberto Oliveira Goncalves do Carmo, yasuye abakinnyi mu myitozo ku Kibuga cyo mu Nzove aho yerekanwe bwa mbere.

Mu ijambo rye yabasabye ubufatanye mu gushaka umusaruro mwiza mu marushanwa atatu iyi kipe irimo.

Uyu mutoza yahawe inshingano zo gutoza imikino isigaye ya shampiyona, iy’Igikombe cy’Amahoro, Cecafa Kagame Cup na CAF Confederation Cup, akazakomezanya n’ikipe no mu mwaka utaha.

Robertinho wabarizwaga muri Atletico Sport Aviação (ASA) yo muri Angola kuva mu 2015, asimbuye Umubiligi Ivan Minnaert wahawe gutoza Academy ya Rayon Sports nyuma y’ibibazo yagiranye n’abakinnyi n’abari bamwungirije bigatuma ahindurirwa inshingano.

Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo watangiye gutoza mu 2002, yanyuze mu makipe yo muri Brazil arimo Fluminense, Pelotas, Esporte Clube São Bento, América na Rio Branco.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017
Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Ubwanditsi 30 May 2018
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe
Amakuru

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya
Amakuru

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Ubwanditsi 30 Oct 2021
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru