• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?
Dr Diogene Bideri

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ubwanditsi 23 Feb 2020 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, iheruka kwakira uhagarariye itsinda ryashyizweho na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ngo rikore iperereza ku bikorwa by’icyo gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ryari mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, barigaragariza ko bifuza ko rikora ibitandukanye n’abaribanjirije.

Umunyamategeko wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Diogene Bideri, aherutse kubigarukaho mu kiganiro yahaye urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, muri gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”, ku wa 13 Gashyantare.

Yavuze ko kugeza ubu hari uburyo bwagiye bushyirwaho kugira ngo hacukumburwe uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo n’itsinda riherutse gushyirwaho na Perezida w’iki gihugu, Emmanuel Macron, kugira ngo rijye mu mizi iby’iki kibazo kimaze imyaka irenga 25.

Muri Mata 2019 PerezidaMacron yatangaje ishyirwaho rya komisiyo igizwe n’abahanga mu mateka n’abashakashatsi, izasesengura inyandiko icyo gihugu kibitse zigaragaza ibikorwa byacyo mu Rwanda hagati ya 1990-1994, ngo hashyirwe ahabona ukuri ku ruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Biteganyijwe ko iryo tsinda rizatanga raporo mu myaka ibiri uhereye igihe ryashyiriweho, rikazafasha mu gutegura neza imfashanyigisho zakwifashishwa no kwigisha mu Bufaransa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni itsinda riyobowe na Prof. Vincent Duclert.

U Rwanda rwakiriye uhagarariye iryo tsinda

Dr Bideri yagize ati “Komisiyo yashyizweho na Macron y’abashakashatsi igomba kwerekana uruhare rw’Abafaransa, uyiyobora yaje kudusura, yaje no muri CNLG turamwakira, twaramubwiye tuti ni byiza ko mwashyizeho komisiyo yanyu ariko twizeye ko itazaza yiyongera ku zindi zabanje kugira ngo ivuge bimwe nk’ibyavuzwe n’abandi, gusa we yatubwiye ko bakorera mu wundi murongo.”

Imyaka ine nyuma y’iyicwa rya Habyarimana, nibwo mu Bufaransa hatangiye iperereza ngo hamenyekane uwagize uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, iyo mirimo yahise ishingwa umucamanza Jean Louis Bruguière.

Uyu iperereza rye arirangije, yatunze agatoki FPR yahagaritse Jenoside n’ubwo nta bimenyetso bifatika yari yabashije kugaragaza, aza kuvuguruzwa n’umucamanza Marc Trévidic, wagaragaje ko uwarashe indege ya Habyarimana yari mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyari mu maboko y’ingabo za ex FAR.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, nubwo yirinze kugira byinshi avuga kuri iri tsinda ryaje mu Rwanda, yabwiye IGIHE ko kuba ryaragiyeho ari byiza, ariko icyo u Rwanda rutegereje ari akazi rizakora.

Yagize ati “Ku ruhare rw’u Bufaransa hari ibisanzwe bizwi nabo ubwabo bemera kandi byasohotse muri raporo y’abadepite b’Abafaransa bakoze mu 1998, hari inyandiko basohoye muri iyo raporo zerekana ubufasha bagiye batanga mu bya gisirikare, politike n’ibindi bahaga ingabo z’u Rwanda na leta.”

“Hari ibyagaragajwe na ‘raporo Mucyo’ yasuzumye uruhare rw’Abafaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo birahari, hari itangazamakuru ryaba iryo mu Bufaransa n’ahandi, hari raporo yakozwe na Sena y’Ababiligi nubwo cyane yavugaga ku Bubiligi ariko hari aho bagaragaza ko hari n’ibindi bihugu byatanze inkunga harimo n’u Bufuransa, icyo dutegereje ni uko Komisiyo yashyizweho na Macron igaragaza ibindi bidasanzwe bizwi hashingiwe ku nyandiko n’ibindi bimenyetso bafite, ni icyo dutegereje nta kindi.”

Ikibazo cy’uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi cyakunze guteza igitotsi mu mubano w’ibihugu byombi, gusa muri iki gihe u Bufaransa bugaragaza ubushake bwo kurenga ayo mateka mabi.

2020-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi yarekuwe

Bishop Rugagi yarekuwe

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17,  anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17, anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Ubwanditsi 16 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga
ITOHOZA

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 
Amakuru

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubwanditsi 12 May 2022
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR
Amakuru

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru