• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?
Dr Diogene Bideri

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ubwanditsi 23 Feb 2020 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, iheruka kwakira uhagarariye itsinda ryashyizweho na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ngo rikore iperereza ku bikorwa by’icyo gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ryari mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, barigaragariza ko bifuza ko rikora ibitandukanye n’abaribanjirije.

Umunyamategeko wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Diogene Bideri, aherutse kubigarukaho mu kiganiro yahaye urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, muri gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”, ku wa 13 Gashyantare.

Yavuze ko kugeza ubu hari uburyo bwagiye bushyirwaho kugira ngo hacukumburwe uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo n’itsinda riherutse gushyirwaho na Perezida w’iki gihugu, Emmanuel Macron, kugira ngo rijye mu mizi iby’iki kibazo kimaze imyaka irenga 25.

Muri Mata 2019 PerezidaMacron yatangaje ishyirwaho rya komisiyo igizwe n’abahanga mu mateka n’abashakashatsi, izasesengura inyandiko icyo gihugu kibitse zigaragaza ibikorwa byacyo mu Rwanda hagati ya 1990-1994, ngo hashyirwe ahabona ukuri ku ruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Biteganyijwe ko iryo tsinda rizatanga raporo mu myaka ibiri uhereye igihe ryashyiriweho, rikazafasha mu gutegura neza imfashanyigisho zakwifashishwa no kwigisha mu Bufaransa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni itsinda riyobowe na Prof. Vincent Duclert.

U Rwanda rwakiriye uhagarariye iryo tsinda

Dr Bideri yagize ati “Komisiyo yashyizweho na Macron y’abashakashatsi igomba kwerekana uruhare rw’Abafaransa, uyiyobora yaje kudusura, yaje no muri CNLG turamwakira, twaramubwiye tuti ni byiza ko mwashyizeho komisiyo yanyu ariko twizeye ko itazaza yiyongera ku zindi zabanje kugira ngo ivuge bimwe nk’ibyavuzwe n’abandi, gusa we yatubwiye ko bakorera mu wundi murongo.”

Imyaka ine nyuma y’iyicwa rya Habyarimana, nibwo mu Bufaransa hatangiye iperereza ngo hamenyekane uwagize uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, iyo mirimo yahise ishingwa umucamanza Jean Louis Bruguière.

Uyu iperereza rye arirangije, yatunze agatoki FPR yahagaritse Jenoside n’ubwo nta bimenyetso bifatika yari yabashije kugaragaza, aza kuvuguruzwa n’umucamanza Marc Trévidic, wagaragaje ko uwarashe indege ya Habyarimana yari mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyari mu maboko y’ingabo za ex FAR.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, nubwo yirinze kugira byinshi avuga kuri iri tsinda ryaje mu Rwanda, yabwiye IGIHE ko kuba ryaragiyeho ari byiza, ariko icyo u Rwanda rutegereje ari akazi rizakora.

Yagize ati “Ku ruhare rw’u Bufaransa hari ibisanzwe bizwi nabo ubwabo bemera kandi byasohotse muri raporo y’abadepite b’Abafaransa bakoze mu 1998, hari inyandiko basohoye muri iyo raporo zerekana ubufasha bagiye batanga mu bya gisirikare, politike n’ibindi bahaga ingabo z’u Rwanda na leta.”

“Hari ibyagaragajwe na ‘raporo Mucyo’ yasuzumye uruhare rw’Abafaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo birahari, hari itangazamakuru ryaba iryo mu Bufaransa n’ahandi, hari raporo yakozwe na Sena y’Ababiligi nubwo cyane yavugaga ku Bubiligi ariko hari aho bagaragaza ko hari n’ibindi bihugu byatanze inkunga harimo n’u Bufuransa, icyo dutegereje ni uko Komisiyo yashyizweho na Macron igaragaza ibindi bidasanzwe bizwi hashingiwe ku nyandiko n’ibindi bimenyetso bafite, ni icyo dutegereje nta kindi.”

Ikibazo cy’uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi cyakunze guteza igitotsi mu mubano w’ibihugu byombi, gusa muri iki gihe u Bufaransa bugaragaza ubushake bwo kurenga ayo mateka mabi.

2020-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Ubwanditsi 01 May 2021
Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )
Mu Mahanga

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.
Uncategorized

Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo
Mu Rwanda

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Ubwanditsi 29 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru