• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Ubwanditsi 01 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Hirya no hino mu Rwanda, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Gicurasi 2021 hakinwe imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda izwi nka Primus National League, mu mikino imwe yabaye yabonetsemo ibitego 20.

Mu mukino wabimburiye indi yose ni uwahuje ikipe ya Rutsiro FC yari yakiriye ikipe ya Kiyovu SC kuri sitade Umuganda yo mu karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye ikipe ya Rutsiro itsinze ibitego 2-1, ku ruhande rwa Rutsiro yatsindiwe na Ndarusanze Jean Claude ndetse na Hatangimana Eric naho ku ruhande rwa Kiyovu yatsindiwe na Sabbah Robert.

Nyuma y’uyu mukino ikipe ya Marines yakiriye ikipe ya Espoir FC, ni umukino warangiye Espoir yegukanye intsinzi y’igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Sadick Soulley.

Mu wundi mukino wabereye kuri Sitade Ubworoherane, ikipe ya Misanze FC ntiyahiriwe n’umukino yakiriyemo AS Kigali kuko yatsinzwe ibitego 4-2, Musanze yari iri mu rugo yatsindiwe na Twizerimana Onesme ndetse na Ally Sova, ku ruhande rwa AS Kigali yo yatsindiwe na Hakizimana Muhadjiri ndetse na Hussein Shabalala buri umwe watsinze ibitego bibiri.

Police FC kuri sitade Amahoro yahatsindiye ikipe ya Etincelles ibitego Bitanu kuri kimwe, ku ikipe y’abapolisi ikaba yatsindiwe na Iyabivuze Osee, Ntwali Evode watsinze ibitego bibiri, Ntirushwa Aimee ndetse na Harerimana Obed.

Kuri sitade ya Huye mu Ntara y’amajyepfo ikipe ya Mukura Victory Sport et Loisir ikaba yari yakiriye ikipe ya Sunrise yo mu ntara y’i Burasirazuba, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Mukura yari iri murugo yatsindiwe na Muniru Abdoul naho ku ruhande rwa Sunrise yo yatsindiwe na Uwambazimana Leon uzwi nka Kawunga.

Muri rusange dore uko imikino yagenze yo kuri uyu wa gatandatu:

Rutsiro 2-1 Kiyovu Sports
Marine FC 0-1 Espoir FC
Police Fc 5-1 Etincelles
Musanze 2-4 AS Kigali
Mukura VS 1-1 Sunrise

Indi mikino y’umunsi wa mbere izakinwa kuri iki cyumweru tariki ya 2 Gicurasi 2021:

APR FC vs Gorilla FC
Bugesera VS As Muhanga (Ntukibaye)
Rayon Sports vs Gasogi United

2021-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017
Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi
POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika
HIRYA NO HINO

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi
ITOHOZA

Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru