• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Ubwanditsi 29 Sep 2017 Mu Rwanda

Ku italiki 27 Nzeli, Polisi ikorera mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata yataye muri yombi abantu babiri abibo Ngirimana Anicet w’imyaka 26 y’amavuko na Tumukunde Esther w’imyaka 19 y’amavuko , bakaba bakurikiranyweho kwiba amafaranga 2,500,000. Ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatsata.

Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere ibitangaza, aba bombi bari abakozi mu rugo rw’uwitwa Murenzi Guido utuye mu murenge wa Kacyiru, mu karere ka Gasabo ari naho bayibye ku italiki ya 26 z’uku kwezi.

Kuri uyu munsi ni bwo uriya mukobwa yabonye shebuja agiye koga , abyumvikanyeho na mugenzi we , akajya mu cyumba cya Murenzi agakuramo amafaranga 2,500,000 nyuma y’uko bari babonye Murenzi ayishyurwa akayashyira mu nzu.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu avugako aba bombi bahise baburirwa irengero ariko Tumukunde akaza gufatirwa I Nyamirambo ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye.

Aha SP Hitayezu agira ati:” Uyu mukobwa ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye kandi bihenze I Nyamirambo, yahahuriye n’umuntu umuzi neza maze amugiraho amakenga, nibwo yabimenyesheje sitasiyo ya Rwezamenyo yahise imwegera , abajijwe uko yabonye amafaranga arimo gukoresha muri ubwo buryo, yahise yemera ko yayibanye n’uwo bakoranaga bahita batoroka shebuja.”

Akomeza avuga ko yajyanye Polisi kwerekana aho mugenzi we ari mu murenge wa Gatsata, aho basanze amaze kugura bimwe mu bikoresho byo kogosha, ndetse bombi basanganwa amafaranga angana na 1,862,500 yamaze no gusubizwa nyirayo.

SP Hitayezu yagiriye inama abakora ubujura cyangwa n’abandi baba bafite umugambi wo kwishora mu bujura haba mu kazi bakoramo cyangwa ahandi hatandukanye, guca ukubiri n’iki cyaha kuko Polisi yashyizeho ingamba zikomeye zo kubatahura no kubafata kandi bakanashyikirizwa ubutabera

Asoza yagize ati:” Utafatwa na Polisi yafatwa n’abaturage kuko abenshi bamaze gusobanukirwa ibyiza byo kwicungira umutekano no kuba ijisho rya bagenzi babo, tuboneyeho no gushimira uriya muturage watumye bafatwa kandi turasaba n’abandi bose ko ikintu bagizeho amakenga bajya bakimenyesha Polisi ibegereye.”

-8164.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu

Ingingo ya 292 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda isobanura ko, kwiba ari ugutwara cyangwa gukoresha ikintu cy‟undi bujura. Naho ibihano bikaba biteganywa n’ingingo ya 300.

Ingingo ya 300 iteganya ko, umuntu wese ukora ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z‟agaciro k‟icyibwe cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Source : RNP

2017-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Perezida Kabila yahaye akazi Amb.Eugene Gasana ko gushaka uko imitungo ye n’abambari be yasohorwa

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 16 Jul 2017
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Ubwanditsi 10 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC
ITOHOZA

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose
ITOHOZA

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru