• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Ubwanditsi 29 Sep 2017 Mu Rwanda

Ku italiki 27 Nzeli, Polisi ikorera mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata yataye muri yombi abantu babiri abibo Ngirimana Anicet w’imyaka 26 y’amavuko na Tumukunde Esther w’imyaka 19 y’amavuko , bakaba bakurikiranyweho kwiba amafaranga 2,500,000. Ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatsata.

Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere ibitangaza, aba bombi bari abakozi mu rugo rw’uwitwa Murenzi Guido utuye mu murenge wa Kacyiru, mu karere ka Gasabo ari naho bayibye ku italiki ya 26 z’uku kwezi.

Kuri uyu munsi ni bwo uriya mukobwa yabonye shebuja agiye koga , abyumvikanyeho na mugenzi we , akajya mu cyumba cya Murenzi agakuramo amafaranga 2,500,000 nyuma y’uko bari babonye Murenzi ayishyurwa akayashyira mu nzu.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu avugako aba bombi bahise baburirwa irengero ariko Tumukunde akaza gufatirwa I Nyamirambo ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye.

Aha SP Hitayezu agira ati:” Uyu mukobwa ubwo yari arimo kugura ibintu bitandukanye kandi bihenze I Nyamirambo, yahahuriye n’umuntu umuzi neza maze amugiraho amakenga, nibwo yabimenyesheje sitasiyo ya Rwezamenyo yahise imwegera , abajijwe uko yabonye amafaranga arimo gukoresha muri ubwo buryo, yahise yemera ko yayibanye n’uwo bakoranaga bahita batoroka shebuja.”

Akomeza avuga ko yajyanye Polisi kwerekana aho mugenzi we ari mu murenge wa Gatsata, aho basanze amaze kugura bimwe mu bikoresho byo kogosha, ndetse bombi basanganwa amafaranga angana na 1,862,500 yamaze no gusubizwa nyirayo.

SP Hitayezu yagiriye inama abakora ubujura cyangwa n’abandi baba bafite umugambi wo kwishora mu bujura haba mu kazi bakoramo cyangwa ahandi hatandukanye, guca ukubiri n’iki cyaha kuko Polisi yashyizeho ingamba zikomeye zo kubatahura no kubafata kandi bakanashyikirizwa ubutabera

Asoza yagize ati:” Utafatwa na Polisi yafatwa n’abaturage kuko abenshi bamaze gusobanukirwa ibyiza byo kwicungira umutekano no kuba ijisho rya bagenzi babo, tuboneyeho no gushimira uriya muturage watumye bafatwa kandi turasaba n’abandi bose ko ikintu bagizeho amakenga bajya bakimenyesha Polisi ibegereye.”

-8164.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu

Ingingo ya 292 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda isobanura ko, kwiba ari ugutwara cyangwa gukoresha ikintu cy‟undi bujura. Naho ibihano bikaba biteganywa n’ingingo ya 300.

Ingingo ya 300 iteganya ko, umuntu wese ukora ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z‟agaciro k‟icyibwe cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Source : RNP

2017-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Ubwanditsi 23 May 2018
Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Ubwanditsi 18 May 2017
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Ubwanditsi 24 Jan 2024
Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo
Amakuru

Moussa Faki Mahamat arasaba ibihugu by’ibihangange kureka gukomeza kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika ubwabo

Ubwanditsi 21 Feb 2024
Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?
Mu Mahanga

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)
Mu Rwanda

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru