• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ubwanditsi 25 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, ritangaza ko inama yahuje bamwe mu bayobozi b’amashyirahamwe w’umupira w’amaguru bo mu karere ngo yari iyo kwiga ku gihugu kizakira CECAFA aho kuba iyo gushaka umusimbura wa Perezida wa Issa Hayatou uyobora CAF magingo aya.

Amakuru dukesha IGIHE, avuga ko abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru bo muri aka karere ka CECAFA, wongeyeho uwa Tchad Angola na Gabon, bagombaga guhurira mu Rwanda mu mpera z’icyumweru twashoje, mu rwego rwo gutegura umukandida wazahangana na Issa Hayatou mu matora ya CAF mu mwaka utaha.

Ku ikubitiro, abayobozi b’amashyirahamwe ya Sudani y’Epfo, Djibouti Tanzania na Angola bari bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe hari hategerejwe abandi bayobozi ku wa Gatandatu. Amakuru atugeraho ariko, avuga ko iby’iyi nama muri CAF babimenye itaraba, aho bivugwa ko umwe mu bagombaga kuyitabira yaba yarabihishuriye iri shyirahamwe rya ruhago muri Afurika, maze bikarangira iburijwemo.

Ubwo twavuganaga na Perezida wa Ferwafa Nzamwita Vincent De Gaulle ariko, yahakanye isano iyi nama yari ifitanye n’amatora ya CAF.

De Gaulle yagize ati “Twari abayobozi batatu gusa, njye n’uwa Sudani y’Epfo na Tanzania. Ntabwo abantu batatu bategura amatora cyane ko kugeza n’ubu hari umukandida umwe gusa”.

“Urebye, nta gahunda(yo guhura kwacu) ihambaye yari ihari. Umuyobozi wa Tanzania yajyaga mu Burundi hari ubucuruzi akorerayo, uwa Sudani y’Epfo n’uwa Djibouti bumvishe ko azaca mu Rwanda na bo bahise baza kugira ngo tuganire ku buryo CECAFA yazakirwamo”.

“Kugeza ubu, mu matora ya CAF hari umukandida umwe(Issa Hayatou) kandi u Rwanda ruramushyigikiye.”

Nzamwita Vincent De Gaulle ariko ntiyadusobanuriye impamvu aba bayobozi b’aya mashyirahamwe ari bo bahisemo kuganira ku bijyanye n’igihugu kizakira CECAFA, mu gihe muri bo nta muyobozi w’iri shyirahamwe urimo, nta w’umwungirije ndetse bikaba bitanazwi n’ubunyamabanga bwa CECAFA.

Ku rundi ruhande kandi, nubwo Ferwafa itangaza ko iri inyuma ya Issa Hayatou, ubuyobozi bwa ruhago nyarwanda biciye muri perezida wayo, bari bashyigikiye icyifuzo cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Djibouti, cyuko Perezida wa CAF bitazajya biba ngombwa ko atorwa mu bantu 15 basanzwe muri komite nyobozi ya CAF.

-4468.jpg

-4467.jpg

Ku ngoma ya Issa Hayatou, u Rwanda rwakiriye CHAN 2016, CAN U20 muri 2009 na U17 muri 2011

Iki gitekerezo ubundi byagaragaraga ko gishaka kurwanya ko Issa Hayatou yakomeza kwiyamamaza ntawe bahanganye, cyari cyashyigikiwe n’ibihugu bike birimo u Rwanda, gusa biza kurangira gitewe ishoti n’abandi banyamuryango ba CAF, ikintu cyahise giha amahirwe Issa Hayatou yo kuzongera kuyobora iri shyirahamwe mu matora ateganyiwe muri Werurwe umwaka utaha.

Source : Igihe.com

2016-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Ubwanditsi 20 Sep 2022
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka
Amakuru

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021
Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.
Amakuru

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Nov 2020
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 30 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru