• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Umuhanzi Jose Mayanja uzwi mu muziki nka Dr. Jose Chameleone n’umuvandimwe we Weasel batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri bazira gushaka kurema itsinda ry’abantu barwanya Perezida Yoweri Museveni mu Mujyi wa Kampala.

Chameleone yafashwe nyuma y’ikiganiro yari amaze kugirana n’abanyamakuru, ahita afungurwa hashize igihe gito.

Muri icyo kiganiro Chameleone yavuze ko abaturage batakarije icyizere ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Uyu mugabo uherutse kugirwa ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa by’Ishyaka riharanira Demokarasi [Democratic Party] ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda aherutse kwinjiramo, yavuze ko atazarivamo kugeza apfuye.

Yanavuze ko ari mu rugamba rwo ‘kuvana Uganda mu biganza by’umunyagitugu’.

Yakomeje agira ati “Nitandukanyije n’abari ku ruhande rw’ingoma y’igitugu, ubu ndi ku ruhande rw’abatotezwa. Nahamagarira urubyiruko rwifuza impinduka n’ubwigenge kutwiyungaho tukigobotora ingoma y’igitugu imaze imyaka 32 idutoteza.”

Impamvu Chameleone yiyunze kuri aba barwanya Museveni ngo ni uko ashaka kubohora abamugize uwo ariwe uyu munsi ndetse ngo ashaka kugira Uganda igihugu cyiza kimeze nk’ibindi ajya yishimira iyo yatembereye.

Uyu muhanzi yahakanye ibyavuzwe ko yaba yaraje kwiyomeka ku barwanya Museveni ashaka gushyira hasi mugenzi Bobi Wine.

Yemeje ko abayobozi bose mu ishyaka rya Museveni rya NRM, nta bitekerezo basigaranye byatuma igihugu gikomeza gutera imbere bityo hakenewe impinduka.

Abajijwe impamvu yaririmbye mu ndirimbo yitwa ‘Tubonganawe’ yamamaza Museveni mu matora ya 2016 yavuze ko yashakaga amafaranga gusa nta kindi.

Ati “Naririmbye ‘Tubonganawe’ kubera ko nashakaga amafaranga, nari mfite ibibazo byanjye, nari nkeneye amafaranga.”

Ku Cyumweru gishize Chameleone yasuye Bobi Wine mu rugo aho baganiriye byinshi bijyanye n’uko uyu mugabo yinjiye muri politiki irwanya Perezida Museveni.

Jose Chameleone ari kwitegura kuzahatana mu matora ya Meya w’Umujyi wa Kampala azaba mu 2021.

2019-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Ubwanditsi 11 Jul 2016
U Bufaransa: Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

U Bufaransa: Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame
Amakuru

AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Bamwe  mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi
IMIKINO

Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru