• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 28 Aug 2018 ITOHOZA

Nyuma ya Bobi Wine warekuwe ejo, mu rundi rubanza rwavuzweho cyane muri Uganda uyu munsi urukiko rwa gisirikare rwa Makyinde rumaze gutangaza ko rurekuye by’agateganyo General Kale Kayihura kugira ngo akurikiranwe adafunze. Uyu mugabo aregwa ibyaha birimo kohereza i Kigali impunzi zashinjwaga ibyaha n’u Rwanda.

Abantu benshi cyane biganjemo abo mu muryango we bari babyukiye ku rukiko rwa gisirikare rwo ku kigo cya Makyinde i Kampala nk’uko bivugwa n’umunyamakuru wa  PMLDaily wari mu rubanza.

General Edward Kalekezi Kayihura areregwa ibyaha bibiri; kunanirwa kurinda intwaro ashinzwe zikagera mu basiviri ndetse no gufasha koherereza u Rwanda impunzi rwashakaga zari zarahungiye muri Uganda.

Gen Kayihura yahaye Urukiko impamvu 11 zituma akwiye kurekurwa agakurikiranwa adafunze, ubu amaze amezi arenga abiri afunze.

Mu mpamvu yatanze harimo iz’uko ku myaka 62 afite ibibazo by’uburwayi busabwa gukurikirana byihariye, ko ari we wenyine uhahira urugo rwe, ko afite iwe hazwi atahunga ubutabera, kuba atanga ingwate n’abishingizi bazwi no kuba atarigeze aregwa cyangwa akatirwa n’urukiko mbere.

Abamwishingira yatanze ni Maj. Gen. James Mugira na Maj. Gen. Sam Kavuma bombi bafite imirimo yo hejuru mu ngabo za Uganda na mubyara we Depite Rosemary Tumusime. Bose bari mu rukiko.

Uyu munsi abantu bari bitabiriye uru rubanza ari benshi

Uyu munsi abantu bari bitabiriye uru rubanza ari benshi

Gen Kale Kayihura ashinjwa kugira uruhare mu kohereza bamwe mu mpunzi z’abanyarwanda zaregwaga ibyaha barimo Lieutenant Joel Mutabazi .

Ubushinjacyaha bwavuze ko Gen Kayihura hakurikijwe uburemere bw’ibyaha aregwa adakwiye kurekurwa by’agateganyo kuko ashoborano gutoroka ubutabera.

Lt Joel Mutabazi yahoze ari mutwe w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu nyuma aza gutoroka  igisirikare ajya Uganda, aza gufatirwayo yoherezwa mu Rwanda.

Nyuma yo kumva impande zombi Urukiko rwafashe umwanya maze ruragaruka rutangaza ko Kayihura arekuwe by’agateganyo akazakurikiranwa adafunze.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko  Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Uko Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017
ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Ubwanditsi 28 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1
Amakuru

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru