• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonteze Jean d’Amour wahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi agafungwa imyaka 13 yarihiwe na FARG aza gutahurwa akurwa ku rutonde.

Muri 2014 ni bwo FARG yamukuye ku rutonde isanze yararihirwaga ataracitse ku icumu. Icyo gihe yari ageze mu mwaka wa kabiri muri kaminuza yahoze ari SFB.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko Niyonteze akomoka mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma , ku wa 14 Nzeri 2016 ngo yagiye kuri CNLG avuga ko yakuwe ku rutonde rw’abarihirwa FARG asaba ko yakorerwa ubuvugizi.

Ubwo CNLG yashyikirizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’ibikorwa bya 2016-2017 yavuze ko yakoze igenzura isanga Niyonteze yarakoze Jenoside ndetse yaranakatiwe imyaka 13 y’igifungo.

Bamwe mu bagize Inteko imitwe yombi bagaragaje ko batishimiye kuba umuntu wakoze Jenoside arihirwa amafaranga agenewe gufasha abacitse ku icumu batishoboye. Basaba ko abarihiwe muri ubwo buryo bakurikiranwa bakayaryozwa.

Mu minsi ishize ubwo Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu yatangazaga raporo ku Nteko rusange, Depite Manirarora Annoncée yakomoje kuri iyi ngingo.

Yagize ati “Amafaranga yahawe abagenerwa bikorwa mu bijyanye n’uburezi, hari aho byagaragaye ko yagiye ahabwa abantu batabikwiye. Nkaba nasabaga ko aya mafaranga yahawe abantu batabikwiye hakorwa icukumbura kuva FARG yabaho abantu bahawe amafaranga ajyanye n’uburezi batabikwiye akaba yagaruzwa.”

Niyonteze ni umwe muri benshi barihiwe amafaranga agenewe abacitse ku icumu atararicitseho, aho hari benshi bamaze kugaragara ko bayabonye muri ubwo buryo.

FARG ibivugaho iki?

Avuga ku kibazo cya Niyonteze, Umuyobozi Mukuru wa FARG, Ruberangeyo Théophile, yavuze ko bagifata nk’umwihariko. “Ati ubwabyo ni gahomamunwa, twe tubifata nk’ikibazo kidasanzwe. Mu biganiro turi kugirana na CNLG turi kureba uburyo twabigeza kuri MINALOC, hanyuma uwo muntu wakoze Jenoside warihiwe ayo mafaranga yacu agomba kubihanirwa by’intangarugero.

-255.png

Theophile Ruberangeyo, umuyobozi wa FARG

Ruberangeyo yabwiye itangazamakuru ko hari abantu bagaragaweho ko barihiwe amashuri bataracitse ku icumu bamaze kugeza kuri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa.

Uyu muyobozi avuga mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo, mu mwaka wa 2010 hasohotse amabwiriza agena uburyo umuntu wacitse ku icumu atoranywa kugira ngo ahabwe inkunga, aho ngo guhera icyo gihe bikorwa mu mucyo.

Yagize ati “Abantu bahabwa inkunga ya FARG bemezwa mu nteko rusange y’abarokotse Jenoside n’abandi baturage, iyo nteko ikaba ihagarariwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari. Haba hari kandi umuyobozi wa IBUKA na AVEGA noneho icyo gikorwa kigahagararirwa n’umurenge n’akarere, aho ubishinzwe aba ari Umuyobozi w’Akarere wungirijwe ushinzwe imibereho myiza.”

Ibi ngo byatumye uburiganya bwakorwaga mbere bugabanuka, aho ngo mbere byakorwaga n’abarokotse Jenoside ubwabo, bigatuma hari abashyiramo abatabikwiye bitewe n’ubucuti bafitanye cyangwa na ruswa.

Kuri ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari, umuyobozi wa IBUKA ndetse n’uyobora AVEGA ngo ni bo basinya mu ikayi yandikwamo abakwiye guhabwa inkunga.

Avuga ko mbere y’uwo mwaka hari aho byabayeho hakagira abantu bashyirwa mu bagenerwabikorwa ba FARG kandi batabyemerewe. Ibi ngo byakozwe na bamwe muri za komite z’abacitse ku icumu mu nzego z’utugari, aho hari abatari inyangamugayo bagiye bishyiriramo abandi.

Ibyo ngo ntibigaragara mu bijyanye n’uburezi gusa ngo kuko no mu zindi nkunga FARG itanga icyo kibazo cyagaragaye, aho harimo abantu benshi bubakiwe inzu kandi bataracitse ku icumu.

Ruberangeyo avuga ko mu mpera z’uyu mwaka FARG izakora igenzura ryimbitse kugira ngo irebe umubare nyawo w’abantu barihiwe amashuri bataracitse ku icumu ndetse n’abashobora kuba barahawe inkunga kandi bishoboye.

Muri 2012 FARG ikora igenzura bwa mbere ngo yasanze abanyeshuri basaga 2000 bararihiwe kandi batujuje ibisabwa.

Umuyobozi wa FARG yavuze ko muri rusange bazakomeza gukorana n’inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera kugira ngo harebwe uburyo abahawe inkunga batayikwiye bayisubiza ndetse n’abagize uruhare mu kubashyira ku rutonde rw’abagenerwabikorwa bakabihanirwa.

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 11 May 2016
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Ubwanditsi 13 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo
HIRYA NO HINO

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda
POLITIKI

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2018
CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi
INKURU NYAMUKURU

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Ubwanditsi 15 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru