• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo   |   16 Jul 2025

  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Editorial 23 Jan 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko akamaro gakomeye urwego rw’abikorera rufite mu gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu, anibutsa ko leta ifite uruhare ntasimburwa mu gushyiraho amategeko no gusobanurira abenegihugu ikanabagezaho ibyiza byose bikomoka ku ikoranabuhanga. Yanavuze ariko ko abikorera bagomba kugira uruhare mu ishoramari no guhanga udushya mu rwego rw’ikoranabuhanga.

Ubwo yari kumwe n’abandi batanze ikiganiro cyari kiyobowe na Angel Gurria, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubufatanye mu Iterambere ry’ Ubukungu, ikiganiro-mpaka cyavugaga ku “ Gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu”, cyabaye mu rwego rw’Inama Mpuzamahanga y’ubukungu ibera Davos, Perezida Kagame yavuze ko Afurika yahereye ku rwego rwo hasi cyane ariko ko intego ari uko iterambere mu ikoranabuhanga ryakwihuta cyane, hashingiwe ko ibyiza turikesha biruta ibibazo rishobora gutera.

Abatanze ikiganiro bunguranye ibitekerezo by’uko ikoranabuhanga mu gihugu ryaba umusemburo wo guteza imbere inzego zinyuranye z’ubuzima bw’igihugu.

Perezida Kagame yagize ati: “ Twibanda ku bisubizo bidukemurira ibibazo. Ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ni ingenzi mu kugeza ikoranabuhanga kubo ritarageraho kandi riracyakenewe na benshi. Aba bantu benshi ikoranabuhanga niribageraho bizabyara umusaruro. Nk’abafatanyabikorwa muri iyi ngamba, tugomba no kuganira ku buryo ibyiza by’ ikoranabuhanga byagera kuri benshi kandi ku buryo budahenda”.

Perezida Kagame yavuze ko kwinjiza ikoranabuhanga muri gahunda n’igenamigambi bya Leta y’u Rwanda byazamutse cyane aho kuva mu mwaka wa 2003 kugera muri 2016 umubare w’abagerwaho n’ikoranabuhanga wageze kuri 30%. Yavuze ko ishoramari muri uru rwego ryiyongereye kandi rizakomeza gufasha abenegihugu no mu kwiteza imbere ubwabo.

Ku birebana no guhuza urwego rw’uburezi n’iterambere mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yavuze ko urwego inzego zibishinzwe zigomba no kwita ku kureba ko ibikorwa mu burezi bihuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo rikenewe iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.

Abandi batanze ibiganiro hamwe na Perezida Kagame barimo Herman Gref, Umuyobozi mukuru wa Banki Sberbank yo mu u Burusiya, Doris Leuthard uzatangira kuyobora Ubusuwisi muri uyu mwaka akaba anakuriye urwego rurebera ibidukikije, ubwikorezi ingufu n’itumanaho muri iki gihugu cy’Ubusuwisi hamwe na Gavin Patterson, uyobora BT, ikigo cy’ikoranabuhanga mu Bwongereza

Ikoranabuhanga no guhanga ibishya biragenda bifata intera mu bice bitandukanye by’inzego zose nko mu rwego rw’amabanki, ubuzima, ubuhinzi ubwikorezi ndetse no mu ubuhahirane.

-5444.jpg

-5443.jpg

Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye n’abikorera ari ingenzi kugira ngo ribashe kubyazwa ishoramari no guhanga udushya

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Editorial 11 Nov 2019
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Editorial 03 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru