• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Editorial 23 Jan 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko akamaro gakomeye urwego rw’abikorera rufite mu gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu, anibutsa ko leta ifite uruhare ntasimburwa mu gushyiraho amategeko no gusobanurira abenegihugu ikanabagezaho ibyiza byose bikomoka ku ikoranabuhanga. Yanavuze ariko ko abikorera bagomba kugira uruhare mu ishoramari no guhanga udushya mu rwego rw’ikoranabuhanga.

Ubwo yari kumwe n’abandi batanze ikiganiro cyari kiyobowe na Angel Gurria, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubufatanye mu Iterambere ry’ Ubukungu, ikiganiro-mpaka cyavugaga ku “ Gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu”, cyabaye mu rwego rw’Inama Mpuzamahanga y’ubukungu ibera Davos, Perezida Kagame yavuze ko Afurika yahereye ku rwego rwo hasi cyane ariko ko intego ari uko iterambere mu ikoranabuhanga ryakwihuta cyane, hashingiwe ko ibyiza turikesha biruta ibibazo rishobora gutera.

Abatanze ikiganiro bunguranye ibitekerezo by’uko ikoranabuhanga mu gihugu ryaba umusemburo wo guteza imbere inzego zinyuranye z’ubuzima bw’igihugu.

Perezida Kagame yagize ati: “ Twibanda ku bisubizo bidukemurira ibibazo. Ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ni ingenzi mu kugeza ikoranabuhanga kubo ritarageraho kandi riracyakenewe na benshi. Aba bantu benshi ikoranabuhanga niribageraho bizabyara umusaruro. Nk’abafatanyabikorwa muri iyi ngamba, tugomba no kuganira ku buryo ibyiza by’ ikoranabuhanga byagera kuri benshi kandi ku buryo budahenda”.

Perezida Kagame yavuze ko kwinjiza ikoranabuhanga muri gahunda n’igenamigambi bya Leta y’u Rwanda byazamutse cyane aho kuva mu mwaka wa 2003 kugera muri 2016 umubare w’abagerwaho n’ikoranabuhanga wageze kuri 30%. Yavuze ko ishoramari muri uru rwego ryiyongereye kandi rizakomeza gufasha abenegihugu no mu kwiteza imbere ubwabo.

Ku birebana no guhuza urwego rw’uburezi n’iterambere mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yavuze ko urwego inzego zibishinzwe zigomba no kwita ku kureba ko ibikorwa mu burezi bihuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo rikenewe iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.

Abandi batanze ibiganiro hamwe na Perezida Kagame barimo Herman Gref, Umuyobozi mukuru wa Banki Sberbank yo mu u Burusiya, Doris Leuthard uzatangira kuyobora Ubusuwisi muri uyu mwaka akaba anakuriye urwego rurebera ibidukikije, ubwikorezi ingufu n’itumanaho muri iki gihugu cy’Ubusuwisi hamwe na Gavin Patterson, uyobora BT, ikigo cy’ikoranabuhanga mu Bwongereza

Ikoranabuhanga no guhanga ibishya biragenda bifata intera mu bice bitandukanye by’inzego zose nko mu rwego rw’amabanki, ubuzima, ubuhinzi ubwikorezi ndetse no mu ubuhahirane.

-5444.jpg

-5443.jpg

Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye n’abikorera ari ingenzi kugira ngo ribashe kubyazwa ishoramari no guhanga udushya

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Editorial 24 Feb 2020
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Editorial 27 Apr 2018
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018
Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Editorial 12 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye
HIRYA NO HINO

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Editorial 01 Jun 2020
Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna
Mu Mahanga

Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna

Editorial 13 May 2016
Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika
ITOHOZA

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Editorial 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru