• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017 UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko akamaro gakomeye urwego rw’abikorera rufite mu gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu, anibutsa ko leta ifite uruhare ntasimburwa mu gushyiraho amategeko no gusobanurira abenegihugu ikanabagezaho ibyiza byose bikomoka ku ikoranabuhanga. Yanavuze ariko ko abikorera bagomba kugira uruhare mu ishoramari no guhanga udushya mu rwego rw’ikoranabuhanga.

Ubwo yari kumwe n’abandi batanze ikiganiro cyari kiyobowe na Angel Gurria, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubufatanye mu Iterambere ry’ Ubukungu, ikiganiro-mpaka cyavugaga ku “ Gushyiraho umurongo ngenderwaho mu guteza imbere ikoranabuhanga mu gihugu”, cyabaye mu rwego rw’Inama Mpuzamahanga y’ubukungu ibera Davos, Perezida Kagame yavuze ko Afurika yahereye ku rwego rwo hasi cyane ariko ko intego ari uko iterambere mu ikoranabuhanga ryakwihuta cyane, hashingiwe ko ibyiza turikesha biruta ibibazo rishobora gutera.

Abatanze ikiganiro bunguranye ibitekerezo by’uko ikoranabuhanga mu gihugu ryaba umusemburo wo guteza imbere inzego zinyuranye z’ubuzima bw’igihugu.

Perezida Kagame yagize ati: “ Twibanda ku bisubizo bidukemurira ibibazo. Ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ni ingenzi mu kugeza ikoranabuhanga kubo ritarageraho kandi riracyakenewe na benshi. Aba bantu benshi ikoranabuhanga niribageraho bizabyara umusaruro. Nk’abafatanyabikorwa muri iyi ngamba, tugomba no kuganira ku buryo ibyiza by’ ikoranabuhanga byagera kuri benshi kandi ku buryo budahenda”.

Perezida Kagame yavuze ko kwinjiza ikoranabuhanga muri gahunda n’igenamigambi bya Leta y’u Rwanda byazamutse cyane aho kuva mu mwaka wa 2003 kugera muri 2016 umubare w’abagerwaho n’ikoranabuhanga wageze kuri 30%. Yavuze ko ishoramari muri uru rwego ryiyongereye kandi rizakomeza gufasha abenegihugu no mu kwiteza imbere ubwabo.

Ku birebana no guhuza urwego rw’uburezi n’iterambere mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yavuze ko urwego inzego zibishinzwe zigomba no kwita ku kureba ko ibikorwa mu burezi bihuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo rikenewe iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.

Abandi batanze ibiganiro hamwe na Perezida Kagame barimo Herman Gref, Umuyobozi mukuru wa Banki Sberbank yo mu u Burusiya, Doris Leuthard uzatangira kuyobora Ubusuwisi muri uyu mwaka akaba anakuriye urwego rurebera ibidukikije, ubwikorezi ingufu n’itumanaho muri iki gihugu cy’Ubusuwisi hamwe na Gavin Patterson, uyobora BT, ikigo cy’ikoranabuhanga mu Bwongereza

Ikoranabuhanga no guhanga ibishya biragenda bifata intera mu bice bitandukanye by’inzego zose nko mu rwego rw’amabanki, ubuzima, ubuhinzi ubwikorezi ndetse no mu ubuhahirane.

-5444.jpg

-5443.jpg

Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye n’abikorera ari ingenzi kugira ngo ribashe kubyazwa ishoramari no guhanga udushya

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25
Amakuru

Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa
Amakuru

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura
INKURU NYAMUKURU

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru