• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019 UBUKUNGU

Imbuto Foundation yasinyanye na Ambassade y’u Bushinwa mu Rwanda, amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka $29 105 (agera kuri miliyoni 26.2Frw), azakoreshwa mu burezi bw’abana basaga 100, binyuze muri gahunda y’uyu muryango, Edified Generation.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa kabiri, 9 Nyakanga, n’Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Nyakubahwa Rao Hongwei, ku cyicaro cy’iyi Ambasade mu Mujyi wa Kigali.

Ni inkunga yatanzwe muri gahunda ya Guverinoma y’u Bushinwa, igamije guteza imbere ubuhahirane n’ubutwererane hagati y’imiryango itari iya leta, abagore n’urubyiruko, hagati y’u Bushinwa na Afurika.

Binyuze muri iyo gahunda, guhera mu 2013 Ambasade y’u Bushinwa na Imbuto Foundation bagiye bavugurura amasezerano agamije gufasha abanyeshuri basaga 100 buri mwaka.

Amasezerano yashyizweho umukono kuri iyi nshuro areba abanyeshuri basanzwe bafashwa na Ambasade y’u Bushinwa binyuze muri Imbuto Foundation, ku masezerano yasinywe hagati y’impande zombi ku wa 18 Nzeri 2018, uvanyemo abamaze kurangiza amashuri yisumbuye.

Imyanya y’abasoje amasomo izashyirwamo abashya, hakurikijwe ibigenderwaho mu gutoranya abanyeshuri bafashwa muri gahunda ya Edified Generation, birimo amanota y’umunyeshuri no kuba akomoka mu muryango utishoboye.

Umuyobozi wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni, yavuze ko iyi nkunga ari ingenzi kuko izongerera imbaraga ibikorwa bigamije guteza imbere uburezi kuri bose, nta we uzitiwe n’amikoro y’umuryango akomokamo.

Ambasaderi Hongwei we yavuze ko ibi bikorwa ari umusaruro w’umubano mwiza urangwa hagati y’ibihugu byombi, wongerewe imbaraga n’ingendo ziheruka z’abakuru b’ibihugu byombi, aho Perezida Kagame yari i Beijing muri Werurwe 2017 na Perezida Xi Jinping agasura u Rwanda muri Nyakanga 2018.

Biteganywa ko muri iyi gahunda, nibura buri munyeshuri azatangwaho amafaranga agera ku $300 ku mwaka, ku biga bacumbikirwa. Imbuto Foundation izabishyurira amashuri, ibikoresho nkenerwa mu masomo yabo n’ubwisungane mu kwivuza muri icyo gihe cy’umwaka.

Edified Generation yatangijwe mu 2003, ifite intego yo gushyigikira uburezi bw’abanyeshuri b’abahanga ariko bakomoka mu miryango itishoboye. Uretse kwishyurirwa amafaranga y’ishuri no guhabwa ibindi bikoresho nkenerwa, abari muri iyi gahunda, mu gihe cy’ibiruhuko bahurizwa hamwe bagahabwa ubundi bumenyi burimo kwihangira imirimo, kuvugira mu ruhame, imiyoborere n’ubundi bumenyi bujyana n’imibereho ya buri munsi.

Mu gihe cy’imyaka 17 ishize, hamaze gufashwa abasaga 8000 barimo abahungu n’abakobwa bafashijwe kwiga amashuri yisumbuye.

Inkuru ya IGIHE

2019-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016
Mu Mahanga

Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro
Amakuru

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi
INKURU NYAMUKURU

Côte d’Ivoire: Perezida Kagame yitabiriye inama izahuza Afurika n’Uburayi

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru