• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho   |   09 Dec 2019

  • Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC   |   08 Dec 2019

  • BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho   |   08 Dec 2019

  • Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda   |   08 Dec 2019

  • Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura   |   06 Dec 2019

  • Kweguza Trump birasaba iki?   |   06 Dec 2019

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Editorial 25 Jul 2019 IKORANABUHANGA

Komisiyo Ishinzwe Ubucuruzi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Federal Trade Commission, FTC) yatangaje ko Facebook yemeye kwishyura miliyari $5 z’amande kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze, bitandukanye n’amategeko agenga ubucuruzi icyo kigo cyemeye.

Iki ni cyo gihano gihambaye FTC ihaye ikigo cy’ubucuruzi kubera amakosa cyakoze, ndetse gihwanye n’inyungu ya Facebook mu kwezi.

Facebook imaze iminsi ikorwaho iperereza ku buryo umutekano w’abayikoresha urindwa, nyuma y’ibibazo yagiye ivugwaho.

Muri Werurwe 2018 byatangajwe ko Ikigo Cambridge Analytica cyinjiye mu makuru y’abantu benshi bigira ingaruka kuri konti zigera kuri miliyoni 87, ndetse ngo ibyavuyemo byifashishijwe mu matora ya Perezida wa Amerika mu 2016 no muri Karamampaka ya Brexit mu Bwongereza.

Iperereza ryaje kwaguka rigera no ku ikoranabuhanga ribasha kugaragaza isura y’abantu bari mu ifoto runaka, bakoresha Facebook.

Umuyobozi wa FTC, Joe Simons, yagize ati “Nubwo habayeho amasezerano menshi kuri miliyari z’abayikoresha hirya no hino ku Isi ko igiye kurinda uburyo amakuru yabo atangazwa, Facebook yarenze ku mahitamo y’abakiliya bayo.”

Facebook kandi yategetswe gushyiraho akanama kagenzura ibijyanye n’umutekano w’abayikoresha, katazaba kagenzurwa na Mark Zuckerberg uyobora iki kigo.

Zuckerberg yavuze ko bemeye kwishyura amafaranga baciwe, “ariko igikomeye, tugiye gukora impinduka mu mikorere mu buryo dukora ibigenewe abakiliya bacu n’uburyo tuyobora iki kigo.”

Yemeye ko iki kigo gifite inshingano zo kurinda ubusugire bw’abakoresha serivisi zacyo.

Komisiyo Ishinzwe Isoko ry’imari n’imigabane nayo yatangaje ko Facebook yemeye kwishyura miliyoni $100 z’ibihano yaciwe, kubera ko yatangaje amakuru ayobya, ku bijyanye n’ingaruka z’ikoreshwa nabi ry’amakuru ari kuri Facebook.

Ibyo byatumye umugabane wa Facebook umanuka ku isoko ry’imari n’imigabane kuri uyu wa Gatatu.

2019-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Editorial 24 Jun 2019
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018
Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Editorial 11 Sep 2018
Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Editorial 29 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

06 Dec 2019
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

05 Dec 2019
RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka

RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka

04 Dec 2019
Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR

Congo yataye muri yombi undi muyobozi ukomeye muri FDLR

04 Dec 2019
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

03 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

08 Dec 2019
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru