• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Ubwanditsi 15 Mar 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya, yatangaje ko igerageza ry’igisasu cya misile kitabasha guhagarikwa mu buryo ubwo ari bwo bwose Perezida Vladimir Putin, yari aherutse kwigamba mu ntangiriro za Werurwe, ryagenze neza.

Iyi minisiteri yabinyujije mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ivuga ko icyo gisasu (hypersonic Kinzhal missile) cyageragerejwemu Burasirazuba bw’Amajepfo y’u Burusiya, bikagaragara ko gikora neza.

Ni igisasu cyarashwe hifashishijwe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa MiG-31, kikaba ngo cyarakorewe guhangana n’ibitero byo ku butaka no mu mazi; mu igerageza ryacyo nticyigeze gihusha aho cyatewe nk’uko Minisiteri y’ingabo yakomeje ibisobanura.

Gifite umuvuduko ukubye inshuro ziri hagati ya 5 na 10 uw’ijwi, ugera kuri kilometero 2000 ku isaha. Abahanga mu bya gisirikare bemeza ko bene iyi misile nta Radar ipfa kuyibona.

Ibi ni na byo Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin, yatangaje mu ntangiriro za Werurwe 2018, ko igihugu cye kimaze kugira ibisasu bishya byo mu bwoko bwa misile zirasa kure kandi zifite umuvuduko udashobora guhagarikwa n’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.

Yagize ati “ U Burusiya buracyafite imbaraga zikomeye mu gukora ibisasu bya kirimbuzi ku rwego rw’isi. Duhora tubibabwira ariko nta wushaka kutwumva. Iki ni gihe cyo kubyumva noneho.”

Amerika yabwiye u Burusiya ko nta gishya mu by’intwaro burimo kwirata, ko ahubwo ari amaco yo gushaka amajwi mu matora Putin yimirije imbere nk’uko inkuru ya CNN ibivuga.

Umunyamabanga ushinzwe ingabo muri Amerika, James Mattis yagize ati “Ibyo bitwaro yirata [Putin] nta gishya kuko barabisanganywe kuva na kera kose kandi igitangaje niuko nta na kimwe byari byahindura ku gisirikare.”

James Mattis yongeyeho ko amagambo y’u Burusiya nta mwanya Amerika yayaha cyangwa ngo agire icyo ahindura kuri gahunda zayo z’ubwirinzi isanganywe.
Ngo icyo ibi bizazanira u Burusiya ni uguteza ubukene kuko igihugu kihatakariza akayabo mu icurwa ry’ibitwaro bitagize icyo bizabamarira.

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo
Mu Rwanda

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika
ITOHOZA

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Ubwanditsi 18 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru