• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

Ubwanditsi 08 Feb 2018 POLITIKI

Umugabo w’umufaransa witwaga Gravel, yarantutse mubajije ibibazo byinshi bijyanye na Jenocide yakorewe abatutsi muri 1994, numva ndamugaye ariko ngira umujinya nshaka kumucishaho agashyi cyangwa akanyafu kuko icyo gihe narimfite imyaka 35 ariko nsanga nd’umwana w’umutambyi nibuka byinshi ndamwihorera ndigendera. Ngeze kuri paillage hafi ya EPR Paroisse Kiyovu, mpura n’akana gacuruza ibibwana by’imbwa bibiri nti niko sha! Ikibwana nangahe? Kati ni igihumbi Afande. Icyo gihe ntabitacuruzwaga kandi nanjye nitwaga Afande cyane cyane mu mvugo!

Ubwo nkora mu mufuka muha amafaranga ibihumbi bitatu, bibiri by’ibibwana na kimwe ko yanyise Afande, mbishyira mu modoka icyo gihe narinkiyigira ndataha. Ngeze mu rugo mbiciririye mbyita amazina kimwe nkita Jerome, ikindi nkita Gravel kubera wa mufaransa wari wandakaje. Nza kujya gukora muri Loni (UN) aho nawe yakoraga ambonye arishima cyane araseka ati uri imfura cyane bambwiyeko ufite Imbwa witiriye jyewe!!

Ibi ni umuntu yari yagiye kumunteranyaho ahakirizwa ko namwitiriye Imbwa, naho we biramuryohera ko namukunze nkamwitiririra imbwa yanjye. Abaseka mwisekere ariko niko byagenze mba ndoga Mukobanya.

Imbwa rero ivugwaho kenshi kandi byinshi. Afande w’inshuti yanjye yaranshekeje kandi sijye jyenyine yashimishije agira ati “Imbwa nimbwa yaba impigi, yaba nyagasyuguri, yaba intozo cyangwa yaba “Imbwa muntu” ati nimbwa ntukayiringire!” Iyi nkuru nayo yatumye nifuza kuganira n’uyu Afande uwampa tukaganira kuko muziho byinshi kandi byiza mu mateka ye nk’Inkotanyi. Uwiteka namwenyurira nzamugeraho!

Ubukwe natashye i Nyagatare, umugabo yabwiye mugenzi we ati nziko iwanyu ntambwa zibamo ndabona ntanizo mwazanye, mugenzi wanjye ati izo twazanye tuzigire dute ko numva uzisuzuguye? Murwenya rwinshi undi ati subiza Profesa! Baraseka cyane! Mfata ijambo doreko ngo hari abantu benshi bankundira kuvuga neza kandi byiza harimo no gutebya, gusasanura no gusesengura!

Nanjye nti kagire inkuru! Waba uzi inkuru ya Gitore cya Kigeli Mukobanya? Abaraho baraseka ibyakurikiye nzabibabwira ubutaha! Ariko ikizwi neza nuko hari abitwa abenegitore b’imfura nyazo, b’Intwari kandi ngo Gitore yari Imbwa y’Umwami Mukobanya. Byagenze bite? Nzakubwira ubutaha. Nibo se bateje urujijo bafite amatwi manini n’imirizo? Uzasome ibikurikira!

Mu Kinyarwanda, bagira bati Imbwa n’umuntu usaba uwo yimye. Bivuze iki? Birakebura abantu kujya bigengesera, bakagira ubuntu kandi bakirinda kuba ba rwabuzisoni! Umugabo w’Umuswahili we ejo bundi nasuye inshuti yanjye Albert anyereka umugabo ati umva uko uyu mugabo abona ubuzima bw’umuntu agira ati: Umuntu aca mu bihe, umuntu yashyira mu bice bitatu yagereranya ko:

  1. Kubaho nk’umuntu nyawe
  2. Kubaho nk’indogobe
  3. Kubaho nk’imbwa

Iyo umusore avuye mu bugimbi kugeza kumyaka mirongo ine (40) aba ari umuntu nyawe akora ibintu bifatika, azi ubwenge, ashobora kurongora no kurongorwa, kwiga, gucuruza, kwinezeza muri byinshi, gukorera amafaranga, kurwanira igihugu n’ibindi nko kwiyamamaza, byose abishoboye.

Ati yagera ku myaka mirongo ine kugeza kuri mirongo itandatu akaba mubihe by’Indogobe (“Punda” mu giswahili) kuko aba yikoreye ibibazo by’umuryango n’abantu akemura ibibazo by’abana, abiga, abarongora, imanza z’abaturanyi na rubanda n’izindi ngorane…

Ati yagera hagati ya 60 na 80 akaba ageze mu myaka abaho nk’Imbwa ari ukumoka gusa ntacyo ashoboye nyacyo; ati “ningufata urambona”, “umugongo ukanga”, amaguru agatangira ku murya, agatangira kwiyenza ngo rubagimpande, nibamuzanire amazi, iki n’iki akarinda apfa…

Ariko Malonga azi mu Rwanda, imbwa zagiye zirwana kuri ba shebuja ndetse zikabaherekeza ku marimbi n’ahandi. Ntagiye mu bigwi by’Imbwa rero mu gifaransa bagira bati “Avocat du diable” cyangwa se uburanira sekibi sibyo kuko n’imigani:

  • Iyahigaga yahiye ijanja.
  • Imbwa yarihuse ibyara igihumye.
  • Umugabo mbwa aseka imbohe.
  • Imbwa s’umurizo.
  • Nkunda umugabo ntacyo ampaye nkanga imbwa ntacyo intwaye, n’iyindi iganisha ku mbwa, irerekana neza ko imbwa atari imbwa, n’imbwa zose si zimwe nkuko n’abagabo bose atari bamwe si bamwe nubwo Bosenibamwe arizina ry’Umunyarwanda bishobora kugenura, abagore, abanzi, abahemu, aba….., aba…., n’ibindi

Sijye wahera, hahera umugani w’imbwa n’Umwenegitore Malonga.

Urabivugaho iki musomyi? Ubutaha nzababwira iby’inka.

 

Prof Pacifique MALONGA

Umwanditsi w’ibitabo n’Umunyamakuru wigenga.

becos1@yahoo.fr

 

2018-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Ubwanditsi 11 May 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Ubwanditsi 22 Jun 2018
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.
Amakuru

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ubwanditsi 16 May 2021
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?
INKURU NYAMUKURU

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa  yahitanye 17
Mu Rwanda

Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa yahitanye 17

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru