• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

Ubwanditsi 08 Feb 2018 POLITIKI

Umugabo w’umufaransa witwaga Gravel, yarantutse mubajije ibibazo byinshi bijyanye na Jenocide yakorewe abatutsi muri 1994, numva ndamugaye ariko ngira umujinya nshaka kumucishaho agashyi cyangwa akanyafu kuko icyo gihe narimfite imyaka 35 ariko nsanga nd’umwana w’umutambyi nibuka byinshi ndamwihorera ndigendera. Ngeze kuri paillage hafi ya EPR Paroisse Kiyovu, mpura n’akana gacuruza ibibwana by’imbwa bibiri nti niko sha! Ikibwana nangahe? Kati ni igihumbi Afande. Icyo gihe ntabitacuruzwaga kandi nanjye nitwaga Afande cyane cyane mu mvugo!

Ubwo nkora mu mufuka muha amafaranga ibihumbi bitatu, bibiri by’ibibwana na kimwe ko yanyise Afande, mbishyira mu modoka icyo gihe narinkiyigira ndataha. Ngeze mu rugo mbiciririye mbyita amazina kimwe nkita Jerome, ikindi nkita Gravel kubera wa mufaransa wari wandakaje. Nza kujya gukora muri Loni (UN) aho nawe yakoraga ambonye arishima cyane araseka ati uri imfura cyane bambwiyeko ufite Imbwa witiriye jyewe!!

Ibi ni umuntu yari yagiye kumunteranyaho ahakirizwa ko namwitiriye Imbwa, naho we biramuryohera ko namukunze nkamwitiririra imbwa yanjye. Abaseka mwisekere ariko niko byagenze mba ndoga Mukobanya.

Imbwa rero ivugwaho kenshi kandi byinshi. Afande w’inshuti yanjye yaranshekeje kandi sijye jyenyine yashimishije agira ati “Imbwa nimbwa yaba impigi, yaba nyagasyuguri, yaba intozo cyangwa yaba “Imbwa muntu” ati nimbwa ntukayiringire!” Iyi nkuru nayo yatumye nifuza kuganira n’uyu Afande uwampa tukaganira kuko muziho byinshi kandi byiza mu mateka ye nk’Inkotanyi. Uwiteka namwenyurira nzamugeraho!

Ubukwe natashye i Nyagatare, umugabo yabwiye mugenzi we ati nziko iwanyu ntambwa zibamo ndabona ntanizo mwazanye, mugenzi wanjye ati izo twazanye tuzigire dute ko numva uzisuzuguye? Murwenya rwinshi undi ati subiza Profesa! Baraseka cyane! Mfata ijambo doreko ngo hari abantu benshi bankundira kuvuga neza kandi byiza harimo no gutebya, gusasanura no gusesengura!

Nanjye nti kagire inkuru! Waba uzi inkuru ya Gitore cya Kigeli Mukobanya? Abaraho baraseka ibyakurikiye nzabibabwira ubutaha! Ariko ikizwi neza nuko hari abitwa abenegitore b’imfura nyazo, b’Intwari kandi ngo Gitore yari Imbwa y’Umwami Mukobanya. Byagenze bite? Nzakubwira ubutaha. Nibo se bateje urujijo bafite amatwi manini n’imirizo? Uzasome ibikurikira!

Mu Kinyarwanda, bagira bati Imbwa n’umuntu usaba uwo yimye. Bivuze iki? Birakebura abantu kujya bigengesera, bakagira ubuntu kandi bakirinda kuba ba rwabuzisoni! Umugabo w’Umuswahili we ejo bundi nasuye inshuti yanjye Albert anyereka umugabo ati umva uko uyu mugabo abona ubuzima bw’umuntu agira ati: Umuntu aca mu bihe, umuntu yashyira mu bice bitatu yagereranya ko:

  1. Kubaho nk’umuntu nyawe
  2. Kubaho nk’indogobe
  3. Kubaho nk’imbwa

Iyo umusore avuye mu bugimbi kugeza kumyaka mirongo ine (40) aba ari umuntu nyawe akora ibintu bifatika, azi ubwenge, ashobora kurongora no kurongorwa, kwiga, gucuruza, kwinezeza muri byinshi, gukorera amafaranga, kurwanira igihugu n’ibindi nko kwiyamamaza, byose abishoboye.

Ati yagera ku myaka mirongo ine kugeza kuri mirongo itandatu akaba mubihe by’Indogobe (“Punda” mu giswahili) kuko aba yikoreye ibibazo by’umuryango n’abantu akemura ibibazo by’abana, abiga, abarongora, imanza z’abaturanyi na rubanda n’izindi ngorane…

Ati yagera hagati ya 60 na 80 akaba ageze mu myaka abaho nk’Imbwa ari ukumoka gusa ntacyo ashoboye nyacyo; ati “ningufata urambona”, “umugongo ukanga”, amaguru agatangira ku murya, agatangira kwiyenza ngo rubagimpande, nibamuzanire amazi, iki n’iki akarinda apfa…

Ariko Malonga azi mu Rwanda, imbwa zagiye zirwana kuri ba shebuja ndetse zikabaherekeza ku marimbi n’ahandi. Ntagiye mu bigwi by’Imbwa rero mu gifaransa bagira bati “Avocat du diable” cyangwa se uburanira sekibi sibyo kuko n’imigani:

  • Iyahigaga yahiye ijanja.
  • Imbwa yarihuse ibyara igihumye.
  • Umugabo mbwa aseka imbohe.
  • Imbwa s’umurizo.
  • Nkunda umugabo ntacyo ampaye nkanga imbwa ntacyo intwaye, n’iyindi iganisha ku mbwa, irerekana neza ko imbwa atari imbwa, n’imbwa zose si zimwe nkuko n’abagabo bose atari bamwe si bamwe nubwo Bosenibamwe arizina ry’Umunyarwanda bishobora kugenura, abagore, abanzi, abahemu, aba….., aba…., n’ibindi

Sijye wahera, hahera umugani w’imbwa n’Umwenegitore Malonga.

Urabivugaho iki musomyi? Ubutaha nzababwira iby’inka.

 

Prof Pacifique MALONGA

Umwanditsi w’ibitabo n’Umunyamakuru wigenga.

becos1@yahoo.fr

 

2018-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Ubwanditsi 04 Jun 2018
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete
Amakuru

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

RUSHYASHYA 09 Dec 2025
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda
Amakuru

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame
Amakuru

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru