• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Editorial 12 Nov 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye Umuyobozi Mukuru muri Banki y’Isi, Kristalina Georgieva, baganira ku ngingo nyinshi zireba iterambere ry’igihugu.

Kristalina ni we Muyobozi Mukuru w’ibigega bibiri bya Banki y’Isi aribyo Banki Mpuzamahanga y’Iterambere, IBRD, n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere, IDA, binyuzwamo inkunga n’inguzanyo bigenewe ibihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Umukuru w’Igihugu yanyujije kuri Twitter ubutumwa bugaragaza ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na Kristalina ku nzego zitandukanye.

Yagize ati “Nishimiye guhura na Kristalina Georgieva. Nanejejwe n’ibiganiro by’ingirakamaro ku gukora ubucuruzi, guteza imbere umubamo dufitanye mu guteza imbere ubushobozi bw’abaturage, ubucuruzi, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’imijyi, n’ubuhinzi.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko bishimiye ubufatanye bwiza u Rwanda rufitanye na Banki y’Isi.

Kristalina yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye, bakagirana ibiganiro byiza ku bintu binyuranye byitezweho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Banki y’Isi ukora mu nzego nyinshi, wita mu gufasha igihugu gukemura ibibazobitandukanye gifite birimo n’iby’amacumbi.

Mu Kuboza 2017 iyi banki yemeje inguzanyo ya miliyoni 150 z’amadolari ya Amerika agenewe ikigega cya miliyoni $250 kizatera inkunga ubwubatsi bw’inzu ziciriritse.

Si aho gusa, kuko nko muri Mata 2018, Banki y’Isi yageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 23$ ziyongera kuri miliyoni 55$ zigenewe umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana.

Mu rugendo igihugu kirimo yo guteza imbere imijyi itandatu yunganira Kigali (uwa Muhanga, Rubavu, Rusizi, Nyagatare, Huye, na Musanze), Banki y’Isi yatanzemo inkunga ya miliyoni $95 mu 2016.

Banki y’Isi itera inkunga imishinga myinshi mu Rwanda kandi ikanishimira uburyo inkunga ruhabwa ikoreshwa neza.

Perezida Kagame yaganiriye na Kristalina Georgieva ku ngingo zitandukanye zireba iterambere ry’ubukungu bw’igihugu

Perezida Kagame afata ifoto y’urwibutso na Kristalina wahawe izi nshingano mu 2016

Bamwe mu bagize guverinoma bitabiriye ibi biganiro

Minisitiri Ingabire Paola ushinzwe Ikoranabuhanga atanga igitekerezo mu kiganiro Kristalina

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Editorial 27 Jun 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 02 Oct 2018
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Editorial 11 Apr 2018
AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Editorial 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru