• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye Umuyobozi Mukuru muri Banki y’Isi, Kristalina Georgieva, baganira ku ngingo nyinshi zireba iterambere ry’igihugu.

Kristalina ni we Muyobozi Mukuru w’ibigega bibiri bya Banki y’Isi aribyo Banki Mpuzamahanga y’Iterambere, IBRD, n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere, IDA, binyuzwamo inkunga n’inguzanyo bigenewe ibihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Umukuru w’Igihugu yanyujije kuri Twitter ubutumwa bugaragaza ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na Kristalina ku nzego zitandukanye.

Yagize ati “Nishimiye guhura na Kristalina Georgieva. Nanejejwe n’ibiganiro by’ingirakamaro ku gukora ubucuruzi, guteza imbere umubamo dufitanye mu guteza imbere ubushobozi bw’abaturage, ubucuruzi, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’imijyi, n’ubuhinzi.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko bishimiye ubufatanye bwiza u Rwanda rufitanye na Banki y’Isi.

Kristalina yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye, bakagirana ibiganiro byiza ku bintu binyuranye byitezweho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Banki y’Isi ukora mu nzego nyinshi, wita mu gufasha igihugu gukemura ibibazobitandukanye gifite birimo n’iby’amacumbi.

Mu Kuboza 2017 iyi banki yemeje inguzanyo ya miliyoni 150 z’amadolari ya Amerika agenewe ikigega cya miliyoni $250 kizatera inkunga ubwubatsi bw’inzu ziciriritse.

Si aho gusa, kuko nko muri Mata 2018, Banki y’Isi yageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 23$ ziyongera kuri miliyoni 55$ zigenewe umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana.

Mu rugendo igihugu kirimo yo guteza imbere imijyi itandatu yunganira Kigali (uwa Muhanga, Rubavu, Rusizi, Nyagatare, Huye, na Musanze), Banki y’Isi yatanzemo inkunga ya miliyoni $95 mu 2016.

Banki y’Isi itera inkunga imishinga myinshi mu Rwanda kandi ikanishimira uburyo inkunga ruhabwa ikoreshwa neza.

Perezida Kagame yaganiriye na Kristalina Georgieva ku ngingo zitandukanye zireba iterambere ry’ubukungu bw’igihugu

Perezida Kagame afata ifoto y’urwibutso na Kristalina wahawe izi nshingano mu 2016

Bamwe mu bagize guverinoma bitabiriye ibi biganiro

Minisitiri Ingabire Paola ushinzwe Ikoranabuhanga atanga igitekerezo mu kiganiro Kristalina

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame
Mu Rwanda

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Uko Padiri Nahimana  yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne
ITOHOZA

Uko Padiri Nahimana yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken
Mu Rwanda

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Ubwanditsi 26 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru