• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyize imbere ibiganiro kugira ngo impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zitahuke.

Zambia ni kimwe mu bihugu bicumbikiye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda zirimo n’abakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku myaka mike ishize u Rwanda na Zambia byagize ubucuti bukomeye bwavuye muri politiki bugera no mu mikoranire y’ubukungu.

Byatumye hari abibaza impamvu gahunda yo gucyura impunzi ziri muri iki gihugu itihutishwa ndetse n’abakekwaho Jenoside bahihishe bakagezwa imbere y’ubutabera.

Gusa Perezida Kagame yamaze impungenge ko nta gahunda u Rwanda rufite yo gushyira igitutu kuri Zambiya kuri iki kibazo.

Yavuze ko u Rwanda rwimakaje inzira y’ibiganiro kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti unyuze impande zombi.

Yabitangarije mu kiganiro we na Perezida Edgar Lungu bagiranye n’abanyamakuru, mbere gato y’uko asoza uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare 2018.

Yagize ati “Byose ni amahitamo kuko ntiwahatira umuntu ubwenegihugu cyangwa ngo umuhatire gusubira iwabo utarebye niba bimwe mu byifuzo bye byarubahirijwe. Natwe ni muri urwo rwego u Rwanda rwagiye ruganira n’ibihugu bitandukanye.

“Ndizera kandi ko biri mu nzira bikorwa kandi impande zombi zibyumvikanaho, kuko n’abandi bafatanyabikorwa bagombwa kugaragaramo nk’abo mu Muryango w’Abibumbye bashinzwe iby’impunzi. Si ikibazo cy’ibihugu bibiri gusa.”

Perezida Lungu, uvugwaho ko igihugu cye gicumbikiye abakekwaho ibyaha bya Jenoside, avuga ko igihugu cye cyafunguye imiryango kititaye ku binjira kuko bose baje basaba ubuhunzi.

Gusa yongeyeho ko Zambia yiteguye gufatanya n’u Rwanda kugira ngo abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bahihishe bagezwe imbere y’ubutabera.

Ati “Abanyarwanda twakiriye guhera mu 1994 ni Abanyarwanda baje ari impunzi ariko ntitwari tuzi ibyo basize bakoze kuko ntitwari aha (mu Rwanda). Ariko imiryango mpuzamahanga na UN bagiye badufasha gushyiraho uburyo bwo gutandukanya impunzi zari zarakoze ibyaha n’izari abere.”

Yavuze ko igihugu cye nta kibazo gifite cyo gufasha u Rwanda na UN gukurikirana Abanyarwanda bakurikiranyweho Jenoside bari mu gihugu cye. Anizeza ko Zambia itazacumbikira iteka ryose abantu bahaba nta mpamvu ifatika itumye batura.

Mbere y’uko Perezida Lungu asoza uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, hanabayeho gushyira umukono ku masezerano anyuranye hagati y’ibihugu byombi. Mu yasinywe harimo ay’ubutwererane yashyizweho imikono na ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi.

Hanasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ishoramari, amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no guterana inkunga mu bumenyi n’ikoranabuhanga, amasezerano y’ubufatanye hagati z’urwego rw’abikorera mu Rwanda n’urwa Zambia.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025
Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana
POLITIKI

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020
‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ –  Evode
INKURU NYAMUKURU

‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ – Evode

Ubwanditsi 07 Oct 2018
NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.
Amakuru

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

Ubwanditsi 18 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru