• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora
Lambert Mende avuga ko nta gihugu cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bo hanze

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019 POLITIKI

Leta ya Congo Kinshasa yateye utwatsi ikemezo cy’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe kiyisaba kwitondera gutangaza mu buryo bwa burundu amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu zishobora kuvuka.

Itangazo rigenewe abanyamakuru nyuma y’inama yo ku wa kane tariki 17 Mutarama, yatumijwe na Perezida uyoboye Africa yunze Ubumwe, Paul Kagame yafatiwemo umwanzuro usaba ko ibyavuye mu matora yo muri Congo Kinshasa biba biretse gutangazwa.

Iyi nama yitabiriwe na bamwe mu ba Perezida bo mu muryango wa SADC ariko Joseph Kabila yari ahagarariwe kuko atayitabiriye.

Ibyavuye mu matora bizatangazwa nyuma y’Ikimezo cy’Urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga rwaregewe gusuzuma ubuziranenge bw’amajwi by’agateganyo yatangajwe mbere akagira Félix Tshisekedi uwatsinze abandi babiri bari bahatanye.

Biteganyijwe ko Urukiko rutangaza ikemezo cyarwo kuri uyu wa gatanu cyangwa ejo ku wa gatandatu, ku kirego cyatanzwe na Martin Fayulu wahabwaga amahirwe.

Umuvugizi wa Leta ya Congo, Lambert Mende yagize ati “Sintekereza ko uwo ari we wese afite uburenganzira bwo guha amabwiriza urukiko. Sinizeye neza ko Umuryango wa Africa yunze Ubumwe usobanukiwe neza imikorere y’Ubutabera bwa Congo Kinshasa.”

Yongeyeho ati “Nta gihugu na kimwe ku isi cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bavuye hanze.”

Mu itangazo ryasohowe n’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe (AU) nyuma y’inama yo ku wa kane nimugoroba, harimo ko izohereza itsinda ry’abantu barimo Perezida w’Umuryango na Perezida wa Komisiyo ya Au na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bakajya kuganira n’abavugwa mu matora yabaye muri Congo Kinshasa hirindwa ko hazavuka imvururu.

Mende yavuze ko iryo tsinda ry’intumwa za AU zihawe ikaze muri Congo Kinshasa ariko ngo ntacyo bizahindura ku byari byateganyijwe ku migendekere y’amatora.

Felix Tshisekedi ni we watangajwe nk’uwatsinze amatora mu majwi y’agateganyo akaba yari afite agera kuri 38%, ariko Martin Fayulu wabaye uwa kabiri, na we yigamba ko ari we watsinze amatora n’amajwi 60%, akemeza ko Tshisekedi yagiranye amasezerano na Perezida Joseph Kabila.

2019-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Donald Trump yiyeguriye Imana

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    January 19, 201911:30 am -

    Ahaaaa ibyo abanyafrica biranze! Nuburenganzira bwabo ariko bakwiye Kwirinda icyatuma bacanamwo abaturage bakahasiga ubuzima.Democratie yabanyafrica =imvururu ubwicanyi kandi abanyapolitike bigaramiye!!!!!bajye babareka babe aribo bajya mu mihanda nabana nimiryango yabo.Ewe Africa waragowe!

    Subiza
  2. Isi
    January 21, 201912:40 pm -

    Abana babanyepolitiki baba muli africa se? Ujya kubona mugonganiye mu kabyiniro Mulibi bihugu byibwotamasimbi.
    Barya amaturo yabarwana shyaka.
    Bizakunda bigoranye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.
Amakuru

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Ubwanditsi 28 Dec 2022
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?
Amakuru

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru