• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Abanyapolitiki bo mu Rwanda bashimangiye ko amateka rwanyuzemo arwemerera kugira demokarasi yihariye kugira ngo ikumire ibishobora kurusubiza ahabi rwavuye.

Kuri uyu wa Gatanu hateranye inama nyunguranabitekerezo ku ‘Ntekerezo ya Politiki ya Demokarasi y’u Rwanda’ yateguwe n’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda.

Senateri Mugesera Antoine yavuze ko hari byinshi bigaragara muri politiki y’u Rwanda bitaba ahandi kandi byagiye bigira akamaro gakomeye.

Yagize ati “Nk’ibi byo gusangira ubutegetsi, ni umwihariko wacu; ibi byo kuvuga ngo muri ishyaka rikomeye ryatsinze ariko ntuzarenza 50% aha n’aha; ibi byo kuzamura urubyiruko, abagore bakajyamo ni umwihariko. Turashaka ko biba umwihariko wacu.”

Itegeko Nshinga ryagennye uburyo ubutegetsi busaranganywa, aho ingingo yaryo ya 62 ivuga ko mu gusaranganya ubutegetsi, Perezida wa Repubulika na Perezida w’Umutwe w’Abadepite badashobora guturuka mu mutwe umwe wa politiki; abagize Guverinoma bagatoranywa mu mitwe ya politiki hakurikijwe imyanya yayo mu Mutwe w’Abadepite. Icyakora, Umutwe wa Politiki wabonye amajwi menshi mu matora y’Abadepite ntushobora kurenza mirongo itanu ku ijana (50%) by’abagize Guverinoma.

Iyi ngingo inasobanura ko n’abandi bantu bafite ubushobozi bashobora gushyirwa muri Guverinoma nta mutwe wa politiki babarizwamo.

Kuri ibyo, hiyongeraho ihame ry’uburinganire rigomba kwimakazwa, abagore bakagira nibura mirongo itatu ku ijana (30%) by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Senateri Mugesera yavuze ko ayo mahame ya demokarasi nyarwanda akwiye kwigishwa abaturage bose ku buryo n’abanyapolitiki babyumva kandi bakabigenderaho, aho kurebera kuri demokarasi z’amahanga.

Ati “Turashaka ko n’abanyapolitiki batabona ko demokarasi yacu imeze nk’iy’abanyamerika, ko itameze nk’iy’ababiligi, Abafaransa […] imeze uko twayubatse dushingiye ku mateka n’ibibazo twabayemo. Turashaka kujyana ikintu twumva kimwe, ntubisobanure uko ubyumva cyangwa wabisomye ngo ubihe inyito wishakiye.”

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yavuze ko amateka y’u Rwanda atarwemerara kugira demokarasi nk’iyo mu bindi bihugu.

Yagize ati “Demokarasi yo mu Rwanda icyo twumvikanaho twese ni uko dufite amateka yihariye. Twatangiranye n’ubwami, nyuma haza repubulika ariko izamo ibibazo havamo induru nyinshi cyane bivamo intambara na Jenoside. Ntabwo twafata u Rwanda nka Kenya batigeze bagira ibibazo nk’ibyo twagize. Bivuze ko tugomba kumvikana ku bintu runaka.”

Icyakora, Habineza avuga ko hari ibikwiye kunozwa kugira ngo uko byanditswe mu mategeko abe ari nako bikurikizwa.

Ati “Ahantu twumva twashyiramo imbaraga cyane kurusha ahandi, tugomba kumvikana ariko tukanemeranya gupigana. Duhangane mu bitekerezo ariko tudasenyana, hanyuma ufite imbaraga atsinde mugenzi we ariko ntamukandamize. Hari igihe itegeko rivugwa ariko ugasanga mu bikorwa rimwe na rimwe bitari kubahirizwa.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta (RMI) akaba na Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda watoranyijwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Kenshi mu biganiro byagiye biba, abaturage wasangaga bavuga bati ‘ntidushaka ya demokarasi y’abantu bajya mu mihanda bagatwika amapine, bakamena ibirahuri by’amazu’. Bati ‘iyo tuzi icyo yadukoreye ahubwo twebwe turashaka politiki ishimangira ko ubuyobozi bukwiye gusangirwa n’abantu bose kandi bakagira bwa butegetsi budahangana.”

Yatanze ingero z’ibihugu byagiye bigira demokarasi zabyo bivuga ko ishingiye ku muturage, ko afite uburenganzi bwo kuvuga icyo ashatse uko abyumva ariko ntibikemure ibyo abaturage bashaka.

Ati “Hari umugabo witwa Gaddaffi yigeze kwandika agatabo yise ak’icyatsi (Green Book). Muri ako gatabo yaravugaga ngo umuturage ntakwiye no guhagararirwa, akwiye kujya hariya akivugira. Nagize amahirwe yo kujya kureba Inteko Ishinga Amategeko yabo, umuturage yaragendaga akavuga ibyo ashatse; ari utuka undi ku babyeyi, ari ugira ate.”

Yavuze ko demokarasi nziza ari ishyira mu bikorwa ibyo abaturage bifuza ariko bakanishyiriraho imbago z’ibyo badakwiye gukora bashingiye ku mateka.

Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku Itegeko Nshinga ryatowe mu mwaka wa 2003 rikavugururwa mu 2015.R ikubiyemo amahame n’ingingo zishingiye ku bitekerezo byatanzwe n’abaturage mbere y’uko ritorwa ndetse n’ibiganiro by’abanyapolitiki batandukanye byabereye muri Village Urugwiro mu myaka ya 1998 na 1999.

U Rwanda rugira imitwe ya Politiki 11 yemewe igakorera mu ihuriro


2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Ubwanditsi 24 Apr 2018
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro
Mu Rwanda

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Ubwanditsi 26 May 2017
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa
IMIKINO

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru