• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Abanyapolitiki bo mu Rwanda bashimangiye ko amateka rwanyuzemo arwemerera kugira demokarasi yihariye kugira ngo ikumire ibishobora kurusubiza ahabi rwavuye.

Kuri uyu wa Gatanu hateranye inama nyunguranabitekerezo ku ‘Ntekerezo ya Politiki ya Demokarasi y’u Rwanda’ yateguwe n’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda.

Senateri Mugesera Antoine yavuze ko hari byinshi bigaragara muri politiki y’u Rwanda bitaba ahandi kandi byagiye bigira akamaro gakomeye.

Yagize ati “Nk’ibi byo gusangira ubutegetsi, ni umwihariko wacu; ibi byo kuvuga ngo muri ishyaka rikomeye ryatsinze ariko ntuzarenza 50% aha n’aha; ibi byo kuzamura urubyiruko, abagore bakajyamo ni umwihariko. Turashaka ko biba umwihariko wacu.”

Itegeko Nshinga ryagennye uburyo ubutegetsi busaranganywa, aho ingingo yaryo ya 62 ivuga ko mu gusaranganya ubutegetsi, Perezida wa Repubulika na Perezida w’Umutwe w’Abadepite badashobora guturuka mu mutwe umwe wa politiki; abagize Guverinoma bagatoranywa mu mitwe ya politiki hakurikijwe imyanya yayo mu Mutwe w’Abadepite. Icyakora, Umutwe wa Politiki wabonye amajwi menshi mu matora y’Abadepite ntushobora kurenza mirongo itanu ku ijana (50%) by’abagize Guverinoma.

Iyi ngingo inasobanura ko n’abandi bantu bafite ubushobozi bashobora gushyirwa muri Guverinoma nta mutwe wa politiki babarizwamo.

Kuri ibyo, hiyongeraho ihame ry’uburinganire rigomba kwimakazwa, abagore bakagira nibura mirongo itatu ku ijana (30%) by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Senateri Mugesera yavuze ko ayo mahame ya demokarasi nyarwanda akwiye kwigishwa abaturage bose ku buryo n’abanyapolitiki babyumva kandi bakabigenderaho, aho kurebera kuri demokarasi z’amahanga.

Ati “Turashaka ko n’abanyapolitiki batabona ko demokarasi yacu imeze nk’iy’abanyamerika, ko itameze nk’iy’ababiligi, Abafaransa […] imeze uko twayubatse dushingiye ku mateka n’ibibazo twabayemo. Turashaka kujyana ikintu twumva kimwe, ntubisobanure uko ubyumva cyangwa wabisomye ngo ubihe inyito wishakiye.”

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yavuze ko amateka y’u Rwanda atarwemerara kugira demokarasi nk’iyo mu bindi bihugu.

Yagize ati “Demokarasi yo mu Rwanda icyo twumvikanaho twese ni uko dufite amateka yihariye. Twatangiranye n’ubwami, nyuma haza repubulika ariko izamo ibibazo havamo induru nyinshi cyane bivamo intambara na Jenoside. Ntabwo twafata u Rwanda nka Kenya batigeze bagira ibibazo nk’ibyo twagize. Bivuze ko tugomba kumvikana ku bintu runaka.”

Icyakora, Habineza avuga ko hari ibikwiye kunozwa kugira ngo uko byanditswe mu mategeko abe ari nako bikurikizwa.

Ati “Ahantu twumva twashyiramo imbaraga cyane kurusha ahandi, tugomba kumvikana ariko tukanemeranya gupigana. Duhangane mu bitekerezo ariko tudasenyana, hanyuma ufite imbaraga atsinde mugenzi we ariko ntamukandamize. Hari igihe itegeko rivugwa ariko ugasanga mu bikorwa rimwe na rimwe bitari kubahirizwa.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta (RMI) akaba na Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda watoranyijwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Kenshi mu biganiro byagiye biba, abaturage wasangaga bavuga bati ‘ntidushaka ya demokarasi y’abantu bajya mu mihanda bagatwika amapine, bakamena ibirahuri by’amazu’. Bati ‘iyo tuzi icyo yadukoreye ahubwo twebwe turashaka politiki ishimangira ko ubuyobozi bukwiye gusangirwa n’abantu bose kandi bakagira bwa butegetsi budahangana.”

Yatanze ingero z’ibihugu byagiye bigira demokarasi zabyo bivuga ko ishingiye ku muturage, ko afite uburenganzi bwo kuvuga icyo ashatse uko abyumva ariko ntibikemure ibyo abaturage bashaka.

Ati “Hari umugabo witwa Gaddaffi yigeze kwandika agatabo yise ak’icyatsi (Green Book). Muri ako gatabo yaravugaga ngo umuturage ntakwiye no guhagararirwa, akwiye kujya hariya akivugira. Nagize amahirwe yo kujya kureba Inteko Ishinga Amategeko yabo, umuturage yaragendaga akavuga ibyo ashatse; ari utuka undi ku babyeyi, ari ugira ate.”

Yavuze ko demokarasi nziza ari ishyira mu bikorwa ibyo abaturage bifuza ariko bakanishyiriraho imbago z’ibyo badakwiye gukora bashingiye ku mateka.

Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku Itegeko Nshinga ryatowe mu mwaka wa 2003 rikavugururwa mu 2015.R ikubiyemo amahame n’ingingo zishingiye ku bitekerezo byatanzwe n’abaturage mbere y’uko ritorwa ndetse n’ibiganiro by’abanyapolitiki batandukanye byabereye muri Village Urugwiro mu myaka ya 1998 na 1999.

U Rwanda rugira imitwe ya Politiki 11 yemewe igakorera mu ihuriro


2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje
ITOHOZA

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura
Mu Mahanga

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Ubwanditsi 22 May 2018
Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru