• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Ubwanditsi 14 Jul 2017 POLITIKI

Abaturage bo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi ku Murindi ubusanzwe bafata FPR- Inkotanyi nk’umuryango wabo by’umwihariko, noneho baravuga yuko iryo shyaka riri ku butegetsi rigiye guhindura ako gace kabo paradizo.

Itsinda ry’abanyamakuru 12 boherejwe n’inama nkuru y’itangazamakuru (MHC) kureba uko gahunda z’iterambere zihagaze mu karere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru bageze aho ku Mulindi muri Kaniga basanga abaturage bishimye cyane, bizihiza umunsi wo kubohora igihugu, igikorwa bahamya yuko nabo bakigizemo uruhare rukomeye kuko ariho ubuyobozi bwa RPF-Inkotanyi bwari bukambitse mu gihe cy’urugamba rwo guhirika ingoma y’abajenosideri.

Abo baturage ba Kaniga kwizera yuko RPF- Inkotanyi igiye guhindura aho batuye paradizo bituruka ku mpamvu z’uko aho ku Mulindi hagizwe ahantu nyaburanga hazajya hasurwa n’abantu batandukanye kureba uko aho hantu abari bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu bari bacumbitse hifashe. Hazaba ari ahantu h’ubukerarugendo mpuzamahanga, abantu batemberera bakasiga amafaranga.

Aho hantu koko ni ahantu h’ubukerarugendo kandi nk’uko bitangazwa na bamwe mu bahayoboye, David Muganza na retired Sergent Julienne Mukarubogo, hagiye kuvuguruwa ku buryo hazajya hakurura ba mukerarugedo kurushaho. Muganza avuga yuko ibikorwa byo kuhavugurura bizatangira tariki 15 z’uku kwezi.

Hamwe mu hazaba havuguruwa ni aho bita RPA wing na RPF wingi. Muri RPA wing hari inzu kamanda mukuru wa RPA, Major General Paul Kagame, yari acumbitsemo. N’inzu irimo ibyumba bitatu byo kuraramo ariko kugeza ubu nta muntu uzi icyo Kagame yararagamo, uretse nyirubwite wenyine !

Iyo nzu kandi ikikijwe n’andi mazu yakoreshagwa na bamwe mu bakamanda bo hejuru ba RPA, barimo James Kabarebe. Hari kandi indaki bihishagamo iyo byabaga bibaye ngombwa. Ibyo byose bigiye gutangira kuvugururwa ngo birusheho kuzajya bikurura ba mukerarugendo nk’uko bigiye gukorwa kuri RPF wing.

-7191.jpg

Iyi nzu ifite ibyumba bitatu na Salon, ikaba ariyo Paul Kagame yabagamo ku rugamba rwo kubohora Igihugu
-7192.jpg

Iyi RPF wing iri hepfo gato ya RPA Wing, ikaba irimo inzu nini yari icumbikiye uwari Chairman wa RPF inkotanyi, Alexis Kanyarengwe, hakaba ari naho habarizwagwa abandi banyapolitike ba RPF- Inkotanyi nka ba senateri Tito Rutaremara. Aha hantu naho hari indaki bihishagamo iyo bikangaga yuko umwanzi agiye kubavunderezwaho ibisasu.

-7197.jpg

Hon. Tito Rutaremara

Hari kandi n’aho bakoreraga imikino y’umupira w’amaboko, hakaba ariho bakiriraga abanyapolitike baturutse mu Rwanda kimwe n’abandi babaga babasuye. Iruhande rwaho hari inzu yari ibitaro by’abasirikare babaga bakomerekeye ku rugamba ku buryo butashobora kuvurirwa mu mavuriro yo muri za unite zabo.Ni naho n’abo banyapolitike bavurirwaga.

Hafi y’ibyo bitaro by’akazu gato, batera urwenya bavuga ngo ni ibitaro by’abasirikare i Kanombe, hari igiti kimwe muri bibiri nacyo giteye amatsiko cyane. Hagati hagati y’ibyo biti bibiri havumbutsemo ikintu nk’ishami kibihuza bikaba nk’igiti kimwe kandi ari bibiri. Ni ibiti bibiri kuko buri kimwe gifite imizi, igihimba n’amashami yacyo, ariko na none bikaba kimwe kubera icyo gisa nk’ishami (ukuboko) ribihuza. Abahasura bavuga yuko icyo giti ubwacyo kigaragaza ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda, bwatangiriye Kaniga ubu bukaba bumaze gukwira igihugu cyose, Icyo giti nacyo kizajya gikurura ba mukerarugendo.

Ayo mazu tuvuga abo bayobozi ba RPF/RPA bari bacumbitsemo yari ay’uruganda rw’icyayi (Mulindi Tea Factory), ubu yabaye ay’urwo rwibutso rw’urugamba rwo kubohora u Rwanda. Izo nyubako kimwe n’ikibuga cy’umupira abashyitsi n’abasangwa bidagaduriraga mu mu gihe habaga hatari imirwano bigiye gutangira kuvugururwa ngo bizajye bikurura ba mukerarugendo, abo baturage ba Kaniga bakaba ariho bahera bavuga yuko bizatuma batera imbere nubwo n’ubusanzwe imibereho yabo yari itari mibi kuko nta bushomeri buhari kubera urwo ruganda n’imirima y’icyayi bitanga akazi.

-7193.jpg

-213.png

-7194.jpg

-7196.jpg

-7195.jpg

Inkotanyi k’urugamba rwo kubohora Igihugu

Abaturage twaganiraga nabo bavugaga yuko ubwo bukerarugendo buzatuma hubakwa amahoteli atanga akazi kiyongera kuko bari basanganywe. Ngo nta kuntu kandi umuhanda uhuza aho hantu n’umuhanda Rukomo-Gatuna utazahita ushyirwamo kaburimbo kubera yuko uzaba unyurwa n’abashyitsi benshi kandi bazaba bazanye amafaranga !

Casmiry Kayumba

2017-07-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Ubwanditsi 09 Dec 2024
Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Ubwanditsi 15 May 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Oswald Ruakshaza
    July 8, 20184:32 pm -

    Ku Mulindi hazahora hibukwa! Iyi nkuru aariko iravuga igice cy’amateka. Nidufashe kumenya aho amamashini yakoreshwaga mu cyayi ari kurubu. Ntwavuga iby’abaturage bameneshejwe muri ako gace ndetse bamwe bakaba baribarahungiye Nyacyonga. Iyi nkuru kandi iraduha amafoto y’ab’ingenzi bavugwa ku Mulindi uretse chairman Kanyarengwe bagomba kuba baraburiye ifoto!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe
MULTIMEDIA

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe

Ubwanditsi 11 May 2017
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.
Amakuru

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru