• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Ubwanditsi 05 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bamaganye itumirwa rya Paul Rusesabagina ngo azavuge ijambo mu mujyi wa San Antonio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe amaze kumenyekana nk’umuntu uhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse utera inkunga imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kuva tariki 10-26 Mutarama uyu mwaka nibwo ibyo biganiro biteganyijwe mu cyiswe DreamWeek, aho Rusesabagina yatumiwe nk’umuntu ukora ibikorwa by’ubugiraneza, akazavuga ijambo ku wa 10 Mutarama nk’umuyobozi wa Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation.

DreamWeek iba igizwe n’uruhurirane rw’ibikorwa byiganjemo ibiganiro, bigaruka ku kuzirikana inzozi za Martin Luther King Jr. zo kubana nta muntu n’umwe uhezwa.

Abamuhaye ubutumire bamushimagiza ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize uruhare mu kurokora Abahutu n’Abatutsi 1,268 bahigwaga n’Interahamwe, akabahungishiriza muri Hôtel des Mille Collines i Kigali, ntihagire n’umwe upfa.

Ni ibikorwa nyamara ubuhamya bwinshi ku byabereye muri Hotel des Milles Collines bugaragaza ko atari ukuri, uretse filime yuje amakabyankuru yamugize igitangaza, kuko nta cy’ubuntu bahawe, ibyo yakoze byari ubucuruzi aho kuba ubutabazi.

Umwanditsi Edouard Kayihura warokotse jenoside akaba n’ umwe mu bahungiye muri Hotel des Mille Collines afatanije n’Umunyamerika Kerry Zukus banditse igitabo gihinyuza bidasubirwaho ikinyoma cyakwirakwijwe na Paul Rusesabagina hifashishijwe filimi yamukozweho yiswe ’Hotel Rwanda’.

Umwanditsi Edouard Kayihura

Iyi filimi ’Hotel Rwanda’ yakozwe nyuma y’uko Paul Rusesabagina akwirakwije hirya no hino inkuru z’ibitangaza yakoze aho yavugaga ko yarokoye imbaga y’abatutsi bahungiye muri Hotel des Mille Collines. Iyi hoteli ikaba yarabanje kurindwa n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari zaroherejwe mu Rwanda.

Umwe mu barokokeye muri iyo hoteli, Edouard Kayihura yafashe iya mbere ngo ahinyuze izo nkuru zitandukanye cyane n’ukuri, aho Rusesabagina yakwirakwije mu mahanga ko ari we warokoye impunzi z’abatutsi muri iyo hoteli, yandika igitabo ‘Inside the Hotel Rwanda- The surprising true story and why it matters today’ tugenekereje mu Kinyarwanda bivuga ‘Hoteli Rwanda- Inkuru itangaje y’ibyahabereye n’impamvu ifite ukamaro uyu munsi’.

Igifubiko cy’Igitabo

Byose bijya gutangira, Paul Rusesabagina yanditse igitabo kivuga ku buzima bwe acyita “An Ordinary Man” bisobanuye mu Kinyarwanda ‘Umugabo Usanzwe’, aho aba avugamo ibikorwa bitangaje byo kurokora abantu byakozwe na we ubwe kandi yari umuntu usanzwe muri icyo gihe.

Iki gitabo kimaze kumenyekana cyakuruye amatsiko ya benshi, bituma abaherwe ba Hollywood (ahakorerwa filimi muri Amerika) bayikoramo filimi yiswe ‘Hotel Rwanda’, ikinwa n’ikirangirire Don Cheadle.

Mu gitabo cye, Kayihura warokokeye muri Mille Collines avugamo ko inkuru z’ uwiyita umugabo w’igitangaza, Paul Rusesabagina, zigamije gukorogoshora ibikomere by’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, cyane cyane abarokokeye muri Mille Collines kuko ari bo bazi ukuri kw’ibyahabereye.

Muri iki gitabo, Kayihura agaragaza ukuntu yabonye ko ubuhungiro bw’aho yari yihishe butizewe kandi akaba yari afite amakuru ko hari abantu bihishe muri Mille Collines. Nibwo ngo yasabye umwe mu nshuti ze w’umuhutu, Pascal Hitimana aramuherekeza, ku bw’amahirwe babasha kugera mu Kiyovu, ahubatse iyi hoteli.

Kayihura avuga ko akigera muri Hotel des Mille Collines yasanze ubuzima bw’abahihishe bumeze neza, dore ko umuzungu w’Umunyaburayi wayoboraga iyo hoteli yari yasabye abakozi be ko batagira umuntu bishyuza kuko nta we bari kurenganyiriza ko adafite amafaranga dore ko amabanki yari yarafunze imiryango.

Nyuma y’aho gato, nk’abandi banyamahanga bari mu Rwanda bakaza gucyurwa n’ibihugu bakomokamo, uwo muzungu yaratashye, hanyuma tariki ya 16 Mata, Paul Rusesabagina wakoraga muri Hotel des Diplomates yari icumbikiye ibirindiro by’ingabo zatsinzwe, ari naho bacuriraga imigambo yose y’ubwicanyi, agera muri Mille Collines ahunze ibisasu byaraswaga kuri Diplomates.

Paul Rusesabagina ibumoso na Don Cheadle, Umunyamerika wakinnye Hotel Rwanda

Rusesabagina yahise afata ubuyobozi bwa hoteli

Igitabo cya Kayihura kivuga ko akihagera yahise afata ubuyobozi bw’iyi hoteli, ngo inama ya mbere yakoranye n’abakozi ba hoteli, yabahaye itegeko ko nta muntu n’umwe ugomba guhabwa amafunguro atabanje gutanga amaafranga. Bukeye bwaho, n’abari mu byumba badafite amafaranga yo kwishyura bakurwamo ku ngufu bajugunywa mu birongozi.

Ubuzima ngo bwaje kuba bubi, bicwa n’inzara, babura amazi yo kunywa bashoka urwogero (piscine/ swimming pool) banywa amazi yarwo bararwumutsa. Igitangaje cyane ni ukuntu ngo Rusesabagina yandikiye abasirikare ba Loni urwandiko abasaba kwirukana impunzi z’abatutsi muri hoteli.

Uko baje kurokoka…

Ubwo ingabo zahoze ari iza APR zafataga ikigo cya gisirikare cya Kanombe, impunzi z’abatutsi zari muri Mille Collines zaje kuguranwa n’imfungwa z’intambara zahoze ari ingabo za Habyarimana zari zaguwe gitumo zitarahunga igihugu.

Inkuru ziri mu gitabo cya Kayihura zivuga ko umunsi bavaga muri Hotel des Mille Collines barokowe n’abasirikare b’Inkotanyi, ngo Rusesabagina yarabasatse ngo hatagira usohokana igikoresho cya Hotel.

Si Kayihura wenyine uhinyuje inkuru z’ibinyoma za Paul Rusesabagina, kuko ubuhamya butandukanye bw’abantu barokokeye muri iyi hoteli bwose bugenda bumuvuguruza, aho bugaragaza ko ari amaco y’inda n’igengabitekerezo ya jenoside byatumye akwiza izi nkuru.

Umujenerali wahoze ayoboye ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Romeo Dallaire yemeranije n’ibyanditse mu gitabo ‘Inside The Hotel Rwanda’ agira ati: “Iki gitabo gitanga amahirwe yo kumenya neza ibyabaye ku bantu bari bihishe muri Hoteli des Mille Collines mu minsi 100 jenoside yamaze. Ku bantu bamenye iby’iyi nkuru babikuye muri filimi Hotel Rwanda, inkuru ya Edouard Kayihura ni amahirwe akomeye yo gushyira ukuri ku makabyankuru ya Hollywood”.

Ikiganiro yatumiwemo kizitabirwa n’abarimo Mayor w’Umujyi wa San Antonio, Ron Nirenberg, umwanditsi, Laureate Octavio Quintanilla, n’uwashinze DreamWeek, Shokare Nakpodia.

Muri Mutarama 2019 u Rwanda rwatanze impapuro zisaba itabwa muri yombi ry’abanyarwanda batandukanye bari mu mahanga, ngo baryozwe ibyaha bakekwaho byakorewe ku butaka bw’u Rwanda mu myaka ishize.

Paul Rusesabagina ni umwe muri abo, akaba umuyobozi w’ishyaka rya MRCD, ari naryo rifite umutwe witwara gisirikare wa FLN, mu bihe bitandukanye wigambye ibitero byahitanye abantu batandukanye mu bice bikikije ishyamba rya Nyungwe.

Rusesabagina afatanyije n’abitwa Claude Gatebuke n’umuryango Friends of The Congo, bamaze iminsi bakora icengezamatrwara mu bigo n’uduce tw’abirabura, bashaka kugaragaza ko mu Rwanda habayeho Jenoside ebyiri.

2020-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024
Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017
#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire  irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame
INKURU NYAMUKURU

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi
Mu Rwanda

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Ubwanditsi 08 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru