• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko inama ya Kampala yagenze

Uko inama ya Kampala yagenze

Ubwanditsi 13 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gilbert Kankonde, yasabye u Rwanda na Uganda gufunguka bikabwizanya ukuri, ku buryo inama yabihuje kuri uyu wa Gatanu yaba iya nyuma iganirirwamo ibibazo.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo intumwa z’u Rwanda na Uganda zahuriye mu biganiro i Kampala, bigamije gushakira hamwe umuti ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’ibihugu byombi. Ni ibiganiro ibihugu bya RDC na Angola byitabiriwe nk’abahuza.

Ubwo ibiganiro byafungurwaga muri Speke Resort Munyonyo Hotel, ibihugu by’abahuza nibyo byahawe kuvuga imbwirwaruhame zibanza, hakurikiraho kuganirira mu muhezo.

Minisitiri Kankonde yavuze ko kwitabira ibi biganiro bigaragaza ubushake bw’igihugu cye mu gufatanya n’ibindi mu gushaka umuti w’ibibazo, binyuze mu kwicara hamwe bakabicoca.

Yavuze ko nk’uko babishimangiye mu biganiro bya mbere byabereye i Kigali ku wa 16 Nzeri 2019, “abavandimwe ba Uganda n’u Rwanda bafunguka bakabwizanya ukuri,” kandi yizeye ko igihe cyashyizwe hagati y’inama iheruka n’iyabaye uyu munsi, cyabaye umwanya wo kurushaho kumva ibibazo birimo gutandukanya ibihugu byombi, ku buryo “uyu munsi waba uwo gutanga ibisubizo byahagarika iyi kanseri ikomeje kutumunga.”

Yakomeje ati “Ntabwo tugiye kuvuga imbwirwaruhame ndende kuko umwanya w’ibanze ari uw’abavandimwe bacu babiri, kandi nizera ko bagiye kutumurikira ibyo twiyemeje mu nama iheruka. Kandi twakwifuje ko ibiganiro nk’ibi bitaba nk’iby’imiryango myinshi yagiye ijyaho, igakora inama zitarangira ariko ntigere ku bisubizo by’ibibazo bihari.”

“Ndabifuriza ibiganiro byiza, kandi nakwifuje ko biba nk’ubwa nyuma, ku buryo ubutaha twazahura twishimira ukugaruka k’umubano mwiza w’abaturanyi n’abavandimwe”.

Minisitiri w’Ububanyi wa Angola, Manuel Domingos Augusto, yavuze ko mu nama ya mbere yabereye i Kigali, hagaragaye ubushake bwa Guverinoma zombi bwo kugera ku bwumvikane bugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi mu nyungu z’abaturage.

Ati “Ibyo byagaragarije Isi yose ko mu ntekerezo z’ubuvandimwe bwa kinyafurika n’ubufatanye, abanyafurika bashobora kubona ibisubizo ku kutumvikana uko ari ko kose gushobora kuvuka hagati yabo binyuze mu biganiro.”

Yakomeje avuga ko Angola igishyigikiye amasezerano ya Luanda ndetse ko yiteguye gukomeza gutanga umusanzu nk’umuhuza mu biganiro aho biri ngombwa.

Yavuze ko igihugu cye cyizeye ko ibihugu byombi bifite buri kimwe cyose cyatuma “ibi biganiro bitanga umusaruro bijyanye n’akamaro ibihugu byombi bibonamo” hagamijwe amahoro n’umutekano nk’inkingi ya mwamba y’ukwihuza kw’akarere.

Ati “Ibi bigaragaza ibyo twiteze mu kumva umusaruro mwiza uri butangwe n’intumwa z’u Rwanda na Uganda ushimangira akazi kamaze gukorwa.”

U Rwanda rwakomeje kugaragariza Uganda ingingo eshatu zahungabanyije umubano w’ibihugu byombi kandi ko ibifitemo uruhare, zirimo ifatwa rw’Abanyarwanda muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko, bagakorerwa iyicarubozo, abandi bagahohoterwa nyuma bakajugunwa ku mipaka bagizwe intere.

Harimo kandi kuba Uganda ibangamira ibikorwa by’ubucuruzi by’u Rwanda ndetse ifasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

2019-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 17 Apr 2018
DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 13 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane
Amakuru

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.
Amakuru

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020
Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru