• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko inama ya Kampala yagenze

Uko inama ya Kampala yagenze

Ubwanditsi 13 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gilbert Kankonde, yasabye u Rwanda na Uganda gufunguka bikabwizanya ukuri, ku buryo inama yabihuje kuri uyu wa Gatanu yaba iya nyuma iganirirwamo ibibazo.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo intumwa z’u Rwanda na Uganda zahuriye mu biganiro i Kampala, bigamije gushakira hamwe umuti ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’ibihugu byombi. Ni ibiganiro ibihugu bya RDC na Angola byitabiriwe nk’abahuza.

Ubwo ibiganiro byafungurwaga muri Speke Resort Munyonyo Hotel, ibihugu by’abahuza nibyo byahawe kuvuga imbwirwaruhame zibanza, hakurikiraho kuganirira mu muhezo.

Minisitiri Kankonde yavuze ko kwitabira ibi biganiro bigaragaza ubushake bw’igihugu cye mu gufatanya n’ibindi mu gushaka umuti w’ibibazo, binyuze mu kwicara hamwe bakabicoca.

Yavuze ko nk’uko babishimangiye mu biganiro bya mbere byabereye i Kigali ku wa 16 Nzeri 2019, “abavandimwe ba Uganda n’u Rwanda bafunguka bakabwizanya ukuri,” kandi yizeye ko igihe cyashyizwe hagati y’inama iheruka n’iyabaye uyu munsi, cyabaye umwanya wo kurushaho kumva ibibazo birimo gutandukanya ibihugu byombi, ku buryo “uyu munsi waba uwo gutanga ibisubizo byahagarika iyi kanseri ikomeje kutumunga.”

Yakomeje ati “Ntabwo tugiye kuvuga imbwirwaruhame ndende kuko umwanya w’ibanze ari uw’abavandimwe bacu babiri, kandi nizera ko bagiye kutumurikira ibyo twiyemeje mu nama iheruka. Kandi twakwifuje ko ibiganiro nk’ibi bitaba nk’iby’imiryango myinshi yagiye ijyaho, igakora inama zitarangira ariko ntigere ku bisubizo by’ibibazo bihari.”

“Ndabifuriza ibiganiro byiza, kandi nakwifuje ko biba nk’ubwa nyuma, ku buryo ubutaha twazahura twishimira ukugaruka k’umubano mwiza w’abaturanyi n’abavandimwe”.

Minisitiri w’Ububanyi wa Angola, Manuel Domingos Augusto, yavuze ko mu nama ya mbere yabereye i Kigali, hagaragaye ubushake bwa Guverinoma zombi bwo kugera ku bwumvikane bugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi mu nyungu z’abaturage.

Ati “Ibyo byagaragarije Isi yose ko mu ntekerezo z’ubuvandimwe bwa kinyafurika n’ubufatanye, abanyafurika bashobora kubona ibisubizo ku kutumvikana uko ari ko kose gushobora kuvuka hagati yabo binyuze mu biganiro.”

Yakomeje avuga ko Angola igishyigikiye amasezerano ya Luanda ndetse ko yiteguye gukomeza gutanga umusanzu nk’umuhuza mu biganiro aho biri ngombwa.

Yavuze ko igihugu cye cyizeye ko ibihugu byombi bifite buri kimwe cyose cyatuma “ibi biganiro bitanga umusaruro bijyanye n’akamaro ibihugu byombi bibonamo” hagamijwe amahoro n’umutekano nk’inkingi ya mwamba y’ukwihuza kw’akarere.

Ati “Ibi bigaragaza ibyo twiteze mu kumva umusaruro mwiza uri butangwe n’intumwa z’u Rwanda na Uganda ushimangira akazi kamaze gukorwa.”

U Rwanda rwakomeje kugaragariza Uganda ingingo eshatu zahungabanyije umubano w’ibihugu byombi kandi ko ibifitemo uruhare, zirimo ifatwa rw’Abanyarwanda muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko, bagakorerwa iyicarubozo, abandi bagahohoterwa nyuma bakajugunwa ku mipaka bagizwe intere.

Harimo kandi kuba Uganda ibangamira ibikorwa by’ubucuruzi by’u Rwanda ndetse ifasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

2019-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023
Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Ubwanditsi 13 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye
ITOHOZA

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali
Amakuru

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru