• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Ubwanditsi 03 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Gicurasi 2021, hakinwaga agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, abasiganwa bavaga i Kigali berekeza i Huye ku ntera y’ibilometero 125 na Metero 500, ni agace kegukanwe n’umufaransa Alan Boileau w’imyaka 21 ukinira B&B Hotels wari witabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya mbere.

Ni isiganwa ryahagurkiye imbere y’inyubako ya MIC mu Mujyi wa Kigali, abasiganwa bakaba berekeje mu ntara y’Amajyepfo aho ubwo hari hamaze gukorwa intera y’ibilometero bitanu, abakinnyi batatu bavuye mu gikundi barimo Nsengimana Jean Bosco wa Team Rwanda uri gukina iri rushanwa ku nshuro ya 10, Tewelde wa Eritrea na Manizabayo Eric wa Benediction Ignite.

Aba bakinnyi bakomeje kugendana basize igikundi cyari kirimo abakinnyi benshi barimo n’uwambaye umwenda w’umuhondo gusa muri batatu b’imbere baje kwivangura ubwo bari bageze ku kilometero cya 67 nibwo Tewelde ya Eritrea yasize abanyarwanda bombi akomeza kwitwara wenyine kugeza ubwo abakinnyi babiri Valentin Ferron ukinira ikipe ya Total-Direct Energie na Alan Boileau wa B&B Hotels bafashe umwanzuro wo kuva mu gikundi cya kabiri ngo begere abimbere.

Ibi byakomeje kugenda uko gusa hamaze gukorwa ibilometero 94, Brayan Sanchez wari wambaye umwenda w’umuhondo n’igikundi bari kumwe cy’abakinnyi 32, bafashe Valentin Ferron na Alan Boileau bari basize abandi.

Ubwo abasiganwa baburaga ibilometero 11 ngo bagere aho basoreza abakinnyi batanu, bane muribo muri bo bahise bacomoka, abo ni Teugels, Main, Quintero na Boileau bishakishagamo ugera mu mujyi wa Huye ayoboye, ibi byaje guhira umufaransa w’imyaka 21 Alan Boileau maze yegukana aka gace asize bagenzi be amasegonda umunani.

Ku ntera y’ibilometero 125 na Metero 500, Alan Boileau yakoresheje amasaha atatu iminota irindwi ndetse n’amasegonda cumi n’ane (3h07’14”), ni mu gihe ukunnyi w’umunyarwanda waje hafio kuri uyu wa mbere yabaye Uhiriwe Byiza Renus (Team Rwanda) wakoresheje amasaha atatu, iminota irindwi n’amasegonda 22, aba uwa 20 mu gihe Mugisha Samuel wa 26, yasizwe amasegonda 36 na Alan Boileau.

Usibye kuba Alan Boileau yegukanye aka gace ka kabiri Umba Lopez Abner Santiago niwe mukinnyi uyoboye isiganwa ku rutonde rusange akaba akomezanyije umwenda w’umuhondo, Manizabayo Eric uzwi ku izina rya Karadiyo ukinira Benediction Ignite yo mu Rwanda yahembwe nk’u witwaye neza mu guterera imisozi.

Tour du Rwanda 2021 irakomeza ku wa Kabiri tariki ya 4 Gicurasi 2021 hakinwa agace ka gatatu kazahagurukira i Nyanza kerekeza i Gicumbi ku ntera y’ibilometero 171 na metero 600, ni agace ariko katazitabirwa na Areruya Joseph ukinira ikipe ya Benediction Ignite ya hano mu Rwanda kubera ko uyu munsi atabashije gusoza ibi bivuze ko asezerewe muri Tour du Rwanda ya 2021.

2021-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019
Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Umunya-Esipanye Carlos Alós Ferrer niwe wagizwe umutoza w’Amavubi mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere

Umunya-Esipanye Carlos Alós Ferrer niwe wagizwe umutoza w’Amavubi mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere

Ubwanditsi 29 Mar 2022
Amakipe  yo mu mujyi umwe  i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Amakipe yo mu mujyi umwe i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Ubwanditsi 15 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR
HIRYA NO HINO

Kivu y’Amajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu
POLITIKI

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru