• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha TV5 MONDE yo mu Bufaransa, aravuga ko ubushinjacyaha n’umucamanza wo mu rukiko rw’i Paris ufite idosiye y’uyu mujenosideri ruharwa, bamaze gukusanya ibimenyetso, igisigaye akaba ari ugutangaza itariki y’urubanza rwa Lt Col Cyprien Kayumba, umaze imyaka 26 muri icyo gihugu

Lt Col Kayumba yari ashinzwe kugira intwaro muri Ex-FAR, igisirikari cy’abajenosideri, ndetse akaba yaranagize uruhare mu kuzinyanyagiza mu nterahamwe.

Ku itariki 17 Gicurasi 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi kakomanyirije Leta yiyise iy’Abatabazi mu byo kugura intwaro, kuko byari bimaze kugaragara ko arizo zifashishwa mu gutsemba Abatutsi. Uyu Lt Col Kayumba yarenze kuri uwo mwanzuro, akomeza kuzigura no kuzinjiza mu Rwanda mu mayeri.

Lt Col Kayumba ahakana ibyaha, nyamara inyandiko nyinshi iperereza ryashoye kugwaho, zerekana ko muri Jenoside hagati, hari ibihumbi 450 by’amadolari Lt col Kayumba ubwe, yishyuye sosiyete yo mu Bwongereza icuruza intwaro, MI-TEC, ndetse iyo sosiyete ikomeza guha abicanyi imbunda, amasasu, za grenades, mortiers, roquettes, n’ibindi bikoresho bya gisirikari.

Mu mwaka w’1996, ibinyamakuru byo mu Bwongereza byasohoye inyandiko zivuga uburyo n’aho Ex-FAR igereye muri Zayire yakomeje guhabwa intwaro zagurwaga na Lt Col Kayumba, kuko nko muri uwo mwaka, MIL-TEC yari imaze guha abahoze mu ngabo z’uRwanda ibikoresho bya gisirikari bifite akaciro ka miliyoni hafi eshatu n’igice z’amafaranga akoreshwa mu Bwongereza, icyo gihe zasagaga miliyari 4 uvunje mu manyarwanda.

Lt Col Cyprien Kayumba yageze mu Bufaransa muw’1998. Idosiye ye yatangiye gutegurwa muw’2002, ndetse muw’ 2018 aza gufungwa igihe gito, arekurwa by’agateganyo, ariko abuzwa kurenga imbibi z’uBufaransa.

Uretse kugura intwaro zakoreshejwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya n’inyandiko-mvugo nyinshi byerekana ko Lt Col Kayumba ari umwe mu bitabiriye inama zayoborwaga Col. Théoneste Bagosora, umwe mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Lt Col Cyprien Kayumba w’imyaka 69 y’amavuko, yari azwi cyane nk’umusirikari w’umuherwe mu Rwanda, dore ko ari nawe wari nyiri Hotel Sun City yigeze kugerwaho mu gace ka Nyamirambo.

2024-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 05 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF : Uko  ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe
IMIKINO

RDF : Uko ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

Ubwanditsi 17 Aug 2016
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru