• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi

Norway : Willy Nyamitwe yahuye n’Abarwanya Leta y’u Rwanda ‘Ishyaka Ishema’ rya Padiri Nahimana n’abateruzi b’ibibindi

Ubwanditsi 31 Oct 2016 ITOHOZA

Amakuru aturuka hanze y’igihugu aravuga ko amashyaka y’abanyarwanda baba muri Opposition akomeje gukora inama za rwishwa zigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri iki cyumweru gishize amashyaka akorera mu buhungiro yatumiye inama yabereye i Oslo muri Norway, iyo nama yarimo n’ Ambassadeur w’u Burundi muri Norway ndetse n’umuvugizi wa Perezida w’u Burundi Willy Nyamitwe naho mubagize umutwe wa New RNC hari Joseph Ngarambe na Musonera Jonathan , MN Inkubiri hari Musangamfura Sixbert na Nkiko Nsengimana naho mu Ishema Party hari Jeanne Mukamurenzi, n’abandi bateruzi b’ibibindi bo muri RNC.

Nkuko tubibwirwa n’umwe mubari muri iyo nama tudashobora gutangaza izina rye kumpamvu z’umutakano we ngo iyo nama yavugiwemo amagambo mabi asebya ubutegetsi bw’u Rwanda kandi hizwe ibirebana n’ umugambi wo guhungabanya umutekano mugihe cy’ amatora y’umukuru w’igihugu ategurwa mu Rwanda muri 2017.

-4472.jpg

Aha bari munama imbere ni RNC Nshya yaba Ngarambe

-4470.jpg

-4471.jpg

Willy Nyamitwe munama y’abarwanya leta y’u Rwanda muri Norway

Willy Nyamitwe wari witabiriye iyo nama mu izina rya leta y’u Burundi, yijeje inkunga ya Leta ye muri icyo gikorwa cyo guhirika k’ubutegetsi Perezida Paul kagame biciye mu matora ngo kuko indi nzira itashoboka, bityo hakimikwa umukuru w’igihugu uvuye muri rubanda nyamwinshi uzagirana umubano na Leta ye y’u Burundi. Ndetse avuga ko n’imyiteguro y’imbonerakure na FDLR ikorera muri icyo gihugu irimbanije.

Hari umurongo ntarengwa

Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame aherutse kuvuga ko hari umurongo ntarengwa wo kugambanira igihugu no kugisebya,nubwo abarwanya leta y’u Rwanda bakomeje amanama yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko abanyarwanda bari maso.

Perezida Kagame aherutse kugira ati “N’aba bose ubona birirwa bitaranga hariya hose bavuga ubusa, buriya ibyo babifitiye uburenganzira ariko hari umurongo ntarengwa.

Igihe utaragera kuri uriya murongo ndakwihorera ukajya aho ukipfusha ubusa ukigira icyo ushaka cyose, ukabeshya abo ushaka kubeshya bakunda kubeshywa rwose ubwo burenganzira burahari. Ariko igihe utaragira kuri wa murongo ndakwihorera ariko n’uwugeraho ntabwo umenya icyagukubise, rwose munyumve uko niko bimeze.”

-4473.jpg

Perezida Paul Kagame

“Mbahe n’urugero muzi, njya mbona mu binyamakuru, mu mateleviziyo, abantu begera imipaka yacu bagatukana, bakavuga ko bazatu… bagatuka Kagame Perezida w’u Rwanda, njye nta gitutsi kibi wantuka ngo kimbabaze, kuntuka? Ndakwihorera nkore ibyanjye, ibyanjye bindeba biri hano mu Rwanda ariko ushatse kunkurikirana iwanjye, nibyo navugaga, kuri ibyo nta nzira ebyiri zihari.

Naho abaza ku mipaka bagakoronga, gukoronga murabizi? bagatukanaaaa.. numvise amagambo ngo bazotumesa […] ariko nabo barabizi, bagomba kuba babizi ubwo ni wa murongo uba utararengwa.” mwumva abantu bashobora gutobanga ibyo abantu bubaka, nk’iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere y’uko ubigeraho.”

Kubera ko hari amatora y’umukuru w’igihugu azaba 2017, amashyaka yo muri Opposition n’abanzi b’u Rwanda bakomeje gucura imigambi mibisha ndetse n’ibikorwa bigamije gusabota ayo matora, ikigenderewe muri ibyo byose ni ukubeshya amahanga ko mu Rwanda nta Demokarasi ihari kugirango ayo mahanga cyane cyane yibumbiye muri Union européenne ahagarike inkunga asanzwe atera u rwanda mubikorwa by’amatora.

Ikindi bitwaza ni raporo y’Itsinda ry’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburenganzira bw’Abagore n’Uburinganire mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bavuze ko mu ruzinduko rw’iminsi itatu barimo mu Rwanda, bagerageje gusura Ingabire Victoire ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge (izwi nka 1930) ariko ngo ntibyabakundira.

Ngayo nguko

Umwanditsi wacu

2016-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Uganda: Museveni Arakangurira Abagande Kwinjiza Ibicuruzwa Mu Buryo Bwa Magendu Mu Rwanda

Uganda: Museveni Arakangurira Abagande Kwinjiza Ibicuruzwa Mu Buryo Bwa Magendu Mu Rwanda

Ubwanditsi 19 May 2019
Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza
IMIKINO

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Ubwanditsi 10 May 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME
ITOHOZA

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Ubwanditsi 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru