• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yatangarije UN kuri uyu wa Gatandatu ko igikorwa cya Donald Trump cyo kohereza indege za gisirikare hafi n’umupaka wa Koreya ya ruguru ari ubwiyahuzi ndetse anavuga ko nta kabuza Amerika igomba kurasaswaho ibisasu kirimbuzi.

Ibi Ri yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yabivuze nyuma kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’amasaha make indege za gisirikare za Leta zunze ubumwe za Amerika yo mu bwoko bwa B-1B kabuhariwe mu gusuka ibisasu iherekejwe n’izindi ndege z’indwanyi zizengurutse mu kirere mpuzamahanga(kitagira nyiracyo) kiri hejuru y’amazi aherereye mu burasirazuba bwa Koreya ya ruguru.

Minisiteri y’ingabo za Amerika, Pentagone, yavuze ko byari ukwereka Perezida Donald Trump imbaraga n’ubushobozi buhari mu bya gisirikari.

-8092.jpg

Ri Yong Ho yavuze ko Donald Trump yagombye kwitondera ibyo akora ndetse n’ibyo avuga. Yagize ati: “Bitewe n’ubutamenya bwe ndetse n’amarangamutima ye adafututse, yagerageje gutuka no gutesha agaciro icyubahiro gikuru cy’igihugu cyacu. Gusa ubwo yakoraga ibi, yakoze ikosa rikomeye adashobora gusubiza inyuma kuko yatumye ibisasu byacu bigomba gusukwa ku butaka bwa Amerika uko bya byagenda kose”.

-8093.jpg

Ri Yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru

Ri yongeyeho ko ikirenze kuri ibyo ari uko ubu bari ku kiciro cya nyuma cyo kugera ku bitwaro bya kirimbuzi(Nuclear force).

Ri yunzemo ati: “Kereka umuryango mpuzamahanga nuramuka utanze ubutabera, naho ubundi ukuri guhari ni uko imbaraga zigomba gusubizwa n’izindi mbaraga. Gusa Donald Trump wenyine ni we urimo gukora ibikorwa by’ubwiyahuzi. Donald Trump ashobora kuba atazi neza ingaruka z’ibyo yavuze gusa tuzakora ibishoboka byose kugirango abone ingaruka zabyo kandi azirengere.”

Twabibutsa ko ku munsi w’ejo Kuwa Gatanu ari bwo Donald Trump yanditse kuri Twitter ye avuga ko Perezida wa Koreya ya Ruguru ari umusazi, umunyagitugu udatinya kwicisha inzara abaturage be ndetse no kubica, biryo ko agomba guhabwa isomo rimukwiriye kandi atigeze abona kuva yabaho mu buzima bwe.

Kim Jung Un perezida wa Koreya ya ruguru nawe utarigeze aripfana yahise amusubiza ko ari umusaza wataye umutwe ndetse ugaragaza ko ntacyo ashoboye kubera izabukuru(mentally deranged US dotard).

Isi yose ikomeje kwibaza amaherezo y’iki kibazo dore ko bimwe mu bihugu bikomeye ku isi nk’ubushinwa n’uburusiya bivuga ko hagombye gukoreshwa inzira y’imishyikirano ndetse ikibazo kikitonderwa cyane nyamara ku rundi ruhande Amerika ikaba isa n’aho ishaka ko Koreya ya Ruguru yahabwa isomo binyuze mu nzira iyo ari yo yose ishoboka kuko kuri yo ikibazo cyamaze kurengerana.

Ibi ni nabyo Amerika yagaragaje mu nama y’umuryango w’abibumbye aho yavuze ko iki kibazo gisa n’icyamaze kurenga ubushobozi bwawe bityo ko bagiye kucyohereza muri Pentagone kugirango yige uburyo yagikemura.

2017-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC : Ingabo za Kayumba mu misozi miremire ya Minembwe
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDC : Ingabo za Kayumba mu misozi miremire ya Minembwe

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Cibitoke/Burundi: Abaturage Barinubira Amarondo Y’ijoro Batangiye Gukoreshwa Ku Mupaka W’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Cibitoke/Burundi: Abaturage Barinubira Amarondo Y’ijoro Batangiye Gukoreshwa Ku Mupaka W’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu
POLITIKI

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru