• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yatangarije UN kuri uyu wa Gatandatu ko igikorwa cya Donald Trump cyo kohereza indege za gisirikare hafi n’umupaka wa Koreya ya ruguru ari ubwiyahuzi ndetse anavuga ko nta kabuza Amerika igomba kurasaswaho ibisasu kirimbuzi.

Ibi Ri yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yabivuze nyuma kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’amasaha make indege za gisirikare za Leta zunze ubumwe za Amerika yo mu bwoko bwa B-1B kabuhariwe mu gusuka ibisasu iherekejwe n’izindi ndege z’indwanyi zizengurutse mu kirere mpuzamahanga(kitagira nyiracyo) kiri hejuru y’amazi aherereye mu burasirazuba bwa Koreya ya ruguru.

Minisiteri y’ingabo za Amerika, Pentagone, yavuze ko byari ukwereka Perezida Donald Trump imbaraga n’ubushobozi buhari mu bya gisirikari.

-8092.jpg

Ri Yong Ho yavuze ko Donald Trump yagombye kwitondera ibyo akora ndetse n’ibyo avuga. Yagize ati: “Bitewe n’ubutamenya bwe ndetse n’amarangamutima ye adafututse, yagerageje gutuka no gutesha agaciro icyubahiro gikuru cy’igihugu cyacu. Gusa ubwo yakoraga ibi, yakoze ikosa rikomeye adashobora gusubiza inyuma kuko yatumye ibisasu byacu bigomba gusukwa ku butaka bwa Amerika uko bya byagenda kose”.

-8093.jpg

Ri Yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru

Ri yongeyeho ko ikirenze kuri ibyo ari uko ubu bari ku kiciro cya nyuma cyo kugera ku bitwaro bya kirimbuzi(Nuclear force).

Ri yunzemo ati: “Kereka umuryango mpuzamahanga nuramuka utanze ubutabera, naho ubundi ukuri guhari ni uko imbaraga zigomba gusubizwa n’izindi mbaraga. Gusa Donald Trump wenyine ni we urimo gukora ibikorwa by’ubwiyahuzi. Donald Trump ashobora kuba atazi neza ingaruka z’ibyo yavuze gusa tuzakora ibishoboka byose kugirango abone ingaruka zabyo kandi azirengere.”

Twabibutsa ko ku munsi w’ejo Kuwa Gatanu ari bwo Donald Trump yanditse kuri Twitter ye avuga ko Perezida wa Koreya ya Ruguru ari umusazi, umunyagitugu udatinya kwicisha inzara abaturage be ndetse no kubica, biryo ko agomba guhabwa isomo rimukwiriye kandi atigeze abona kuva yabaho mu buzima bwe.

Kim Jung Un perezida wa Koreya ya ruguru nawe utarigeze aripfana yahise amusubiza ko ari umusaza wataye umutwe ndetse ugaragaza ko ntacyo ashoboye kubera izabukuru(mentally deranged US dotard).

Isi yose ikomeje kwibaza amaherezo y’iki kibazo dore ko bimwe mu bihugu bikomeye ku isi nk’ubushinwa n’uburusiya bivuga ko hagombye gukoreshwa inzira y’imishyikirano ndetse ikibazo kikitonderwa cyane nyamara ku rundi ruhande Amerika ikaba isa n’aho ishaka ko Koreya ya Ruguru yahabwa isomo binyuze mu nzira iyo ari yo yose ishoboka kuko kuri yo ikibazo cyamaze kurengerana.

Ibi ni nabyo Amerika yagaragaje mu nama y’umuryango w’abibumbye aho yavuze ko iki kibazo gisa n’icyamaze kurenga ubushobozi bwawe bityo ko bagiye kucyohereza muri Pentagone kugirango yige uburyo yagikemura.

2017-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.
Amakuru

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Perezida Kagame  yageze muri Angola  aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora  iki gihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yageze muri Angola aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru