• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yatangarije UN kuri uyu wa Gatandatu ko igikorwa cya Donald Trump cyo kohereza indege za gisirikare hafi n’umupaka wa Koreya ya ruguru ari ubwiyahuzi ndetse anavuga ko nta kabuza Amerika igomba kurasaswaho ibisasu kirimbuzi.

Ibi Ri yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya ruguru yabivuze nyuma kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’amasaha make indege za gisirikare za Leta zunze ubumwe za Amerika yo mu bwoko bwa B-1B kabuhariwe mu gusuka ibisasu iherekejwe n’izindi ndege z’indwanyi zizengurutse mu kirere mpuzamahanga(kitagira nyiracyo) kiri hejuru y’amazi aherereye mu burasirazuba bwa Koreya ya ruguru.

Minisiteri y’ingabo za Amerika, Pentagone, yavuze ko byari ukwereka Perezida Donald Trump imbaraga n’ubushobozi buhari mu bya gisirikari.

-8092.jpg

Ri Yong Ho yavuze ko Donald Trump yagombye kwitondera ibyo akora ndetse n’ibyo avuga. Yagize ati: “Bitewe n’ubutamenya bwe ndetse n’amarangamutima ye adafututse, yagerageje gutuka no gutesha agaciro icyubahiro gikuru cy’igihugu cyacu. Gusa ubwo yakoraga ibi, yakoze ikosa rikomeye adashobora gusubiza inyuma kuko yatumye ibisasu byacu bigomba gusukwa ku butaka bwa Amerika uko bya byagenda kose”.

-8093.jpg

Ri Yong Ho minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru

Ri yongeyeho ko ikirenze kuri ibyo ari uko ubu bari ku kiciro cya nyuma cyo kugera ku bitwaro bya kirimbuzi(Nuclear force).

Ri yunzemo ati: “Kereka umuryango mpuzamahanga nuramuka utanze ubutabera, naho ubundi ukuri guhari ni uko imbaraga zigomba gusubizwa n’izindi mbaraga. Gusa Donald Trump wenyine ni we urimo gukora ibikorwa by’ubwiyahuzi. Donald Trump ashobora kuba atazi neza ingaruka z’ibyo yavuze gusa tuzakora ibishoboka byose kugirango abone ingaruka zabyo kandi azirengere.”

Twabibutsa ko ku munsi w’ejo Kuwa Gatanu ari bwo Donald Trump yanditse kuri Twitter ye avuga ko Perezida wa Koreya ya Ruguru ari umusazi, umunyagitugu udatinya kwicisha inzara abaturage be ndetse no kubica, biryo ko agomba guhabwa isomo rimukwiriye kandi atigeze abona kuva yabaho mu buzima bwe.

Kim Jung Un perezida wa Koreya ya ruguru nawe utarigeze aripfana yahise amusubiza ko ari umusaza wataye umutwe ndetse ugaragaza ko ntacyo ashoboye kubera izabukuru(mentally deranged US dotard).

Isi yose ikomeje kwibaza amaherezo y’iki kibazo dore ko bimwe mu bihugu bikomeye ku isi nk’ubushinwa n’uburusiya bivuga ko hagombye gukoreshwa inzira y’imishyikirano ndetse ikibazo kikitonderwa cyane nyamara ku rundi ruhande Amerika ikaba isa n’aho ishaka ko Koreya ya Ruguru yahabwa isomo binyuze mu nzira iyo ari yo yose ishoboka kuko kuri yo ikibazo cyamaze kurengerana.

Ibi ni nabyo Amerika yagaragaje mu nama y’umuryango w’abibumbye aho yavuze ko iki kibazo gisa n’icyamaze kurenga ubushobozi bwawe bityo ko bagiye kucyohereza muri Pentagone kugirango yige uburyo yagikemura.

2017-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya  Imana ikinga akaboko

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Mu kiyovu cya bacyene haravugwa Inkuru y’umugore wafashwe agiye gusambana N’umugabo ufite umugore maze Umugore wo murugo arabafa

Mu kiyovu cya bacyene haravugwa Inkuru y’umugore wafashwe agiye gusambana N’umugabo ufite umugore maze Umugore wo murugo arabafa

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi
Amakuru

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru