• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda

Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2019 ITOHOZA

Ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kuri ubu, byanareberwa ku mpamvu umuntu yakwita izishingiye ku nkomoko. Nubwo ubu abari ku butegetsi muri Uganda bava mu gatsiko ko mu bwoko bw’abahima kayobowe na Museveni, kubyumva neza birasaba kujya mu mizi kugira ngo umuntu abitandukanye n’umuryango mugari w’abahima urimo abahima b’aba-Chwezi n’abandi.

Abahima Museveni aturukamo kuva kera bafite ikibazo cy’ahantu bakomoka ari nacyo gifite aho gihuriye n’iteshamutwe u Rwanda rumaze imyaka isaga 20 rurwana naryo.

Ukurikije ibirari by’amateka n’agace umuryango wa Museveni ukomokamo, biragoye kubatandukanya burundu n’u Rwanda. Ni nako bimeze ku yindi miryango y’abahima yegereye u Rwanda.

Kubera imizi bafite mu Rwanda, bituma bamwe muri abo bahima bahora bagerageza kwitandukanya narwo bakora ibishoboka byose birimo no kugirira nabi abanyarwanda bene wabo ngo bagaragare nk’abandi bahima bo mu miryango y’aba-Chwezi.

Ni intambara igamije kwishyira hejuru no kwerekana ko bari hejuru y’abandi. Nubwo bisa n’ibitakijyanye n’igihe, hari benshi bakibeshya ko barenze, ko abandi bakwiriye kubapfukamira. Ibyo bifite aho bihuriye n’imikorere ya kera ya cyami kandi bigaragara ko igifitwe na bamwe muri bo kubera impamvu za politiki cyangwa z’ubukungu.

Ndemeza ko iyo Uganda iba iyobowe n’undi muntu, ubu bushotoranyi buba butariho.

Ibibazo by’inkomoko twavuze byatumye habaho ihangana aho ibyo u Rwanda rugezeho, bibatera umujinya n’ubugome bugamije gutesha agaciro iryo terambere aho kuba intandaro y’umujinya mwiza utuma bakora cyane.

Hari uwakumva ibi akagira ngo ni ikintu cyoroshye, ariko bamwe muri twe babanye n’aba bantu bafite ibibazo by’inkomoko bazi neza ko iyi myitwarire ihera kera ari nayo isobanura ibikorwa muri iki gihe n’abayobozi ba Uganda.

Urugero, wakwibaza icyateye Uganda kugaragaza ubushake buke mu mushinga wa gari ya moshi yagombaga kugera i Kigali, umushinga wagombaga kuvana amashanyarazi muri Ethiopie akagera mu Rwanda anyuze muri Uganda, kwanga ko RwandAir ijya gufata abagenzi ku kibuga cy’indege cya Entebbe ngo ibajyanye mu Bwongereza, gukumira amabuye y’agaciro yajyaga Mombasa na kontineri z’amata yari avuye mu Rwanda agiye muri Kenya kugeza ubwo yangirikiriye ku mupaka kubera amabwiriza yavuye hejuru (kwa Perezida Museveni) nyamara ahubwo bigamije kuzambya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa mu karere ngo u Rwana na Kenya bahombe bashake ubundi buryo.

Nyamara nka bamwe muri twe twakuriye muri Uganda, twibuka neza imyitwarire y’aba bayobozi ba Uganda bibona nk’ibyimanyi bidasanzwe naho abandi bakaba ibyo ntazi, bumva ko ari bo byose abandi bakababera abacakara. Ibyo byabaremyemo imyitwarire y’ubwibone no gusuzugura abandi.

Iyo myumvire yo kwikuza kw’ako gatsiko kari ku butegetsi niyo ntandaro y’amakimbirane bahorana n’abandi baturage ba Uganda babeshejweho n’ibisigazwa by’abari ibukuru, nyamara ntibamenye ko ibyo ari ibintu bitaramba.

Bamwe mu basirikare bakuru ba RPA (RDF ubu) bibuka neza ubwirasi, agasuzuguro no guhohoterwa bakorewe n’aka gatsiko by’umwihariko ikiswe intambara yo mu gihuru mu 1985.

Byasaga n’aho ari umugambi wa ‘nkukoreshe nkujugunye’ hirengagizwa imbaraga zikomeye abana b’abanyarwanda bakoresheje ngo Uganda ibohorwe.

Ubu bwibone bw’aka gatsiko bwanageze ku bandi baturage ba Uganda, aho bababwira ngo ‘emera dukorane cyangwa ubure byose’, ntaho butaniye n’ubwa ya mitwe igendera ku matwara y’idini ya Islam yica abo batavuga rumwe cyangwa badafite imyizerere imwe.

Ibi bimaze igihe kandi bisa nk’aho nta gitekerezo cyo kubihindura nubwo ari imigenzo ya kera ifite ingaruka mbi kuri politiki n’ubukungu bwa Uganda, bagashaka no kuyizana mu Rwanda ku bw’amateka bafitanye ariko ubuyobozi bw’u Rwanda bukayamagana.

Nubwo inzira u Rwanda n’abanyarwanda bahisemo ariyo ihenze cyane ariko ishingiye ku ndangagaciro yo kwiha agaciro umunyarwanda ashobora kwemera no gupfira.

Ibi byavuzwe hejuru birasobanura impamvu y’amarangamutima ya Ambasaderi w’u Rwanda i Kampala (Gen Maj Frank Mugambage) ubwo mu nama y’Umwiherero yasobanuraga uko byagenze ubwo bageragezaga gukemura ibibazo by’u Rwanda na Uganda binyuze mu nzira ya dipolomasi.

Imyitwarire y’ubwirasi yanabonywe na Dr Aggrey Kiyingi wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda. Kuri ubu ni umuganga w’indwara z’umutima muri Australie.

Yaravuze ngo “Tuzi neza icyateye umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda. Byose byatewe n’ubwirasi bwa Museveni. Ntabwo arabona ko nubwo yaba atekereza ko u Rwanda na Uganda ari nk’umwana na se, hari igihe umwana akura akajya gushinga urugo rwe.”

“Igihe nakuze nkava mu rugo rwa data nkarongora, ntabwo data aba akinkurikira mu rugo rwanjye ngo arumperemo amabwiriza. Museveni byaramunaniye kwiyumvisha ko u Rwanda ari nk’umugabo ukuze wiyobora. Yakomeje guhera muri bwa bwirasi kubyumva biramunanira.”

Ibijyanye na Guverinoma y’u Rwanda

Abiyita ko barwanya u Rwanda biyemje kugenda bakwirakwiza ikinyoma kitarimo no gutekereza bagamije kuyobya rubanda, bavuga ko ibibazo bafite ari Perezida Paul Kagame, ngo batwikire amabi basize bakoze.

Ibi ni ukwikunda, kurangaza abantu n’ibindi. Reka twemere ko wenda hari ibibazo biri mu Rwanda (nubwo nta bihari nta n’ibizigera bihaba kuko abanyarwanda bahanganye n’ibibazo bibabuza kugera ku iterambere kandi nta gihugu kidahura nabyo). N’iyo ibibazo byaba bihari ubusanzwe bikemurirwa mu buryo bw’imiyoborere budaheza, ntabwo byakwitirirwa Perezida Kagame ku giti cye.
Perezida Kagame akorera mu bwumvikane mu bibazo byose byaba iby’ubukungu, imibereho, ibya politiki n’ibijyanye n’umutekano. Rero n’iyo haba hari ibibazo, byakwitirirwa uburyo bw’imiyoborere aho kuba Perezida Kagame nkuko abarwanya u Rwanda bifuza ko abatazi ukuri babyemera barimo n’abategetsi ba Uganda babatera inkunga.

Abo barwanya u Rwanda babizi neza uburyo dukoresha mu gufata ibyemezo. Nk’abahoze mu buyobozi bazi ko byaje kubananira kubera urwego rwo hejuru rwo kubazwa ibyo ukora, bikarangira bibananiye kubera kwirebaho. Nta n’umwe rero wananiranywe na Perezida Kagame, bananiwe n’uburyo bw’imikorere bahitamo kwitandukanya nabwo.

Nyamara icyo kinyoma abayobozi ba Uganda baracyemeye baracyizera kuko gihuye n’umurongo bamaze imyaka 20 bakoresha ngo bahungabanye u Rwanda.

Biratangaje kumva abantu nka Rujugiro bahorana uburyo bumwe kugira ngo bakore ubucuruzi, ibintu bishoboka gusa muri Leta zamunzwe na ruswa u Rwanda rutarimo, agenda abeshya ko yananiranywe na Perezida bityo agahitamo kuva mu Rwanda.

Nyamara uburakari bwe ntabwo bwatewe nuko yananiranywe n’uburyo ibintu bikorwamo mu Rwanda ahubwo nuko Guverinoma y’u Rwanda yanze kumuvuganira ubwo yafatirwaga i Londrès ku bw’impapuro zo kumuta muri yombi zari zatanzwe na Afurika y’Epfo.

Ese ni iyihe Guverinoma itekereza yakwemera kujya mu cyaha nk’icyo kandi Rujugiro yari yaraburiwe ku ngaruka zo kunyereza imisoro muri Afurika y’Epfo?

Kuri ubu afite sosiyete Meridian Tobacco Co mu Majyaruguru ya Uganda ahuriyeho na murumuna wa Museveni Salim Salleh, ibyo ubwabyo bigaragaza imiterere y’igihugu aba yifuza gukoreramo.

Ng’uko ukuri no ku bandi barwanya Leta bananiwe inshingano zabo kubera uburyo buhambaye bwo kubazwa ibyo bakora, bakagenda bakwirakwiza ko bananiranywe na Perezida Kagame.

Imikorere y’ubuyobozi bwacu ntiyihanganira kunyuranya n’indangagaciro nta kindi. Ibindi ni ibipapirano bigamije guhuma amaso abadakurikira rimwe na rimwe bakagwa muri uwo mutego.

Imikorere y’ubuyobozi bwacu ikorera abanyarwanda bose kandi byemejwe n’inzego mpuzamahanga zibifitiye ububasha. Ibirenze ibyo nta binyoma uko byaba bingana kose byaburizamo ukuri kwivugira.

Kuri aba batavuga rumwe na Leta, ababafasha n’abandi batazi amakuru, Kagame ni we gihanga w’u Rwanda rushya akaba intwari y’ibihe byose w’abanyarwanda batekereza neza, baba abagarutse mu gihugu nyuma y’igihe mu buhungiro bamufitiye umwenda uhoraho wo kuba yarabagaruye mu gihugu (nyuma ya 1994) ndetse no ku banyarwanda bari basanzwe mu gihugu mbere ya 1994 bari barahejejwe inyuma ubu bakaba bishimira imibereho myiza.

Yaba aba barwanya u Rwanda, abafatanyacyaha babo n’undi wese, nta n’umwe wabasha cyangwa uzigera abasha gutesha agaciro ibikorwa bye by’ubutwari n’ideni ridashira abanyarwanda bamufitiye.

Isesengura rya Prof. Nshuti Manasseh

2019-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ubwanditsi 01 Jul 2021
Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza  Leta y’Urwanda

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Padiri Nahimana abangamiwe n’imbabazi Papa Francis yasabye ku ruhare Kiliziya Gatolika yagize muri Genocide

Padiri Nahimana abangamiwe n’imbabazi Papa Francis yasabye ku ruhare Kiliziya Gatolika yagize muri Genocide

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro
Mu Rwanda

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali
IMIKINO

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Ubwanditsi 24 Aug 2016
FDLR  igeze mu marembera
Mu Rwanda

FDLR igeze mu marembera

Ubwanditsi 16 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru