• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho muri iyi minsi hasohotse  inkuru zivuga kw’ ibaruwa Rudasingwa Theogene (umenyerewe ku kazina ka REDCOM) yandikiye Museveni avuga ku kibazo cy’u Burundi ndetse n’ibihugu byo mu karere, benshi bakurikiranira hafi iby politiki baravuga ko Nkurunziza ashobora kuba yamaze kwibonera umuvugizi ndetse n’ushinzwe kuzahura isura nziza ye.

Muriyo baruwa Rudasingwa ashinja Museveni kuba atarasuzumanye ubushishozi ibaruwa ya Nkurunziza, akavuga ko Museveni yirengagije amateka y’u Burundi haba mbere y’ubukoloni ndetse na nyuma yaho, kimwe mu bituma ibiganiro mu Burundi bitagira aho bigera.

Abanditsi  Alex Grobman na Michael Shermer mu gitabo cyabo Guhakana amateka (Denying history) bavuga ko uburyo bwizAabwo kubeshya imashini ivumbura ababeshyi (lie detector machine) ari ukwizera ikinyoma ubwawe ku buryo n’umubiri wawe utagutenguha ubwawo. Ibi nibyo bizwi cyane kuri Rudasingwa, umubeshyi kabuhariwe wabigize umwuga.

Muri 2014 ubwo hasohokaga ya documentaire ya BBC (untold story) Jane Corbin wayikoze yabjije Rudasingwa ati: ese iyo indege ya Habyarimana idahanurwa jenoside yari kuba? Rudasingwa yasubije ko iyo Habyarimana aza kudapfa jenoside itari kuba. Iki cyonyine kigaragaza uruhande Rudasingwa aherereyemo ndetse n’uburyo adahwema gushaka kugoreka amateka y’u Rwanda.

Muri 2011, Rudasingwa yavuze ko Perezida Kagame Paul yamwibwiriye ko RPF ariyo yarashe indege ya Habyarimana, bituma hatangira jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 igahitana abarenga miliyoni. Ibi kandi Rudasingwa abigarukaho mw’ibaruwa ye avuga ko Perezida Kagame yanabyibwiriye ubwe Museveni, bitera kwibaza niba Rudasingwa yari ahari ubwo abayobozi bombi bagiranaga icyo kiganiro.

Ibi Rudasingwa avuga ni imvugo asangiye n’abasize bahekuye u Rwanda dore ko aribo asigaye akorana nabo amanywa n’ijoro.

Twakwibutsa ko taliki 20 Mata 2012, Rudasingwa yatanze ubuhamya amasaha atandatu imbere y’umucamanza Marc Trévidic amubwira ibinyoma ku ihanurwa ry’indege ya Habyarima. Ibi byose bikomeza kugaragara ko ari ibinyoma abarwanya u Rwanda bagenda bakwiza ahantu henshi, dore ko Abacamanza b’u Bufaransa bashinzwe gukora iperereza ku byaha by’iterabwoba, bahagaritse iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana wayoboye u Rwanda ryari rimaze imyaka igera kuri 20.

Abacamanza Judges Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bahagaritse burundu iperereza bakoraga ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana nyuma yo kubura ibimenyetso ku bo bashinjaga kubigiramo uruhare. Abayobozi bakuru icyenda b’u Rwanda mu 2006 bakozweho iperereza rishingiye ku mpamvu za politiki ariko bigatwarwa mu mutaka w’ubutabera bashinjwa uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege. Iri perereza ryahagaritswe ku wa Gatanu tariki ya 21 Ukuboza 2018.

Indege yari itwaye Perezida Juvénal Habyarimana na Cyprien Ntaryamira w’u Burundi, yarashwe ku wa 6 Mata 1994, ikurikirwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside ku buryo bweruye, wari umaze igihe warateguwe ndetse unageragezwa.

Ku batari basanzwe bazi Rudasingwa twababwira ko abamuzi neza bize muri kaminuza ya Makerere muri Kampala bamwibukira ku kuba yari azwi nk’umubeshyi kabuhariwe umeze nk’ikirura cyiyambitse uruhu rw’intama.

Abanyarwanda bigaga Makerere mu gihe cye bamwibuka nk’umutekamutwe wahoraga ushaka kubacucuza utwabo ndetse no gushaka kwiba abacuruzi b’abanyarwanda abakangisha ko azabagambanira nibatamuha amafaranga bagombaga gucisha kuri konti ya Mr ‘REDCOM CX-1200’,. Rudasingwa yaje kuvumburwa muri 1982 maze ahagarika amashuri yigaga mu by’ubuvuzi ahungira muri Kenya.

Nta gitangaza rero kukona Rudasingwa yandika amateshwa yuzuyemo ibinyoma, cyane cyane agamije guharabika u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

 

2018-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Ubwanditsi 08 Jun 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Igitekerezo kimwe

  1. katsinono
    December 29, 20187:00 am -

    Tutavuze menshi ku bantu, icyo nzi ni uko abenshi bari bazi ko hari icyo bari cyo, maze bakibwira ko baramutse batari mu gihugu, igihugu cyahomba maze si ukwigira indashoboka sinakubwira.

    Ngayo nguko uko bagiye bahunga kubera ikimwaro cyo kwanga guca bugufi cyangwa gucishwa bugufi.

    Bongeyeho amakosa yo kwibwira ko amahanga azabataho igihe ko ari abantu bakomeye!. Baribeshye cyane. muntu ufite ubwishongozi ashobora kukuremerera rimwe, kabiri se ariko ntashobora gukomeza kukubera umutwaro ngo ubyemere.

    Ngayo nguko uko bagiye bahunga maze sinakubwira ku Ijwi rya America, kuri BBC n’ahandi. Tekereza nawe aho banatinyutse gusaba uwakwimye (FDLR) kandi wakwishe.

    NGUKO UKURI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017
ITOHOZA

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17
IMIKINO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru