• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho muri iyi minsi hasohotse  inkuru zivuga kw’ ibaruwa Rudasingwa Theogene (umenyerewe ku kazina ka REDCOM) yandikiye Museveni avuga ku kibazo cy’u Burundi ndetse n’ibihugu byo mu karere, benshi bakurikiranira hafi iby politiki baravuga ko Nkurunziza ashobora kuba yamaze kwibonera umuvugizi ndetse n’ushinzwe kuzahura isura nziza ye.

Muriyo baruwa Rudasingwa ashinja Museveni kuba atarasuzumanye ubushishozi ibaruwa ya Nkurunziza, akavuga ko Museveni yirengagije amateka y’u Burundi haba mbere y’ubukoloni ndetse na nyuma yaho, kimwe mu bituma ibiganiro mu Burundi bitagira aho bigera.

Abanditsi  Alex Grobman na Michael Shermer mu gitabo cyabo Guhakana amateka (Denying history) bavuga ko uburyo bwizAabwo kubeshya imashini ivumbura ababeshyi (lie detector machine) ari ukwizera ikinyoma ubwawe ku buryo n’umubiri wawe utagutenguha ubwawo. Ibi nibyo bizwi cyane kuri Rudasingwa, umubeshyi kabuhariwe wabigize umwuga.

Muri 2014 ubwo hasohokaga ya documentaire ya BBC (untold story) Jane Corbin wayikoze yabjije Rudasingwa ati: ese iyo indege ya Habyarimana idahanurwa jenoside yari kuba? Rudasingwa yasubije ko iyo Habyarimana aza kudapfa jenoside itari kuba. Iki cyonyine kigaragaza uruhande Rudasingwa aherereyemo ndetse n’uburyo adahwema gushaka kugoreka amateka y’u Rwanda.

Muri 2011, Rudasingwa yavuze ko Perezida Kagame Paul yamwibwiriye ko RPF ariyo yarashe indege ya Habyarimana, bituma hatangira jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 igahitana abarenga miliyoni. Ibi kandi Rudasingwa abigarukaho mw’ibaruwa ye avuga ko Perezida Kagame yanabyibwiriye ubwe Museveni, bitera kwibaza niba Rudasingwa yari ahari ubwo abayobozi bombi bagiranaga icyo kiganiro.

Ibi Rudasingwa avuga ni imvugo asangiye n’abasize bahekuye u Rwanda dore ko aribo asigaye akorana nabo amanywa n’ijoro.

Twakwibutsa ko taliki 20 Mata 2012, Rudasingwa yatanze ubuhamya amasaha atandatu imbere y’umucamanza Marc Trévidic amubwira ibinyoma ku ihanurwa ry’indege ya Habyarima. Ibi byose bikomeza kugaragara ko ari ibinyoma abarwanya u Rwanda bagenda bakwiza ahantu henshi, dore ko Abacamanza b’u Bufaransa bashinzwe gukora iperereza ku byaha by’iterabwoba, bahagaritse iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana wayoboye u Rwanda ryari rimaze imyaka igera kuri 20.

Abacamanza Judges Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bahagaritse burundu iperereza bakoraga ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana nyuma yo kubura ibimenyetso ku bo bashinjaga kubigiramo uruhare. Abayobozi bakuru icyenda b’u Rwanda mu 2006 bakozweho iperereza rishingiye ku mpamvu za politiki ariko bigatwarwa mu mutaka w’ubutabera bashinjwa uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege. Iri perereza ryahagaritswe ku wa Gatanu tariki ya 21 Ukuboza 2018.

Indege yari itwaye Perezida Juvénal Habyarimana na Cyprien Ntaryamira w’u Burundi, yarashwe ku wa 6 Mata 1994, ikurikirwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside ku buryo bweruye, wari umaze igihe warateguwe ndetse unageragezwa.

Ku batari basanzwe bazi Rudasingwa twababwira ko abamuzi neza bize muri kaminuza ya Makerere muri Kampala bamwibukira ku kuba yari azwi nk’umubeshyi kabuhariwe umeze nk’ikirura cyiyambitse uruhu rw’intama.

Abanyarwanda bigaga Makerere mu gihe cye bamwibuka nk’umutekamutwe wahoraga ushaka kubacucuza utwabo ndetse no gushaka kwiba abacuruzi b’abanyarwanda abakangisha ko azabagambanira nibatamuha amafaranga bagombaga gucisha kuri konti ya Mr ‘REDCOM CX-1200’,. Rudasingwa yaje kuvumburwa muri 1982 maze ahagarika amashuri yigaga mu by’ubuvuzi ahungira muri Kenya.

Nta gitangaza rero kukona Rudasingwa yandika amateshwa yuzuyemo ibinyoma, cyane cyane agamije guharabika u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

 

2018-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbonigaba Ismaël  wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana

Mbonigaba Ismaël wayoboye Ikinyamakuru UMUSESO, yakatiwe igifungo cy’amezi 32 ahamijwe gusambanya abana

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019
Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Ubwanditsi 09 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. katsinono
    December 29, 20187:00 am -

    Tutavuze menshi ku bantu, icyo nzi ni uko abenshi bari bazi ko hari icyo bari cyo, maze bakibwira ko baramutse batari mu gihugu, igihugu cyahomba maze si ukwigira indashoboka sinakubwira.

    Ngayo nguko uko bagiye bahunga kubera ikimwaro cyo kwanga guca bugufi cyangwa gucishwa bugufi.

    Bongeyeho amakosa yo kwibwira ko amahanga azabataho igihe ko ari abantu bakomeye!. Baribeshye cyane. muntu ufite ubwishongozi ashobora kukuremerera rimwe, kabiri se ariko ntashobora gukomeza kukubera umutwaro ngo ubyemere.

    Ngayo nguko uko bagiye bahunga maze sinakubwira ku Ijwi rya America, kuri BBC n’ahandi. Tekereza nawe aho banatinyutse gusaba uwakwimye (FDLR) kandi wakwishe.

    NGUKO UKURI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa
INKURU NYAMUKURU

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.
INKURU NYAMUKURU

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19
HIRYA NO HINO

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru