• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa
Ingabire Victoire ibumoso na Nyina umubyara, umujenosideri Therese Dusabe, hagati ni ikirango cya MRND yateguye Jenoside, ishyaka Ingabire na Nyina biyumvamo

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Editorial 22 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ingabire Victoire wiyita umunyapolitiki akomeje kumvikana mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi atagatifuza nyina umubyara Therese Dusabe wahamwe akanakatirwa n’inzego  z’ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakoreye mu cyahoze ari Komini Butamwa ubu ni mu karere ka Nyarugenge

Jean Bosco Murangwa, yarokokeye mu murenge wa Mageragere yasobanuye byinshi mu mateka ya mbere ya Jenoside avuga ku itotezwa ryakorerwaga Abatutsi bitwa Ibyitso; nk’Umuntu warokotse Jenoside mu cyahoze ari Komini Butamwa yavuzeko abantu benshi baguye Mageragere akaba ababazwa nuko Ingabire Victoire ashaka kwerekana ko nta bwicanyi bwahabereye kubera gushaka kurengera Nyina.

Jean Bosco Murangwa, akomeza asaba Ingabire Victoire ko akwiye kurekera nyina uruhare rwe akirwariza agakurikiranwa n’Inkiko akisobanura,akomeza asaba  Leta y’U Rwanda yabafasha ikabigiramo uruhare ikamuzana agakora igihano yakatiwe n’inkiko Gacaca. Kuba Ingabire atari I Mageragere mu gihe cya Jenoside, ntakwiye kuburanira Nyina kuko ntateze kumva ko nyina azamubwira ko yayikoze, niyo yabimubwira Ingabire yabihakana. Mu nama zateguraga Jenoside, Dusabe Therese yabaga ari kumwe n’uwitwa Kangavera bikekwa ko nawe yaje mu mpunzi vuba aha,ati rero mu nama no mu bitero bari bahari na Therese nawe yabwiraga urubyiruko ko ari abanyabwenge; “Yabaga yambaye impuzankano y’abajenosideri njyewe naramwiboneye rwose kandi nari muzi nk’uwari uhagarariye ikigo nderabuzima cya Butamwa”.

Murangwa akomeza avuga ko ibyo yabakoreye byabatunguye cyane kandi mbere barabizeraga nk’abaturanyi beza ndetse n’abana biganaga, uko rero ntibari bazi ko Interahamwe zabatengushye ari cyo binjijwemo n’ababyeyi babo bari muri izo Mitingi (Meeting)

Jean Bosco Murangwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komini Butamwa/Photo The Express News

 

Therese Dusabe, Muhizi na Barasita wahoze ari ‘Bourgumestre’ akaba na Perezida w’Interahamwe, Setiba Joseph wari ushinzwe imyitwarire muri komite y’ Interahamwe mu mugi wa  Kigali, Shitani, Gahutu, Sekamana bose babanaga byahafi na Therese Dusabe kandi abo bose bafatanyije mu bwicanyi bwamaze imbaga y’Abatutsi mu cyahoze ari Butamwa,”

Murangwa akomeza avuga ko “Sekamana yaburanishijwe n’Inkiko Gacaca gusa batunguwe nuko yavuze ko azaburanishwa Kagame atakiri Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda

Bose rero Sekamana na Therese Dusabe bakatiwe burundu y’umwihariko n’urukiko Gacaca, Therese Dusabe yagaragaye yima abamuganaga imiti agakoresha ububasha yari afite yirukana abatutsi bamuganaga bakomeretse nk’uko yabibwiye Umugore waje amusanga,Tereza ati “‘Nimujyane uwo Mututsikazi ajye kugwa ahandi”: ni uko interahamwe ziramwumvira ziramuhitana agwa aho.

Undi muntu watanzwe na Therese Dusabe ni  Gateneri Gerard wari Deregiteri w’amashuri abanza ya  Butamwa. Yaje ahungira kuri  Therese Dusabe niwe ubwe wahamagaye Interahamwe ziraza ziramwica.

Therese Dusabe ni umukecuru ubu ukuze wagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, Iyo aza kuba umuganga w’umunyabwenge, ntabwo aba yarishoye mu bwicanyi bwahitanye abatutsi. Dusabe Therese ni umwe mubari bize wari hafi mu myitozo yo kwanga no kwica abatutsi.

Ku ruhande rwa Ildephonse Kabanda, nawe warokotse Jenoside watanze amakuru, yavuze ko yabonye ko Therese Dusabe yoherejwe na Leta ya Habyarimana kuza gutata no kwiga uko ako karere kameze, amenye abatutsi bari bahatuye, atoze kandi yigishe interahamwe zo muri Komini Butamwa.

Ildephonse Kabanda warokotse Jenoside mucyahoze ari Komini Butamwa/ Photo The Express News

“Ubwo hashingwaga Ishyaka rya CDR n’umutwe w’Interahamwe, Therese Dusabe yawubaye hafi kandi niwe wagize uruhare mu gukora urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa bahereye ku bize bari bafite amashuri n’ubumenyi. Kabanda yunze mu rya mugenzi we Murangwa avuga ko Therese Dusabe nawe yakurikiranye anahagararira Interahamwe zimara Abatutsi muri Butamwa

“Binyuze mu mategeko ya Therese Dusabe, bishe Kalisa, Umubyeyi we Canisio Kambanda baranabanaga mu muryango remezo ndetse n’idini rimwe aho basengeraga ‘Saint Vincent De Paul’, bica Mama Mwemanane Verena, Umuvandimwe  Mukanyana, François, Uwizeye Marie Josee, Karangwa Philbert na Kayiranga Prosper, Umugore wa Data wacu Karinganire Dismas n’abana babo batatu, Karengera Desire n’abana babo babiri, bica Kamanzi, Binenwa Bartazar n’abandi babarizwaga mu bwoko bw’abatutsi babaga hano,” nk’uko Kabanda akomeza abivuga

“Tubabajwe n’ibinyoma bikwirakwizwa n’abagize uruhare muri Jenoside n’ababakomokaho bayipfobya nka  Ingabire Victoire batemera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina na nyiri ubwite aruhakana, Ntidushinja Ingabire Victoire gukora Jenoside ariko ni umwe mu bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside”

Urutonde rw’abantu 17 bashinjwa ibyaha bya Jenoside bakatiwe n’Urukiko rwa Gacaca rwa Butamwa barimo na Therese Dusabe

“Turasaba amahanga kugira uruhare bakohereza Therese Dusabe agakurikiranwa n’ubutabera ibyaha bya Jenoside yewe Turasaba n’ibindi bihugu bicumbikiye abantu bakoze ibyaha bya JENOSIDE Kudufasha bikabohereza bakagana ubutabera kandi bagatega amatwi abakorewe ibyaha aho kubaha rugari bakidoga mu itangazamakuru ryabo. Niba koko Dusabe Therese ntacyo yikeka naze yisobanure ubutabera bumutege amatwi”  Kabanda akomeza avuga ko, abacitse ku icumu biteguye kubabarira uwo ari we wese uzicuza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi abikuye ku mutima.

Muri Gashyantare tariki ya 19, mu mwaka wa 2009, Therese Dusabe yakatiwe gufungwa burundu n’urukiko Gacaca rwa  Butamwa. Ubu yibera mu gihugu cy’u Buholandi aho yahungiye akaba anakomeje ibikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

Umukobwa we Victoire Ingabire ntatuza gukomeza kubiba iyo ngengabitekerezo mu Rwanda na nyuma yaho afunguwe ahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Republika Paul Kagame kuwa 14 Nzeri umwaka wa 2018; Mu mwaka wa 2010 ni bwo yari yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo gukwirakwiza amacakubiri no gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi

Ingabire yumvikana mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, ashyigikira ibikorwa bipfobya Jenoside binatesha agaciro ubuyobozi bw’Igihugu, agaragaza ko Nyina umubyara nta ruhare yagize muri Jenoside kandi ababibonye bahari bariho banabisubiramo kuko bari bahibereye.

2020-06-22
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Editorial 26 Jun 2018
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Editorial 30 Oct 2018
Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Editorial 02 Oct 2018
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Editorial 11 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru