• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa
Ingabire Victoire ibumoso na Nyina umubyara, umujenosideri Therese Dusabe, hagati ni ikirango cya MRND yateguye Jenoside, ishyaka Ingabire na Nyina biyumvamo

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Ubwanditsi 22 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ingabire Victoire wiyita umunyapolitiki akomeje kumvikana mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi atagatifuza nyina umubyara Therese Dusabe wahamwe akanakatirwa n’inzego  z’ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakoreye mu cyahoze ari Komini Butamwa ubu ni mu karere ka Nyarugenge

Jean Bosco Murangwa, yarokokeye mu murenge wa Mageragere yasobanuye byinshi mu mateka ya mbere ya Jenoside avuga ku itotezwa ryakorerwaga Abatutsi bitwa Ibyitso; nk’Umuntu warokotse Jenoside mu cyahoze ari Komini Butamwa yavuzeko abantu benshi baguye Mageragere akaba ababazwa nuko Ingabire Victoire ashaka kwerekana ko nta bwicanyi bwahabereye kubera gushaka kurengera Nyina.

Jean Bosco Murangwa, akomeza asaba Ingabire Victoire ko akwiye kurekera nyina uruhare rwe akirwariza agakurikiranwa n’Inkiko akisobanura,akomeza asaba  Leta y’U Rwanda yabafasha ikabigiramo uruhare ikamuzana agakora igihano yakatiwe n’inkiko Gacaca. Kuba Ingabire atari I Mageragere mu gihe cya Jenoside, ntakwiye kuburanira Nyina kuko ntateze kumva ko nyina azamubwira ko yayikoze, niyo yabimubwira Ingabire yabihakana. Mu nama zateguraga Jenoside, Dusabe Therese yabaga ari kumwe n’uwitwa Kangavera bikekwa ko nawe yaje mu mpunzi vuba aha,ati rero mu nama no mu bitero bari bahari na Therese nawe yabwiraga urubyiruko ko ari abanyabwenge; “Yabaga yambaye impuzankano y’abajenosideri njyewe naramwiboneye rwose kandi nari muzi nk’uwari uhagarariye ikigo nderabuzima cya Butamwa”.

Murangwa akomeza avuga ko ibyo yabakoreye byabatunguye cyane kandi mbere barabizeraga nk’abaturanyi beza ndetse n’abana biganaga, uko rero ntibari bazi ko Interahamwe zabatengushye ari cyo binjijwemo n’ababyeyi babo bari muri izo Mitingi (Meeting)

Jean Bosco Murangwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komini Butamwa/Photo The Express News

 

Therese Dusabe, Muhizi na Barasita wahoze ari ‘Bourgumestre’ akaba na Perezida w’Interahamwe, Setiba Joseph wari ushinzwe imyitwarire muri komite y’ Interahamwe mu mugi wa  Kigali, Shitani, Gahutu, Sekamana bose babanaga byahafi na Therese Dusabe kandi abo bose bafatanyije mu bwicanyi bwamaze imbaga y’Abatutsi mu cyahoze ari Butamwa,”

Murangwa akomeza avuga ko “Sekamana yaburanishijwe n’Inkiko Gacaca gusa batunguwe nuko yavuze ko azaburanishwa Kagame atakiri Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda

Bose rero Sekamana na Therese Dusabe bakatiwe burundu y’umwihariko n’urukiko Gacaca, Therese Dusabe yagaragaye yima abamuganaga imiti agakoresha ububasha yari afite yirukana abatutsi bamuganaga bakomeretse nk’uko yabibwiye Umugore waje amusanga,Tereza ati “‘Nimujyane uwo Mututsikazi ajye kugwa ahandi”: ni uko interahamwe ziramwumvira ziramuhitana agwa aho.

Undi muntu watanzwe na Therese Dusabe ni  Gateneri Gerard wari Deregiteri w’amashuri abanza ya  Butamwa. Yaje ahungira kuri  Therese Dusabe niwe ubwe wahamagaye Interahamwe ziraza ziramwica.

Therese Dusabe ni umukecuru ubu ukuze wagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, Iyo aza kuba umuganga w’umunyabwenge, ntabwo aba yarishoye mu bwicanyi bwahitanye abatutsi. Dusabe Therese ni umwe mubari bize wari hafi mu myitozo yo kwanga no kwica abatutsi.

Ku ruhande rwa Ildephonse Kabanda, nawe warokotse Jenoside watanze amakuru, yavuze ko yabonye ko Therese Dusabe yoherejwe na Leta ya Habyarimana kuza gutata no kwiga uko ako karere kameze, amenye abatutsi bari bahatuye, atoze kandi yigishe interahamwe zo muri Komini Butamwa.

Ildephonse Kabanda warokotse Jenoside mucyahoze ari Komini Butamwa/ Photo The Express News

“Ubwo hashingwaga Ishyaka rya CDR n’umutwe w’Interahamwe, Therese Dusabe yawubaye hafi kandi niwe wagize uruhare mu gukora urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa bahereye ku bize bari bafite amashuri n’ubumenyi. Kabanda yunze mu rya mugenzi we Murangwa avuga ko Therese Dusabe nawe yakurikiranye anahagararira Interahamwe zimara Abatutsi muri Butamwa

“Binyuze mu mategeko ya Therese Dusabe, bishe Kalisa, Umubyeyi we Canisio Kambanda baranabanaga mu muryango remezo ndetse n’idini rimwe aho basengeraga ‘Saint Vincent De Paul’, bica Mama Mwemanane Verena, Umuvandimwe  Mukanyana, François, Uwizeye Marie Josee, Karangwa Philbert na Kayiranga Prosper, Umugore wa Data wacu Karinganire Dismas n’abana babo batatu, Karengera Desire n’abana babo babiri, bica Kamanzi, Binenwa Bartazar n’abandi babarizwaga mu bwoko bw’abatutsi babaga hano,” nk’uko Kabanda akomeza abivuga

“Tubabajwe n’ibinyoma bikwirakwizwa n’abagize uruhare muri Jenoside n’ababakomokaho bayipfobya nka  Ingabire Victoire batemera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina na nyiri ubwite aruhakana, Ntidushinja Ingabire Victoire gukora Jenoside ariko ni umwe mu bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside”

Urutonde rw’abantu 17 bashinjwa ibyaha bya Jenoside bakatiwe n’Urukiko rwa Gacaca rwa Butamwa barimo na Therese Dusabe

“Turasaba amahanga kugira uruhare bakohereza Therese Dusabe agakurikiranwa n’ubutabera ibyaha bya Jenoside yewe Turasaba n’ibindi bihugu bicumbikiye abantu bakoze ibyaha bya JENOSIDE Kudufasha bikabohereza bakagana ubutabera kandi bagatega amatwi abakorewe ibyaha aho kubaha rugari bakidoga mu itangazamakuru ryabo. Niba koko Dusabe Therese ntacyo yikeka naze yisobanure ubutabera bumutege amatwi”  Kabanda akomeza avuga ko, abacitse ku icumu biteguye kubabarira uwo ari we wese uzicuza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi abikuye ku mutima.

Muri Gashyantare tariki ya 19, mu mwaka wa 2009, Therese Dusabe yakatiwe gufungwa burundu n’urukiko Gacaca rwa  Butamwa. Ubu yibera mu gihugu cy’u Buholandi aho yahungiye akaba anakomeje ibikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

Umukobwa we Victoire Ingabire ntatuza gukomeza kubiba iyo ngengabitekerezo mu Rwanda na nyuma yaho afunguwe ahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Republika Paul Kagame kuwa 14 Nzeri umwaka wa 2018; Mu mwaka wa 2010 ni bwo yari yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo gukwirakwiza amacakubiri no gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi

Ingabire yumvikana mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, ashyigikira ibikorwa bipfobya Jenoside binatesha agaciro ubuyobozi bw’Igihugu, agaragaza ko Nyina umubyara nta ruhare yagize muri Jenoside kandi ababibonye bahari bariho banabisubiramo kuko bari bahibereye.

2020-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe
ITOHOZA

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019
CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi
IMIKINO

CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

Ubwanditsi 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru