• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball ririmo gukinwa ku ncuro ya 30, rikaba ririmo kubera mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya Kigali Arena, u Rwanda ubwo rwakinaga umukino wa kabiri na Angola, batsinze iyo kipe y’igihugu ku kinyuranyo cy’amanota atatu, ni umukino warangiye u Rwanda rufite amanota 71 kuri 68.

Muri uyu mukino wabaye ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 27 Kamena 2021, u Rwand anyuma yi gutsinda ikipe ya Reoubulika iharanira Demokari ya Congo rwasabwaga kuba bawutsinda mu rwego rwo kwiyongerera amahirwe yo gukomeza mu kindi cyiciro.

Ni umukino watangiye u Rwanda rwitwara neza binyuze kuri Gasana Kenny wabanje gukora amanota umunani wenyine mu gihe Angola yo yari imaze gukora amanota 2 gusa, umutoza Dr Cheick Sarr utoza u Rwanda yakomeje kuyobora umukino kugeza ubwo agace ka mbere karagiye ari amanota 20 kuri 20 ku mpande zombi.

Agace ka kabiri kahiriwe n’ikipe ihagarariye u Rwanda rurimo kwitabira iri rushanwa ribera mu nyubako ya Kigali Arena yakira abantu 10 000 ariko kuri ubu kubera kwirinda ubwiyongere bwa Koronavirusi irakira abantu ibihumbi bitanu, imbere y’abafana bari bitabiriye uyu mukino u Rwanda rwasoje agace ka kabiri bagatsinzwe ku manota 18 kuri 15.

Uyu mukino wabaye nk’ukomerera u Rwanda mu gace ka gatatu kuko Angola yatsinzwe umukino wa mbere na Cape Verde yakoze amanota 23 kuri 20 y’u Rwanda, gusa aha byatewe n’uko bamwe mu bakinnyi bakomeye umutoza yari yabaruhukije kugira ngo baze kwitwara neza mu gace ka kane, ari nako byaje kugenda kuko u Rwanda rwakoze amanota 16 kuri 7 ya Angola.

Uyu mukino warangiye u Rwanda rwitwaye neza ku manota 71 kuri 68 ya Angola, gutsinda uyu mukino bivuze ko iyi kipe y’igihugu igize intsinzi ebyiri mu mikino ibiri bamaze gukina, ibi bituma kandi yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya 1/4 cya Afrobasketball aho basabwa gutsinda umukino wa nyuma muri iri tsinda aho bazakina na Capeverde.

Ubwo uyu mukino wari urangiye, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madame Aurore Munyangaju Mimosa yashimiye abakinnyi b’u Rwanda kubwi kwitwara neza muri uyu mukino, abinyujije kuri Twitter yagize ati ” Mwakoze cyane basore, Ibi nibyo kwimana u Rwanda ndabarahiye! Muduhaye ibyishimo! Hahiye Gahunda nta y’indi #Tubatsinde”.

Gasana Kenny niwe witwaye neza muri uyu mukino kuko yakoze amanota 18, Rebounds 3 atanga imipira 4 yabyaye amanota ndetse yambura imipira 4.

Mu yindi mikino yabaye ku munsi wa Kane, Cape-vert yatsinze Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo amanota 70 kuri 66, Guinee yatsinzwe Rebulika ya Centre Africa 60 kuri 61 naho Tunisia itsinda Misiri ku manota 87 kuri 81.

2021-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2023
Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 06 May 2018
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Ubwanditsi 16 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa
Mu Rwanda

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Ubwanditsi 01 Sep 2016
CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje   1/4
IMIKINO

CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje 1/4

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru