• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Editorial 07 Aug 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeye ko umuhungu we yahuye n’intumwa y’u Burusiya kandi yari yamwemereye kumuha amakuru kuri Hillary Clinton bari bahanganye mu matora y’umukuru

Ibi yabitangaje ku Cyumweru, nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye birimo CNN byari byanditse inkuru zivuga ko afite impungenge ko Donald Trump Jr ashobora kuzisanga mu mazi abira kubera inama yamuhuje n’umunyamategeko w’Umurusiyakazi, Natalia Veselnitskaya, ku itariki ya 9 Kamena 2016.

Abinyujije kuri Twitter, Trump yavuze ko ibiri gutangazwa ko afite ubwoba ari ibinyoma, kandi umuhungu we nta kosa yakoze ubwo yajyaga guhura na Veselnitskaya mu nama yabereye muri Trump Tower.

Ati “Amakuru y’ibinyoma akomeje gutangazwa, inkuru z’impimbano ko mpangayikishijwe n’inama umuhungu wanjye Donald yagiriye muri Trump Tower. Iyi yari inama igamije kumuha amakuru ku muntu twari duhanganye, ibintu byemewe n’amategeko kandi bikorwa muri politiki zose, kandi ntacyo byatanze. Nta n’icyo nari mbiziho.”

Trump atangaje ibi mu gihe ubwo ibijyanye n’iyi nama byatangazwaga bwa mbere na New York Times, umuhungu we yashyize hanze itangazo avuga ko we na Veselnitskaya baganiriye kuri gahunda ya Amerika yo kurera abana baturutse mu Burusiya yari imaze iminsi ihagaritswe.

Nyuma y’aho ariko yaje kongera kuvuga ko yemeye guhura n’uyu Murusiyakazi amaze kumwemerera kuzamuha amakuru ashobora guhindanya isura ya Hillary Clinton wari uhanganiye na se umwanya w’umukuru w’igihugu.

Icyo gihe itangazamakuru ryavuze ko Trump utarahwemye guhakana ko yari azi iby’iyi nama ari we wabwiye umuhungu we ibyo yandika mu itangazo, nubwo yabanje kubihakana abanyamategeko be aje kwemeza ko ari ko koko byagenze.

Abasesenguzi ba politiki ya Amerika bavuga ko kuba Trump yemeye ko iriya nama yari igamije kubaha amakuru kuri Clinton ari ikimenyetso ko ibyatangajwe mbere byose ari ibinyoma.

Nubwo ari ibisanzwe ko abanyapolitiki bo muri iki gihugu bakora iperereza ku bo bahanganye by’umwihariko mu gihe cyo kwiyamamaza, abahanga mu by’amategeko bavuga ko Trump Jr ashobora kugongwa n’itegeko ribuza kwakira amafaranga cyangwa ikindi kintu cy’agaciro mu bihe by’amatora cyangwa ubugambanyi.

U Burusiya buvugwaho kuba bwarivanze mu matora ya Amerika yabaye mu Ugushyingo 2016 bugamije gufasha Trump, impande zombi zihakana ko bitigeze bibaho. Intumwa idasanzwe, Robert Mueller yahawe inshingano zo gukora iperereza no kurushaho gucukumbura niba ibivugwa koko ari ukuri.

2018-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018
Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Editorial 16 Sep 2016
Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Editorial 27 Feb 2018
Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Editorial 08 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru