• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Trump yashyize yemera ko Abarusiya bari bemeye gutanga amakuru kuri Clinton

Ubwanditsi 07 Aug 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yemeye ko umuhungu we yahuye n’intumwa y’u Burusiya kandi yari yamwemereye kumuha amakuru kuri Hillary Clinton bari bahanganye mu matora y’umukuru

Ibi yabitangaje ku Cyumweru, nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye birimo CNN byari byanditse inkuru zivuga ko afite impungenge ko Donald Trump Jr ashobora kuzisanga mu mazi abira kubera inama yamuhuje n’umunyamategeko w’Umurusiyakazi, Natalia Veselnitskaya, ku itariki ya 9 Kamena 2016.

Abinyujije kuri Twitter, Trump yavuze ko ibiri gutangazwa ko afite ubwoba ari ibinyoma, kandi umuhungu we nta kosa yakoze ubwo yajyaga guhura na Veselnitskaya mu nama yabereye muri Trump Tower.

Ati “Amakuru y’ibinyoma akomeje gutangazwa, inkuru z’impimbano ko mpangayikishijwe n’inama umuhungu wanjye Donald yagiriye muri Trump Tower. Iyi yari inama igamije kumuha amakuru ku muntu twari duhanganye, ibintu byemewe n’amategeko kandi bikorwa muri politiki zose, kandi ntacyo byatanze. Nta n’icyo nari mbiziho.”

Trump atangaje ibi mu gihe ubwo ibijyanye n’iyi nama byatangazwaga bwa mbere na New York Times, umuhungu we yashyize hanze itangazo avuga ko we na Veselnitskaya baganiriye kuri gahunda ya Amerika yo kurera abana baturutse mu Burusiya yari imaze iminsi ihagaritswe.

Nyuma y’aho ariko yaje kongera kuvuga ko yemeye guhura n’uyu Murusiyakazi amaze kumwemerera kuzamuha amakuru ashobora guhindanya isura ya Hillary Clinton wari uhanganiye na se umwanya w’umukuru w’igihugu.

Icyo gihe itangazamakuru ryavuze ko Trump utarahwemye guhakana ko yari azi iby’iyi nama ari we wabwiye umuhungu we ibyo yandika mu itangazo, nubwo yabanje kubihakana abanyamategeko be aje kwemeza ko ari ko koko byagenze.

Abasesenguzi ba politiki ya Amerika bavuga ko kuba Trump yemeye ko iriya nama yari igamije kubaha amakuru kuri Clinton ari ikimenyetso ko ibyatangajwe mbere byose ari ibinyoma.

Nubwo ari ibisanzwe ko abanyapolitiki bo muri iki gihugu bakora iperereza ku bo bahanganye by’umwihariko mu gihe cyo kwiyamamaza, abahanga mu by’amategeko bavuga ko Trump Jr ashobora kugongwa n’itegeko ribuza kwakira amafaranga cyangwa ikindi kintu cy’agaciro mu bihe by’amatora cyangwa ubugambanyi.

U Burusiya buvugwaho kuba bwarivanze mu matora ya Amerika yabaye mu Ugushyingo 2016 bugamije gufasha Trump, impande zombi zihakana ko bitigeze bibaho. Intumwa idasanzwe, Robert Mueller yahawe inshingano zo gukora iperereza no kurushaho gucukumbura niba ibivugwa koko ari ukuri.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa kuyobora inama nyunguranabitekerezo kuri RDC

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika
Amakuru

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye
Amakuru

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye
Amakuru

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru