• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Ubwanditsi 02 May 2017 Mu Rwanda

Igikorwa cyo guhitamo umukandida Perezida mu matora ataha muri Kenya cyari gikomereye cyane opozisiyo, kuba rero yarakirangije neza biratanga icyizere cy’uko yakora neza muri ayo matora ateganyijwe kuba tariki 8/08’2017 !

Opozisiyo muri Kenya ihagarariwe n’ihuriro ry’imitwe ya politike rizwi ku izina rya National Supper Alliance (NASA) rikaba rihanganye n’irindi huriro ryitwa Jubilee, rigizwe n’abantu bari ku butegetsi.

Mu myiteguro yo gushakisha uwari kuribera kandida Perezida ntabwo Jubilee yigeze ihura n’ibibazo kuko yahise yemeza Perezida Uhuru Kenyatta kuzayihagararira ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, yunganiwe na William Ruro wari usanzwe ari Visi Perezida we.

Igihe rero Jubilee yari ituje yikorera ibindi byayigirira akamaro mu matora, ukwezi gushize kwose kwarangiye abayobozi b’amashyaka agize NASA bari mu mpaka z’urudaca barwanira itike yo kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kimwe n’uwamubera Visi Perezida aramutse atowe.

Amashyaka akomeye muri iryo huriro rya NASA ni ODM ya Raila Odinga, Wiper ya Kalonzo Musyoka, ANC (Aman National Congress) ya Musalia Mudavadi, Ford Kenya ya Moses Wetang’ula na CCM (Chama Cha Mashinani) ya Isaac Ruto. Usibye Wetang’ula na Ruto abandi bose uko ari batatu barwaniraga itike yo kuzaba umukandida Perezida wa NASA, kandi ntawe ushaka guharira undi !

Ibyo byo kudashaka kwemera guharirana itike yo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika byari bisenye iyo opozisiyi ariko nyuma y’amanama menshi na za lobingi (lobbying) z’urudaca, umuti ukarishye uza kuboneka tariki 27 z’ukwezi gushize. Itike ya kandida Perezida yaje guharirwa Raila Odinga, amaze gusinyira yuko hari ibyo nawe agomba kuzigomwa. Ibi birimo yuko NASA itsinze amatora Raila akazayobora manda imwe gusa, izikurikiyeho agaharira abandi bagize iryo huriro.

Kugira ngo Odinga atazavaho abataba mu nama akazashaka kuziyamamariza indi manda ku itike ya NASA abo bagize iryo huriro basinyiye ibyo bemeranyijweho, bajya kubishingana ku ishinzwe kwandika imitwe ya politike (Regitrar of politikal parties) kandi bikazajya bikomeza no kuvugwa ku mugaragaro.

Ibi kandi Odinga agerageza kwereka bagenzi be yuko abyubahiriza cyane kuko mu manama adahwema kubivuga. Nyuma ya Wetang’ula gutangaza, imbere y’imbaga y’abayoboke b’amashyaka agize NASA yuko Raila Odinga ariwe watoranijwe kuzaba kandida Perezida muri ayo matora ataha, Odinga yaje gufata ijambo agaragaza yuko nyuma ya manda itaha atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perepubulika, akoresheje ya magambo yo muri bibiliya avuga ibya JOSHUA kwambuka umugezi wa Jordan.

-6453.jpg

Perezida wa Kenya Kenyatta

Avuga mu giswahili yagize ati: “Mimi nitakuwa Joshua wa kuwaongoza wa Kenya kuvuka mto Jordan hadi Canaan (Jyewe nzaba Joshua wo kuyobora aba Kenya kwambuka umugezi Jordan kugera Canaan). Tukifika Canaan, kazi yangu itakuwa imekwisha (Nitugera Canaan, kazaba karangiye) !”

Uretse Kalonzo Musyoka wahawe umwanya wa Visi Perezida, Raila Odinga atsindiye kuba Perezida, abandi bayobozi b’amashyaka agize NASA babanje gupangirwa imyanya bifuje. Iyo ni umwanya mushya wa Minisitiri w’intebe (wiswe Premier Cabinet Secretary) wahawe Musalia Mudavadi (Amani) n’abamwungirije babiri aribo Moses Wetang’ula (Ford Kenya) na Isaac Rutto(CCM).

Uko niko abo bagabo bagize opozisiyo muri Kenya bagabanye gabanye imyanya, biramira NASA wabonaga yasenyutse ! Iyo ni nayo kipe izahangana na Uhuru Kenyatta wa Jubilee na Visi Perezida we William Ruto.

Ntabwo bizaba ari ubwa mbere izo kipe zombi zihanganye mu matora kuko no muri 2013 zarahuye ikipe ya Kenyatta na Ruto itsinda iya Odinga na Musyoka. Muri ayo matora ya Perezida 2013 Kenyatta yatsinze hamana kuko yabonye amajwi angana na 50.7 %, bituma Odinga avuga yuko yibwe amajwi. Yiyambaje urukiko rw’ikirenga ariko aratsindwa. Muri ayo matora ya 2013 Musalia Mudavadi nawe yari yiyamamarije umwanya wa Perezida wa Repubulika abona amajwi angana na 3.96% gusa.

Ntabwo byoroshye kuba umuntu yavuga ushobora gutsinda amatora hagati ya Uhuru na Odinga kuko amahuriro y’imitwe ya politike buri umwe akomokamo kugeza ubu ahagaze neza. Mu matora ataha buzaba ari ubwa kabiri Uhuru Kenyatta yiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika naho Odinga bizaba ari ku nshuro ya kane, eshatu zindi yiyamamazaga atsindwa !

Casmiry Kayumba

2017-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Umujyi wa Kigali watangiye  gusenya  Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 20 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 
INKURU NYAMUKURU

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016
Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’
Amakuru

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru