• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Ubwanditsi 04 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta ya New York rwahamagaje Ambasaderi Gasana Eugène wahoze ahagarariye u Rwanda muri Muryango w’Abibumbye (LONI) kugira ngo yisobanure ku cyaha cyo gufata ku ngufu umukobwa w’Umunyarwanda wari ufite imyaka 21, ubugira kabiri ariko amaze hafi umwaka ataritaba.

Amakuru yamaze kumenyekana ni uko Ambasaderi Gasana wegujwe ku mirimo ye muri LONI mu 2016, yahamagajwe n’urukiko tariki ya 14 Kamena 2019. Yasabwaga urutonde rw’ibisubizo ku bibazo bijyanye n’ibirego byo gufata ku ngufu mu minsi itarenze 20, cyangwa se mu minsi 30 igihe iri hamagara (convocation) ridahise rimugeraho.

Nk’uko The New Times yabitangaje, umushinjacyaha Steven Cash avuga ko Ambasaderi Gasana atigeze akora ibyo ihamagara rimusaba kandi ahantu aherereye hatazwi, ari yo mpamvu yatumye kopi z’iri hamagara zikwirakwiza mu bitangazamakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) n’u Rwanda. Gusa ibitangazamakuru byavuze ko uyu ashobora kuba yarahawe ubwenegihugu bwa USA.

Icyaha Ambasaderi Gasana ashinjwa

Mu 2014 uyu mukobwa wimenyerezaga umwuga muri LONI, yavuze ko ubwa mbere Ambasaderi Gasana yamufashe ku ngufu ari muri Kamena, ubwo yamujyanaga muri Millenium Hitlton Hotel, yari yamubwiye ko ari mu cyumba cy’inama amusangamo, yagerayo agasanga harimo igitanda.

Ubwa kabiri ni muri Nyakanga 2014 hashize ibyumweru bibiri nabwo amufashe ku ngufu, ngo yamujyanye muri Hotel iri mu Mujyi wa Manhattan muri USA, abanje kumukorera ibica intege umubiri we, maze naho ahamufatira ku ngufu. Icyo gihe uyu mukobwa yitabaje urukiko, gusa ubushinjacyaha bwirinze kugira icyo buhita butangaza.

Ihamagarwa rya Ambasaderi Gasana ryo ku wa 14 Kamena 2019

Aramutse ahamwe n’icyaha

Iki cyaha Ambasaderi Gasana aregwa ni icyo mu rwego rwa mbere. Itegko rivuga ko umuntu ufashwe ku ngufu afatiranyijwe kuko ari umunyantege nke, uwabikoze ahanishwa igifungo kigera ku myaka 25. Gusa rivuga ko uwahawe iki gihano, ashobora kumara imyaka itanu ari muri gereza, indi akayimara ari hanze yayo, agafungishwa ijisho.

Mu gihe kandi mu myaka itanu ahawe uburenganzira bwa burundu bwo gutura muri USA, iyo umuntu ahamijwe ibyaha bibangamira rubanda (society), yamburwa bwa burenganzira ndetse agahanishwa n’igifungo kitari munsi y’umwaka umwe.

2020-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Lt Col Rugigana  bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba

Lt Col Rugigana bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga
Amakuru

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024
.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame
Mu Mahanga

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru