• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 05 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Kubera ibibazo bikomeye ndetse n’ubusabe butubahirijwe, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa mu muntu ryatangaje bidasubirwaho ko ryafunze ibiro byaryo biri i Bujumbura mu Burundi, nyuma y’amezi atatu ribisabwe n’abayobozi b’icyo gihugu.

Jeune Afrique yanditse ko ‘Itangazo ryasohowe kuri uyu wa 4 Werurwe na Garry Conille, rigaragaza ko itegeko ryo gufunga bidasubirwaho ibyo biro ryasohotse ku wa 28 Gashyantare’.

Yavuze ko abakozi b’ibyo biro basanzwe bakorana n’abayobozi b’u Burundi mu kugaragaza ibibangamira uburenganzira bwa muntu, asaba impande zombi gukomeza ibiganiro bigamije gushaka igisubizo kirambye.

Guverinoma y’u Burundi ishinja iryo shami gukora raporo z’ibinyoma ziyishinja gukandamiza uburenganzira bwa muntu. Umuvugizi wayo, Jean-Claude Karerwa, yavuze ko ‘U Burundi nta nkunga z’amahanga ku burenganzira bwa muntu bukeneye’.

Mu Ukuboza umwaka ushize nibwo Guverinoma y’u Burundi yamenyesheje Umuhuzabikorwa wa Loni muri iki gihugu, Garry Conille, ko ishami ryayo rishinzwe uburengenzira bwa muntu rigomba guhagarara gukora, rikanimura abakozi baryo ndetse mu mezi abiri rigafunga burundu.

Yavuze ko umwanzuro wafashwe mu rwego rwo gukumira imyitwarire ya Loni yo gushaka kwivanga mu budahangarwa bwa Leta no kuvanga uburenganzira bwa muntu na politiki.

Ibi biro by’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu byafunguwe mu 1995, bifunze imiryango nyuma y’ifunga ry’Umuryango Handicap International wanga kubahiriza itegeko rishya, risaba imiryango mpuzamahangaikorera mu Burundi gutanga akazi hakurikijwe ijanisha ryagenwe ku Bahutu n’Abatutsi.

Muri 2017, ibiro by’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu byagabweho igitero n’abantu batandatu aho abaturiye ibi biro bemeje ko hari nka saa yine za mu gitondo ubwo abantu bitwaje ibirwanisho binjiraga barasa amasasu muri ibi biro biri mu Mujyi wa Bujumbura. Byaje kumenyekana ko hari ibintu byibwe, mu gihe abakozi bahakora bahise basabwa gutaha. Nyuma ngo hakaba hongerewe abasirikare bo kuharinda bafasha abari bahasanzwe baharinda umutekano.

Ibi biro bya Loni bisanzwe bishinjwa n’ubutegetsi bw’u Burundi gusohora ibyegeranyo birimo amakosa ku Burundiajyanye no kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Guverinoma y’u Burundi imaze igihe ishinjwa n’Umuryango w’Abibumbye gukora ubwicanyi bukabije ndetse unasaba ko ababugizemo uruhare bakurikiranwa.

2019-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Bazibaza
    March 5, 20197:24 am -

    Ese UN (ONU) ni hovyo hovyo bene aka kageni? Iyo umuntu abishatse arayihambiriza? Mbega!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Isi yose hovyo hovyo imbere ya Nkurunziza!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Bagende maze babone uko bica uko bashatse? Ibi ni nka bimwe bya UN mu Rwanda byo gusiga abantu mu Kangaratete!!!!!!! Kuki ibihugu bitabyamaganye???????. Kabone n’ u Rwanda kweri???

    NJYEWE NDABYAMAGANYE KU MUGARAGARO. aBAKOZI BA UN si abakozi b’Uburundi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal
Amakuru

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Ubwanditsi 06 Jul 2024
Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari
POLITIKI

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Ubwanditsi 05 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru