• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 05 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Kubera ibibazo bikomeye ndetse n’ubusabe butubahirijwe, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa mu muntu ryatangaje bidasubirwaho ko ryafunze ibiro byaryo biri i Bujumbura mu Burundi, nyuma y’amezi atatu ribisabwe n’abayobozi b’icyo gihugu.

Jeune Afrique yanditse ko ‘Itangazo ryasohowe kuri uyu wa 4 Werurwe na Garry Conille, rigaragaza ko itegeko ryo gufunga bidasubirwaho ibyo biro ryasohotse ku wa 28 Gashyantare’.

Yavuze ko abakozi b’ibyo biro basanzwe bakorana n’abayobozi b’u Burundi mu kugaragaza ibibangamira uburenganzira bwa muntu, asaba impande zombi gukomeza ibiganiro bigamije gushaka igisubizo kirambye.

Guverinoma y’u Burundi ishinja iryo shami gukora raporo z’ibinyoma ziyishinja gukandamiza uburenganzira bwa muntu. Umuvugizi wayo, Jean-Claude Karerwa, yavuze ko ‘U Burundi nta nkunga z’amahanga ku burenganzira bwa muntu bukeneye’.

Mu Ukuboza umwaka ushize nibwo Guverinoma y’u Burundi yamenyesheje Umuhuzabikorwa wa Loni muri iki gihugu, Garry Conille, ko ishami ryayo rishinzwe uburengenzira bwa muntu rigomba guhagarara gukora, rikanimura abakozi baryo ndetse mu mezi abiri rigafunga burundu.

Yavuze ko umwanzuro wafashwe mu rwego rwo gukumira imyitwarire ya Loni yo gushaka kwivanga mu budahangarwa bwa Leta no kuvanga uburenganzira bwa muntu na politiki.

Ibi biro by’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu byafunguwe mu 1995, bifunze imiryango nyuma y’ifunga ry’Umuryango Handicap International wanga kubahiriza itegeko rishya, risaba imiryango mpuzamahangaikorera mu Burundi gutanga akazi hakurikijwe ijanisha ryagenwe ku Bahutu n’Abatutsi.

Muri 2017, ibiro by’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu byagabweho igitero n’abantu batandatu aho abaturiye ibi biro bemeje ko hari nka saa yine za mu gitondo ubwo abantu bitwaje ibirwanisho binjiraga barasa amasasu muri ibi biro biri mu Mujyi wa Bujumbura. Byaje kumenyekana ko hari ibintu byibwe, mu gihe abakozi bahakora bahise basabwa gutaha. Nyuma ngo hakaba hongerewe abasirikare bo kuharinda bafasha abari bahasanzwe baharinda umutekano.

Ibi biro bya Loni bisanzwe bishinjwa n’ubutegetsi bw’u Burundi gusohora ibyegeranyo birimo amakosa ku Burundiajyanye no kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Guverinoma y’u Burundi imaze igihe ishinjwa n’Umuryango w’Abibumbye gukora ubwicanyi bukabije ndetse unasaba ko ababugizemo uruhare bakurikiranwa.

2019-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019
“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Ubwanditsi 22 Feb 2025
Perezida Museveni  n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Perezida Museveni n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Ubwanditsi 05 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Bazibaza
    March 5, 20197:24 am -

    Ese UN (ONU) ni hovyo hovyo bene aka kageni? Iyo umuntu abishatse arayihambiriza? Mbega!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Isi yose hovyo hovyo imbere ya Nkurunziza!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Bagende maze babone uko bica uko bashatse? Ibi ni nka bimwe bya UN mu Rwanda byo gusiga abantu mu Kangaratete!!!!!!! Kuki ibihugu bitabyamaganye???????. Kabone n’ u Rwanda kweri???

    NJYEWE NDABYAMAGANYE KU MUGARAGARO. aBAKOZI BA UN si abakozi b’Uburundi.

    Subiza

Leave a Reply to Bazibaza Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo
Mu Rwanda

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru