• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018 IMIKINO

Brazil iri mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, yongeye kwigaragaza mu mukino wa nyuma w’amatsinda itsinda Serbia ibitego bibiri ku busa, ikaba igomba kuzahura na Mexique muri 1/8.

Ibihugu bimwe byaje mu gikombe cy’Isi bihabwa amahirwe yo kucyegukana ntibyabashije kugaragaza ishingiro ry’icyizere byagirirwanga harimo Argentine ya Lionel Messi yabonye itike ya 1/8 bigoranye naho u Budage bwari bufite iri rushanwa riheruka bukaba bwarasezerewe butarenze amatsinda.

Brazil nayo yageze ku munsi wa nyuma w’imikino y’amatsinda itarizera itike bidasubirwaho ndetse yari iri mu byago ko mu gihe yatsindwa na Serbia yahita itaha ariko ibifashijwemo na Paulinho na Thiago Silva yabyitwayemo neza itsinda ibitego 2-0 ihita yerekeza muri 1/8.

Iyi kipe yazamutse ari iya mbere n’amanota arindwi mu itsinda E ikurikiwe n’u Busuwisi bufite atanu, mu cyiciro gikurikira izahura na Mexique yazamutse ari iya kabiri mu itsinda F naho u Busuwisi bwisobanure na Suède.

Kuri uyu wa Kane saa 16h00, hategerejwe umukino ukomeye cyane hagati y’u Bwongereza n’u Bubiligi, aya makipe ataratakaza inota na rimwe akaba arwanira kuzamuka ayoboye itsinda G mu gihe Panama na Tunisia zamaze gusezererwa ziraba zikinira icyubahiro.

Harakurikiraho umukino utegerejwe n’Abanya-Afurika bose ubwo ikipe imwe rukumbi igifite amahirwe yo kurenga itsinda muri eshanu zari zaserukiye uyu mugabane, Sénégal iraba ikina na Colombia saa 20h 00, nta yindi mibare ibayemo itsinda ikaza guhita ibona itike ya 1/8 zanganya bikaba amahirwe ya Sénégal.

Mu gihe uyu mukino warangira amakipe yombi anganya, u Buyapani ntibubashe gutsinda Pologne mu mukino wa kabiri muri iri tsinda, byashyira Keisuke Honda na bagenzi be mu byago byo gusezererwa kuko Colombia yaba ifite amanota ane kandi ariyo izigamye ibitego byinshi.

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Ubwanditsi 31 May 2018
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye
HIRYA NO HINO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019
Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1
IMIKINO

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru