• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gakwerere Moses utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari ka Taba, Umudugudu wa Taba, yagize amahirwe yo kugaruka mu Rwanda ku wa gatanu tariki 21 Kamena 2019 nyuma yo gufatirwa muri Uganda akahafungirwa mu gihe cy’amezi atatu azira akarengane nk’uko abisobanura.

Gakwerere avuga ko yagiye muri Uganda tariki 07 Mutarama 2019 agiye mu kazi yari asanzwe akorayo k’ubworozi. Tariki 13 Werurwe 2019 ubwo yari mu nzira agaruka mu Rwanda avuye mu Majyaruguru ya Uganda mu Karere ka Gulu, yuriye imodoka araza, bageze ahitwa Ruhwero, imodoka ibapfiraho, bayivamo kugira ngo ibanze ikorwe bajya gushaka icyo kunywa.

Aho muri resitora yasanzemo abantu, bumva avuga ikinyarwanda kuri telefoni ubwo umugore we yari amuhamagaye. Arangije kuvugira kuri telefoni ngo baramwegereye baramusuhuza bamubaza aho ava n’aho ajya, ababwira ko avuye ku kazi, akaba atashye iwe mu rugo mu Rwanda.

Ngo baramubwiye ngo ubwo imodoka yari arimo yapfuye, aze bamugeze i Kampala aho ategera imodoka zijya mu Rwanda. Gakwerere yarabyemeye ajya mu modoka yabo ariko abona yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala, batangira kumubaza igihe yatorokeye igisirikare.

Ati “Mu by’ukuri, nitwa jye sindakora igisirikare. Igisirikare si ukwiba ngo ngikoze byaba ari ishyano ariko sinigeze ngikora kuko wenda ayo mahirwe ntayabonye.”

Gakwerere yabasobanuriye ko atigeze ajya mu gisirikare ariko banga kubyumva, bamukuramo inkweto bamwaka n’igikapu yari afite, abisiga aho, barangije bamwuriza imodoka bamujyana ahitwa Makindye asangayo abandi Banyarwanda bagera kuri 40 bafungiweyo. Bamwe ngo bari intere kubera gukubitwa abandi bakaba bafite ibikomere ntibinaborohere kubona ubuvuzi.

Gakwerere avuga ko hashize amezi atatu afungiweyo akaba ari we wa mbere bafunguye muri abo bandi bose bahafungiwe.

Icyo gihe ahafungiye ngo hari abantu bavugaga ikinyarwanda bakamwegera bakamushishikarizaga kujya ku ruhande rwabo niba ashaka kuba muzima. Icyakora ngo yayoberwaga abo ari bo kuko yabonaga afungiye ahasanzwe hakorera inzego z’umutekano za Uganda, mu gihe abandi bo basaga n’Abanyarwanda, kuko harimo uwamubwiye ko ari uwo mu Mutara, undi amubwira ko ari uwo hakurya yo mu Mutara i Ntungamo.

Ngo yabazaga n’icyo azira ntibamubwire, dore ko yambutse muri Uganda afite ibyangombwa anyuze no mu nzira zemewe.

Hagati aho abamufashe tariki 13 Werurwe bavugaga ko ari Abanyarwanda ntiyongeye kubabona.

Avuga ko Abanyarwanda ari bo bafata abandi Banyarwanda bakabashyikiriza inzego z’umutekano za Uganda ngo zibafunge.

Gakwerere yarafunguwe ariko yibwa amafaranga ye

Tariki 18 Kamena 2019, umunyankole umwe w’umu-Captain mu ngabo za Uganda ngo yaramuhamagaye hanze amubaza niba uwamurekura yataha, Gakwerere yikiriza atazuyaje ko yahita ataha kuko n’ubundi bamufashe ari mu nzira ataha.

Bukeye bwaho ku wa gatatu tariki 19 Kamena, uwo musirikare yaragarutse, asaba ko bamusohora, baramurekura arataha.

Ngo bamusubije n’igikapu yari afite ariko asanga baramutwariye amafaranga.

Ati “Biteye isoni kubona bajya mu gikapu cy’umuhashyi nkanjye bagakuramo utwari turimo.”

Gakwerere avuga ko yari afitemo ibihumbi 712 by’Amashilingi ya Uganda, ni nk’ibihumbi 176 by’Amafaranga y’u Rwanda, batwara ibyo bihumbi 700 basigamo ibihumbi 12, ni ukuvuga ko bamusigoye abarirwa mu bihumbi bibiri na magana icyenda (2,900) by’amafaranga y’u Rwanda.

Indangamuntu ye na yo yarayibonye ariko akandiko k’inzira babahera ku mupaka asanga nta karimo mu byo bamusubije.

Abamurekuye ngo baramutwaye bamugeza i Kampala ahakorera imodoka za Trinity ziza mu Rwanda, agezeyo atekerereza abakozi b’izo modoka ibyamubayeho, bamugira inama yo kujya kuri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, barahamwereka ajyayo, Ambasade imufasha kugaruka mu Rwanda.

Mu iyicarubozo avuga ko yakorewe harimo kuba yaramaze iminsi itatu atarya, atanywa amazi, atanakaraba. Afite ku mubiri ibimenyetso bigaragara ko yarwaye indwara ziterwa n’umwanda, akavuga ko yazirwariye aho yari afungiwe. Ngo babimukoreraga bashaka ko azemera ku ngufu ko yahoze mu gisirikare, kandi we ngo ntacyo yigeze ajyamo.

Gakwerere atekereza ko hari umutwe urwanya Leta y’u Rwanda ukorana n’inzego z’umutekano za Uganda kuko bafata Abanyarwanda biganjemo abasore n’abagabo bakiri bato bakabasaba kujya ku ruhande rwabo.

Umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa wa RNC umaze igihe uvugwaho gukorana n’inzego z’umutekano za Uganda mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Gakwerere atekereza ko ayo mafaranga basanze mu byangombwa bye bakayatwara ashobora kuba ari yo yatumye bamurekura. Ashimira Ambasade y’u Rwanda yamufashije kugaruka, akagira inama abandi Banyarwanda bari mu Rwanda kumvira inama Leta y’u Rwanda ibagira yo kwirinda kujya muri Uganda mu gihe hakiri ibibazo byo guhohotera Abanyarwanda bajyayo, ndetse ntibanashyikirizwe ubutabera, ahubwo bagakorerwa ihohoterwa n’iyicarubozo, ari nako bakoreshwa imirimo y’agahato.

2019-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Inama nyirizina ya OIF yatangiye  kuri uyu wa Kane

Inama nyirizina ya OIF yatangiye kuri uyu wa Kane

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Ubwanditsi 10 Feb 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Gapfizi
    June 24, 201910:32 am -

    Gakwerere ati amafranga batwaye mu gikapu cyanjye umenya ariyo yatumye bandekura, kuki se batamurekuye kare kose niba ari amafaranga bishakiraga? Harimo utuntu twinshi tutumvikana muri ino nkuru, muri Gulu yakoreragayo ubworozi nyabaki? Ese yageze Gulu atarakandagira na rimwe iKampala ko wumva naho yategeye Trinity yaheretswe n’abandi bantu? There is something which is smelling rotten.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.
Amakuru

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Ubwanditsi 02 Jul 2021
Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru