• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gakwerere Moses utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari ka Taba, Umudugudu wa Taba, yagize amahirwe yo kugaruka mu Rwanda ku wa gatanu tariki 21 Kamena 2019 nyuma yo gufatirwa muri Uganda akahafungirwa mu gihe cy’amezi atatu azira akarengane nk’uko abisobanura.

Gakwerere avuga ko yagiye muri Uganda tariki 07 Mutarama 2019 agiye mu kazi yari asanzwe akorayo k’ubworozi. Tariki 13 Werurwe 2019 ubwo yari mu nzira agaruka mu Rwanda avuye mu Majyaruguru ya Uganda mu Karere ka Gulu, yuriye imodoka araza, bageze ahitwa Ruhwero, imodoka ibapfiraho, bayivamo kugira ngo ibanze ikorwe bajya gushaka icyo kunywa.

Aho muri resitora yasanzemo abantu, bumva avuga ikinyarwanda kuri telefoni ubwo umugore we yari amuhamagaye. Arangije kuvugira kuri telefoni ngo baramwegereye baramusuhuza bamubaza aho ava n’aho ajya, ababwira ko avuye ku kazi, akaba atashye iwe mu rugo mu Rwanda.

Ngo baramubwiye ngo ubwo imodoka yari arimo yapfuye, aze bamugeze i Kampala aho ategera imodoka zijya mu Rwanda. Gakwerere yarabyemeye ajya mu modoka yabo ariko abona yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala, batangira kumubaza igihe yatorokeye igisirikare.

Ati “Mu by’ukuri, nitwa jye sindakora igisirikare. Igisirikare si ukwiba ngo ngikoze byaba ari ishyano ariko sinigeze ngikora kuko wenda ayo mahirwe ntayabonye.”

Gakwerere yabasobanuriye ko atigeze ajya mu gisirikare ariko banga kubyumva, bamukuramo inkweto bamwaka n’igikapu yari afite, abisiga aho, barangije bamwuriza imodoka bamujyana ahitwa Makindye asangayo abandi Banyarwanda bagera kuri 40 bafungiweyo. Bamwe ngo bari intere kubera gukubitwa abandi bakaba bafite ibikomere ntibinaborohere kubona ubuvuzi.

Gakwerere avuga ko hashize amezi atatu afungiweyo akaba ari we wa mbere bafunguye muri abo bandi bose bahafungiwe.

Icyo gihe ahafungiye ngo hari abantu bavugaga ikinyarwanda bakamwegera bakamushishikarizaga kujya ku ruhande rwabo niba ashaka kuba muzima. Icyakora ngo yayoberwaga abo ari bo kuko yabonaga afungiye ahasanzwe hakorera inzego z’umutekano za Uganda, mu gihe abandi bo basaga n’Abanyarwanda, kuko harimo uwamubwiye ko ari uwo mu Mutara, undi amubwira ko ari uwo hakurya yo mu Mutara i Ntungamo.

Ngo yabazaga n’icyo azira ntibamubwire, dore ko yambutse muri Uganda afite ibyangombwa anyuze no mu nzira zemewe.

Hagati aho abamufashe tariki 13 Werurwe bavugaga ko ari Abanyarwanda ntiyongeye kubabona.

Avuga ko Abanyarwanda ari bo bafata abandi Banyarwanda bakabashyikiriza inzego z’umutekano za Uganda ngo zibafunge.

Gakwerere yarafunguwe ariko yibwa amafaranga ye

Tariki 18 Kamena 2019, umunyankole umwe w’umu-Captain mu ngabo za Uganda ngo yaramuhamagaye hanze amubaza niba uwamurekura yataha, Gakwerere yikiriza atazuyaje ko yahita ataha kuko n’ubundi bamufashe ari mu nzira ataha.

Bukeye bwaho ku wa gatatu tariki 19 Kamena, uwo musirikare yaragarutse, asaba ko bamusohora, baramurekura arataha.

Ngo bamusubije n’igikapu yari afite ariko asanga baramutwariye amafaranga.

Ati “Biteye isoni kubona bajya mu gikapu cy’umuhashyi nkanjye bagakuramo utwari turimo.”

Gakwerere avuga ko yari afitemo ibihumbi 712 by’Amashilingi ya Uganda, ni nk’ibihumbi 176 by’Amafaranga y’u Rwanda, batwara ibyo bihumbi 700 basigamo ibihumbi 12, ni ukuvuga ko bamusigoye abarirwa mu bihumbi bibiri na magana icyenda (2,900) by’amafaranga y’u Rwanda.

Indangamuntu ye na yo yarayibonye ariko akandiko k’inzira babahera ku mupaka asanga nta karimo mu byo bamusubije.

Abamurekuye ngo baramutwaye bamugeza i Kampala ahakorera imodoka za Trinity ziza mu Rwanda, agezeyo atekerereza abakozi b’izo modoka ibyamubayeho, bamugira inama yo kujya kuri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, barahamwereka ajyayo, Ambasade imufasha kugaruka mu Rwanda.

Mu iyicarubozo avuga ko yakorewe harimo kuba yaramaze iminsi itatu atarya, atanywa amazi, atanakaraba. Afite ku mubiri ibimenyetso bigaragara ko yarwaye indwara ziterwa n’umwanda, akavuga ko yazirwariye aho yari afungiwe. Ngo babimukoreraga bashaka ko azemera ku ngufu ko yahoze mu gisirikare, kandi we ngo ntacyo yigeze ajyamo.

Gakwerere atekereza ko hari umutwe urwanya Leta y’u Rwanda ukorana n’inzego z’umutekano za Uganda kuko bafata Abanyarwanda biganjemo abasore n’abagabo bakiri bato bakabasaba kujya ku ruhande rwabo.

Umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa wa RNC umaze igihe uvugwaho gukorana n’inzego z’umutekano za Uganda mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Gakwerere atekereza ko ayo mafaranga basanze mu byangombwa bye bakayatwara ashobora kuba ari yo yatumye bamurekura. Ashimira Ambasade y’u Rwanda yamufashije kugaruka, akagira inama abandi Banyarwanda bari mu Rwanda kumvira inama Leta y’u Rwanda ibagira yo kwirinda kujya muri Uganda mu gihe hakiri ibibazo byo guhohotera Abanyarwanda bajyayo, ndetse ntibanashyikirizwe ubutabera, ahubwo bagakorerwa ihohoterwa n’iyicarubozo, ari nako bakoreshwa imirimo y’agahato.

2019-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Ubwanditsi 19 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Gapfizi
    June 24, 201910:32 am -

    Gakwerere ati amafranga batwaye mu gikapu cyanjye umenya ariyo yatumye bandekura, kuki se batamurekuye kare kose niba ari amafaranga bishakiraga? Harimo utuntu twinshi tutumvikana muri ino nkuru, muri Gulu yakoreragayo ubworozi nyabaki? Ese yageze Gulu atarakandagira na rimwe iKampala ko wumva naho yategeye Trinity yaheretswe n’abandi bantu? There is something which is smelling rotten.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri
Amakuru

Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Ubwanditsi 10 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru