• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jan 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda Gervais “Ken” Ngombwa ukurikiranweho kubeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika byamenyekanye ko n’inkiko Gacaca zamukatiye imyaka 30.

Ikinyamakuru The Gazette kivuga ko kuwa Kane urukiko rwategetse ko Ngombwa aguma mu buroko kuko ngo iperereza ryakozwe ryasanze mu Rwanda yarakatiwe n’inkiko Gacaca kubera uruhare yaketsweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu wa 1994.

Umwe mu bashinzwe iperereza witwa Michael Fischels yaje mu Rwanda aho yasanze hari amadosiye yerekana ko Ngombwa yashinjwe uruhare muri Jenoside maze agakatirwa igifungo cy’imyaka 30 adahari.

Uyu mugabo w’imyaka 56 yahamijwe kandi kubeshya inzego za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishinzwe abinjira n’abasohoka agamije guhabwa ubwenegihugu, kunyura mu nzira zitemewe ashaka ubwenegihugu no guhimba ibinyoma abeshya abakozi b’uru rwego.

Ibimenyetso byagaragaje ko Ngombwa yahimbye ibinyoma kugira ngo we n’umuryango we babone ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo we n’izindi mpunzi bimurirwaga muri iki gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Fischels avuga ko abatangabuhamya mu rubanza rwa Ngombwa bagaragaje ko uyu mugabo yari mu bagize MDR-Power kandi ngo yanarashe abantu ndetse yanatwaraga mu modoka ye Interahamwe.

-1898.jpg

Ngombwa Gervais akurikiranweho kubeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika (Ifoto Internet)

John Burns wunganira Ngombwa mu by’amategeko yabajije urukiko iby’uko umukiriya we yabaye mu Budage maze Fischels yemeza ko ayo makuru batayafite kandi ko atazi ko hari undi muntu witwa Gervais Ngombwa mu Rwanda.

Umucamanza Judge Linda Reade avuga ko Ngombwa batamukatira igihano mu gihe mu hari ibyo atarireguraho mu Rwanda kuko baramutse bafashe umwanzuro byatuma atoroka ubutabera.

Source: Izuba rirashe

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe  mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Icyerekezo gishya  2050:  Umuturage  azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Col Habyarimana wa FDLR yatawe muri yombi

Col Habyarimana wa FDLR yatawe muri yombi

Ubwanditsi 25 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yageze muri Qatar yitabiriye inama ku ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire
Mu Rwanda

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Ubwanditsi 11 Oct 2017
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba
Amakuru

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru