• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Ubwanditsi 15 Jun 2018 UBUKERARUGENDO

Ikompanyi Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, yahawe uburenganzira bwo gukorera ingendo muri Singapore, u Rwanda narwo rwemerera Singapore Airlines gukorera ingendo ku butaka bwarwo.

Kuri uyu wa Kane u Rwanda na Singapore byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege, aha uburenganzira kompanyi z’indege z’ibihugu byombi kubikoreramo nta mananiza.

Aya masezerano yasinyiwe i Kigali, u Rwanda ruhagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Jean de Dieu Uwihanganye naho Singapore ihagarariwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Koh Poh Koon, wari mu itsinda riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije, Tharman Shanmugaratnam, ryari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yavuze ko aya masezerano ari amahirwe akomeye mu kwagura ingendo za RwandAir no mu mikoranire na Kompanyi ya Singapore Airlines, ifite ubunararibonye bukomeye.

Yagize ati “Gusinya aya masezerano biraduha amahirwe yo kwagura ibyerekezo byacu muri Aziya, ubu tujya Mumbai, umwaka utaha tuzajya Guangzhou, ni ibintu bishimishije kuri twe. Biraduha kandi amahirwe y’imikoranire na Kompanyi y’indege ya Singapore, dukeneye gusangira ubunararibonye yaba mu mikorere y’indege n’ibindi.”

Akomeza avuga ko RwandAir yifuza kugirana ubufatanye bwimbitse na Singapore Airlines, kugira ngo iyigireho nayo ibashe gutera imbere.

U Rwanda rusanzwe rufitanye amasezerano atandukanye na Singapore mu bijyanye n’ubwikorezi bw’indege, aho ibihugu byombi bisangira ubunararibonye, amahugurwa no kubaka ubushobozi bw’abakozi. Kugeza ubu hari Abanyarwanda 17 basoje aya mahugurwa binyuze muri ubu bufatanye.

Mu ruzinduko rw’itsinda ry’Abanya-Singapore mu Rwanda, impande zombi zanaganiriye ibijyanye n’imicungire y’abakozi, ubwikorezi bw’indege, iterambere ry’urwego rw’imari, uburyo burambye bwo gucunga neza ubutaka, kwita ku bidukikije n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, yavuze ko hari byinshi ibihugu byombi bisanzwe bifatanya ariko umubano mwiza bifitanye ugiye gukomereza no mu kwagura ubufatanye mu iterambere ry’urwego rw’imari, ubwikorezi bw’indege no gucunga abakozi nka rimwe mu ibanga ry’iterambere rya Singapore.

Yagize ati “U Rwanda ni igihugu cyanyuze mu bizazane ibihugu bike cyane byanyuzemo mu myaka nka 20 ishize, twumva dufite inshingano zo gufatanya namwe tukabasangiza ubunararibonye dufite, ntabwo ari ubufatanye twabara mu nyungu aka kanya ariko twizera ko uko imyaka ihita buzagera aho buri mpande zombi zibyungukiramo.”

Ubufatanye bwa Singapore n’u Rwanda kandi bwitezweho kongera ubucuruzi. Ibyo u Rwanda rwoherezayo bingana na miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika ku mwaka, mu gihe ibyo Singapore yohereza bingana na miliyoni eshanu z’amadolari ku mwaka. U Rwanda rwoherezayo cyane cyane ikawa, icyayi n’ubuki.

Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo

2018-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo

Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Ubwanditsi 22 Apr 2019
U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika
Amakuru

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe
INKURU NYAMUKURU

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru