• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Tariki ya 4 Gashyantare 2025, Televiziyo yo muri Amerika CNN yatangaje ikiganiro yagiranye na Perezida Kagame, ariko nyuma umuvugizi w’ibiro bya Perezida Kagame Madamu Stephanie Nyombayire ashyira umucyo ku byo Perezida Kagame yatangaje byagoretswe nkana kugirango bihure n’umurongo bashaka cyane cyane ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo birengagiza impamvu nyamukuru y’ibibazo bihora murikariya gace

Mu byo Perezida Kagame yavuze ariko bikagorekwa ibindi ntibabitambutse ni uko FDLR ifitanye isano kandi ifashwa n’ibihugu byo mu karere. Kuba ibihugu byo mu muryango wa SADC byaraje bivuga ko bije kurwanya umutwe wa M23 ahubwo intego yabyo ni ukurwanya u Rwanda no guhindura ubutegetsi bwatowe n’Abanyarwanda. Tubibutse ko Perezida Tshisekedi na Perezida Ndayishimiye bavuze kenshi ko bazafasha abarwanya u Rwanda guhirika ubutegetsi bwa Perezida Kagame.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rwicara ngo rurebere ahubwo ruzarengera ubusugire bwarwo. Perezida Kagame kandi yatangaje ko yubaha ubusugire bw’ibindi bihugu ariko ko n’ubusugire bw’u Rwanda nabwo bugomba kubahirizwa. Nta busugire bw’igihugu buruta ubundi iri hame rigomba kubahirizwa.

Umuryango Mpuzamahanga ukomeza kurega u Rwanda ninawo watumye FDLR igizwe nabasize bakoze Jenoside mu Rwanda baba muri Congo imyaka 30 irashize. Mu myaka 25 bakoresheje miliyari zisaga 40 z’amadorali ariko hakomeje kuba isibaniro ry’imitwe y’iterabwoba. Ikibazo kiroroshye kucyumva ahubwo abantu baragikomeza kugirango batagira icyo babikoraho. N’umuntu w’umuswa kumva iki kibazo byamworohera.

Ntamuntu numwe ushishikajwe n’intambara, simpamya neza ko na Perezida Tshisekedi ashishikajwe n’intambara ariko yayishowemo n’abantu bamweretse ko bazamurwanirira. Iyo bataza kubikora wenda yari kubona inyungu zo kwimakaza amahoro.

Ndavuga ku kurinda igihugu cyanjye kuko nzi neza ko hari ibyago bicyugarije. Nshinzwe inshingano zo kuyobora igihugu no gukora ibishoboka ngo amahoro aboneke.

Ikintu cy’ingenzi ku Rwanda ni uko tugomba kwirinda. Mu mitwe yacu, twumva ko nta muntu uzaba ahari ku bwacu. Mumyumvire yacu turabizi neza kontawe uzadushakira umutekano Atari twebwe ubwacu, ntawe uzahatubera. Twarabibonye muri 1994. Ibyo byatumye dushyira imbaraga mu mutekano, no mu bwirinzi ibindi bizivugira.

2025-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017
AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi

AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi

RUSHYASHYA 20 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho
IMIKINO

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma,  yapfuye ahagaze
POLITIKI

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru