• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017 Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zongeye gutegura ibikorwa byahariwe icyumweru cy’ingabo (Army week) gikorwamo ibikorwa binyuranye bifasha abaturage cyane abatishoboye kugira imibereho myiza no guca ukubiri n’ubukene, aho icy’uyu mwaka kizanye umwihariko udasanzwe.

Bimwe mu bikorwa bigaragara muri iki cyumweru, harimo ubuvuzi bw’indwara zitandukanye butangwa n’Ingabo z’igihugu ku buntu, kubaka no gusana ibikorwaremezo bitandukanye n’ibindi byakorwaga mu gace runaka kabaga katoranyijwe.

Umwihariko wa Army week 2017

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko icyumweru cy’ingabo cy’uyu mwaka gifite umwihariko udasanzwe haba mu mikorere, ibizakorwa, igihe kizamara, dore ko byari bimenyerewe ko imara icyumweru, ariko iy’uyu mwaka izamara amezi abiri.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Réne Ngendahimana, aganira n’itangazamakuru yagize ati “Ni icyumweru cy’ingabo kidasanzwe bitewe n’uko ibikorwa biteganyijwe bitandukanye n’ibyo twajyaga dukora nko mu karere kamwe cyangwa se mu gice kimwe cy’igihugu, ubu noneho bizafata igihugu cyose. Uturere twose hari ibikorwa bizakorerwayo by’umwihariko nk’ubuvuzi buzazenguruka uturere twose tw’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, bizafata igihe kinini; birenze icyumweru nk’uko byari bimenyerewe kuko bizatangira ejo [ku wa 4 Gicurasi] bizagere muri Nyakanga.”

Ingabo z’u Rwanda zigiye gutanga umusanzu mu gutunganya ibishanga

Lt Col Ngendahimana yavuze ko mu bizakorwa muri iki cyumweru cyahariwe ingabo, harimo ubuvuzi buzatangwa ku buntu mu bitaro hafi ya byose mu gihugu, habagwa abantu bafite uburwayi bwarengeranye kubera ubushobozi buke, kuvura amaso, indwara z’abagore, iz’ubuhumekero n’iz’amenyo.

Hazasanwa ndetse hanubakwe ibiraro, aho biteganyijwe ko ibigera kuri 18 biri hirya no hino mu gihugu bizasanwa; hazubakwa inzu 1,120 z’abatishoboye, ibigo nderabuzima 21 bizahabwa amazi n’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba; hazubakwa ndetse hasanwe ibyumba by’amashuri 100 n’ubwiherero 168; ingo ibihumbi 100 nazo zizahabwa umuriro udashingiye ku muyoboro mugari.

Ingabo z’igihugu kandi zifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa, bazanakora ubukangurambaga cyane mu mashuri abanza n’ayisumbuye bugamije kurengera ibidukikije haterwa ibiti mu bice binyuranye.

Ingabo z’u Rwanda kandi zizatanga umusanzu mu gutunganya ibishanga biri ku buso bwa hegitari 14.203.

Lt Col Ngendahimana ati “ Ibishanga byatoranyijwe hirya no hino mu gihugu bidakoreye ndetse binagoye kuba abaturage babibyaza umusaruro […] ni muri urwo rwego tuzabafasha kubitunganya kugira ngo bibe byakwifashishwa.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yemeza ko kuva ibi bikorwa byatangira mu 2009, bimaze gutanga umusaruro ugaragara ku gihugu no kugirira akamaro abagituye kuko bahabwaga serivisi zitandukanye ku buntu kandi batari babyiteze.

Ibikorwa byo gutangiza Army week bizabera mu gihugu hose kuva kuri uyu wa Kane, ariko hatoranyijwe ahantu hatanu bizatangirizwa ku mugaragaro nk’aho mu Mujyi wa Kigali bizabera mu Karere ka Kicukiro; mu Ntara y’u Burasirazuba ni mu Karere ka Nyagatare; mu Burengerazuba bizatangirizwa mu Karere ka Rutsiro na Nyamasheke, mu Majyaruguru bizakorerwa i Gakenke naho mu Majyepfo bizatangirizwa mu Karere ka Gisagara.

-6456.jpg

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Réne Ngendahimana, mu kiganiro n’itangazamakuru

Source: IGIHE

2017-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Ubwanditsi 05 Apr 2017
Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe
SHOWBIZ

Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda
IMIKINO

Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda
Amakuru

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru