• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Ubwanditsi 29 Apr 2017 ITOHOZA

Mu kiganiro Agatha Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal yagiranye n’umunyamakuru Peter Verlinden yabajijwe kubijyanye nibyo Radio RTLM yatangazaga maze asubiza ko we na Habyarimana batigeze bumva iyo Radio n’umunsi numwe. Kanziga yavuze ko umukozi we wo murugo ariwe wamubwiraga ko radio RTLM irimo guhangana n’indi yitwa MUHABURA ariko we atigeze ayumva nabusa.

Umunyamakuru yamubajije ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi maze avuga ko atigeze amenya ko mu Rwanda Abatutsi bari kwicwa ahubwo ngo yabimenye taliki 10/04/1994 ubwo yari ageze mu gihugu cy’ubufaransa we n’umuryango we.

Kanziga agaragazwa n’abashakashatsi benshi nk’umuntu wari ufite ijambo n’ububasha bukomeye k’umugabo we ndetse n’ubutegetsi bwariho mbere ya Jenoside no mugihe yabaga, cyane cyane kubera inkomoko ye (akomoka mu majyaruguru) ndetse n’Akazu yabanagamo n’abandi bavugaga rikijyana icyo gihe.

Na nyuma yaho Habyarimana ahanuriwe mu ndege, Kanziga yakomeje kugira uruhare rukomeye mu byemezo byafatwaga muri Jenoside. Yagize ijambo mw’ishyirwaho ry’uwari umukuru w’ingabo wari uzwiho kwanga Abatutsi. Nkuko byagiye bitangwaho ubuhamya, Kanziga ari mu bayobozi bishimiye iyicwa ry’abanya politiki batari bashyigikiye Jenoside.

Ijambo ndetse n’ingufu Kanziga yagiraga byaje kugabanuka igihe yajyanwaga mu Bufaransa n’ingabo zabwo nyuma y’iminsi itatu hishwe umugabo we ngo wari mu mishyikirano “n’inyenzi” kandi umugambi wo kumara Abatutsi wari waranogejwe. Kanziga akigera mu Bufaransa, Francois Mitterand , wari Perezida w’u Bufaransa yamwakirije inkunga ingana na 40,000$ biciye muri ministeri ishinzwe ingengo y’imari, ayo mafaranga yitwa “ubufasha bwihuse ku mpunzi y’umunyarwanda”

Ni akumiro ndetse n’igitangaza kumva Kanziga avuga ko atumvaga ndetse ngo anakurikirane Radio RTLM yashinzwe n’ishyaka rya MRND kugira ngo ibe inzira yo kunyuzamo ibitekerezo ndetse no gukwirakwiza amacakubiri agamije kurimbura Abatutsi kandi umuyobozi wa MRND yari Habyarimana umugabo we.

Umunsi iyo Radio itangizwa ku mugaragaro habanje igikorwa cyo gukusanya amafaranga hagamijwe kuyitera inkunga, Habyarimana ubwe yatanze miliyoni 1,000,000 hamwe na ba Kabuga Felecien ari ni nabo bayoboraga umurongo wibigomba kuvugirwaho biciye kwa Ngirumpatse.

-6382.jpg
Habyarimana Juvenal kw’isonga ry’abaterankunga ba RTLM

Uretse na RTLM Kanziga Agathe n’umugabo we banateye inkunga ikinyamakuru KANGURA cyamamaye mu gukwirakwiza urwango rw’Abatutsi. Kanziga niwe ubwe wacyishingiye maze akoresha Hassan Ngeze nkagakingirizo kazajya kandika ibyo ubwe yamwibwiriye.

-6381.jpg
Bamwe mu banyapolitiki bishwe muri Jenoside

Taliki ya 13 Mata 2017, ubwo hibukwaga abanyapolitike bazize jenoside yakorewe Abatutsi hari umurinzi w’igihango wari ushinzwe gushyingura abasirikare yatanze ubuhamya avuga ko mu rugo kwa Kanziga haje Abasirikare bakomeye maze abihera ubwe amategeko yo gutangira kurimbura Abatutsi ndetse ayo mategeko yayatanze ari kumwe na mushiki wa Habyarimana wari umubikira. Nibwo ingabo zishinzwe kurinda umutekano wa Perezida zahise zijya kwica abihaye Imana babaga muri Centre Christus bahawe amabwiriza na Kanziga hamwe na Muramukazi we w’umubikira.

Uyu munyamakuru Peter Verlinden wabajije Kanziga ari mu banyamahanga Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko ahamya ko habayeho Jenoside ebyiri, no kurwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Uyu Peter duherutse kumwandikaho inkuru ubwo yashatse guteza akavuyo ariko aza gufungirwa mu kazu; Soma

Cyiza Davidson

2017-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Ubwanditsi 04 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU
Mu Mahanga

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana
ITOHOZA

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru