• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Agatha Kanziga: sinigeze numva radio RTLM na Habyarimana ntayo yumvaga

Ubwanditsi 29 Apr 2017 ITOHOZA

Mu kiganiro Agatha Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal yagiranye n’umunyamakuru Peter Verlinden yabajijwe kubijyanye nibyo Radio RTLM yatangazaga maze asubiza ko we na Habyarimana batigeze bumva iyo Radio n’umunsi numwe. Kanziga yavuze ko umukozi we wo murugo ariwe wamubwiraga ko radio RTLM irimo guhangana n’indi yitwa MUHABURA ariko we atigeze ayumva nabusa.

Umunyamakuru yamubajije ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi maze avuga ko atigeze amenya ko mu Rwanda Abatutsi bari kwicwa ahubwo ngo yabimenye taliki 10/04/1994 ubwo yari ageze mu gihugu cy’ubufaransa we n’umuryango we.

Kanziga agaragazwa n’abashakashatsi benshi nk’umuntu wari ufite ijambo n’ububasha bukomeye k’umugabo we ndetse n’ubutegetsi bwariho mbere ya Jenoside no mugihe yabaga, cyane cyane kubera inkomoko ye (akomoka mu majyaruguru) ndetse n’Akazu yabanagamo n’abandi bavugaga rikijyana icyo gihe.

Na nyuma yaho Habyarimana ahanuriwe mu ndege, Kanziga yakomeje kugira uruhare rukomeye mu byemezo byafatwaga muri Jenoside. Yagize ijambo mw’ishyirwaho ry’uwari umukuru w’ingabo wari uzwiho kwanga Abatutsi. Nkuko byagiye bitangwaho ubuhamya, Kanziga ari mu bayobozi bishimiye iyicwa ry’abanya politiki batari bashyigikiye Jenoside.

Ijambo ndetse n’ingufu Kanziga yagiraga byaje kugabanuka igihe yajyanwaga mu Bufaransa n’ingabo zabwo nyuma y’iminsi itatu hishwe umugabo we ngo wari mu mishyikirano “n’inyenzi” kandi umugambi wo kumara Abatutsi wari waranogejwe. Kanziga akigera mu Bufaransa, Francois Mitterand , wari Perezida w’u Bufaransa yamwakirije inkunga ingana na 40,000$ biciye muri ministeri ishinzwe ingengo y’imari, ayo mafaranga yitwa “ubufasha bwihuse ku mpunzi y’umunyarwanda”

Ni akumiro ndetse n’igitangaza kumva Kanziga avuga ko atumvaga ndetse ngo anakurikirane Radio RTLM yashinzwe n’ishyaka rya MRND kugira ngo ibe inzira yo kunyuzamo ibitekerezo ndetse no gukwirakwiza amacakubiri agamije kurimbura Abatutsi kandi umuyobozi wa MRND yari Habyarimana umugabo we.

Umunsi iyo Radio itangizwa ku mugaragaro habanje igikorwa cyo gukusanya amafaranga hagamijwe kuyitera inkunga, Habyarimana ubwe yatanze miliyoni 1,000,000 hamwe na ba Kabuga Felecien ari ni nabo bayoboraga umurongo wibigomba kuvugirwaho biciye kwa Ngirumpatse.

-6382.jpg
Habyarimana Juvenal kw’isonga ry’abaterankunga ba RTLM

Uretse na RTLM Kanziga Agathe n’umugabo we banateye inkunga ikinyamakuru KANGURA cyamamaye mu gukwirakwiza urwango rw’Abatutsi. Kanziga niwe ubwe wacyishingiye maze akoresha Hassan Ngeze nkagakingirizo kazajya kandika ibyo ubwe yamwibwiriye.

-6381.jpg
Bamwe mu banyapolitiki bishwe muri Jenoside

Taliki ya 13 Mata 2017, ubwo hibukwaga abanyapolitike bazize jenoside yakorewe Abatutsi hari umurinzi w’igihango wari ushinzwe gushyingura abasirikare yatanze ubuhamya avuga ko mu rugo kwa Kanziga haje Abasirikare bakomeye maze abihera ubwe amategeko yo gutangira kurimbura Abatutsi ndetse ayo mategeko yayatanze ari kumwe na mushiki wa Habyarimana wari umubikira. Nibwo ingabo zishinzwe kurinda umutekano wa Perezida zahise zijya kwica abihaye Imana babaga muri Centre Christus bahawe amabwiriza na Kanziga hamwe na Muramukazi we w’umubikira.

Uyu munyamakuru Peter Verlinden wabajije Kanziga ari mu banyamahanga Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko ahamya ko habayeho Jenoside ebyiri, no kurwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Uyu Peter duherutse kumwandikaho inkuru ubwo yashatse guteza akavuyo ariko aza gufungirwa mu kazu; Soma

Cyiza Davidson

2017-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu u Budage bwabaye  indiri ya FDLR

Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ubwanditsi 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo
HIRYA NO HINO

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa  mu Rwanda
ITOHOZA

Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Nov 2016
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano
Mu Mahanga

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru