• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda
Umuherwe Bill Gates n’umugore we Melinda bashinze Umuryango Bill & Melinda Gates Foundation wita ku buzima

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2018 ITOHOZA

Iterambere ry’igihugu ryubakira ku buzima n’imibereho myiza y’abagituye. Uko cyita ku buvuzi bw’ibanze cyorohereza abaturage kubona serivisi zabwo bitanga umusaruro ku hazaza hacyo.

Mu myaka 24 ishize, u Rwanda rwari rufite abaganga b’inzobere 96 bitaga ku baturage miliyoni esheshatu bari barutuye. Umuganga yakurikiranaga abantu 63 000.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye ubuzima bw’abasaga miliyoni, u Rwanda rwatangiye urugendo rwo kubaka igihugu aho ubuvuzi nk’urwego rw’ibanze rwashyizwemo imbaraga zihariye.

Ingamba zafashwe harimo no kwifashisha abajyanama b’ubuzima mu kwita ku barwayi bataragera kwa muganga.

Hagati ya 1995 na 2005, abajyanama b’ubuzima bavuye ku bihumbi 12 bagera ku bihumbi 45. Ubu buri mudugudu mu Rwanda urimo batatu barimo umwe wita ku buzima bw’ababyeyi.

Imibare yo mu 2017 igaragaza ko mu Rwanda hari abajyanama b’ubuzima 45,516 bavura 80% by’indwara. Hagati ya 2010-2017, bavuye abantu 900,000.

Banafashije kugabanya umubare w’impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu uva ku 195/ 1000 mu 2000 ugera kuri 39/1000 mu 2016.

U Rwanda rwanageze ku ntego z’ikinyagihumbi (MDGs) mu buzima, aho impfu z’ababyeyi bapfa babyara zagabanutse ziva kuri 476/ 100 000 mu 2010 zigera kuri 210/ 100 000 mu 2015; ababyarira kwa muganga bava kuri 69% bagera kuri 91%.

Kuri ubu abana 98% bahabwa inkingo zose z’ibanze ndetse buri wese agasuzumwa bihoraho uburwayi bwa Malariya n’Umusonga.

Ababyeyi boroherwa kubona serivizi zo kuboneza urubyaro, kwipimisha no guhabwa inama zituma bibaruka neza.

Iterambere ry’u Rwanda ryizihira abarutuye ndetse amahanga akarivuga imyato. Rishyigikiwe n’ubuyobozi butajegajega, bwimakaje imiyoborere myiza yita ku baturage bose.

Umunyamerika uri mu bafite agatubutse ku Isi, Bill Gates, yatangaje ko urwego rw’ubuvuzi bw’ibanze mu Rwanda amahanga akwiye kubureberaho.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Bill Gates yavuze ko “Ubuvuzi bw’u Rwanda bwabaye icyitegererezo ku bindi bihugu. Intambwe yatewe n’imikorere yimakajwe mu gihugu ikwiye kubera abayobozi bose umusemburo wo kongera imbaraga bashyira mu buvuzi bw’ibanze.”

Ubuzima bwiza bwihutisha uburezi kuri bose, kunoza akazi no kuzamura ubukungu bw’igihugu.

William Henry Gates III w’imyaka 63 afite umutungo ubarirwa muri miliyari 93.8 z’amadolari ya Amerika. Ni umuherwe wa kabiri Isi nyuma ya Jeff Bezos washinze Amazon.

Bill n’umugore we Melinda Gates bashinze Umuryango Bill & Melinda Gates Foundation. Ufasha Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, birimo kuboneza urubyaro, kurinda indwara zikomoka ku mwanda n’izindi.

2018-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza  Leta y’Urwanda

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026
Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa  mu Rwanda

Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20
IMIKINO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi
ITOHOZA

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru