• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda
Umuherwe Bill Gates n’umugore we Melinda bashinze Umuryango Bill & Melinda Gates Foundation wita ku buzima

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2018 ITOHOZA

Iterambere ry’igihugu ryubakira ku buzima n’imibereho myiza y’abagituye. Uko cyita ku buvuzi bw’ibanze cyorohereza abaturage kubona serivisi zabwo bitanga umusaruro ku hazaza hacyo.

Mu myaka 24 ishize, u Rwanda rwari rufite abaganga b’inzobere 96 bitaga ku baturage miliyoni esheshatu bari barutuye. Umuganga yakurikiranaga abantu 63 000.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye ubuzima bw’abasaga miliyoni, u Rwanda rwatangiye urugendo rwo kubaka igihugu aho ubuvuzi nk’urwego rw’ibanze rwashyizwemo imbaraga zihariye.

Ingamba zafashwe harimo no kwifashisha abajyanama b’ubuzima mu kwita ku barwayi bataragera kwa muganga.

Hagati ya 1995 na 2005, abajyanama b’ubuzima bavuye ku bihumbi 12 bagera ku bihumbi 45. Ubu buri mudugudu mu Rwanda urimo batatu barimo umwe wita ku buzima bw’ababyeyi.

Imibare yo mu 2017 igaragaza ko mu Rwanda hari abajyanama b’ubuzima 45,516 bavura 80% by’indwara. Hagati ya 2010-2017, bavuye abantu 900,000.

Banafashije kugabanya umubare w’impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu uva ku 195/ 1000 mu 2000 ugera kuri 39/1000 mu 2016.

U Rwanda rwanageze ku ntego z’ikinyagihumbi (MDGs) mu buzima, aho impfu z’ababyeyi bapfa babyara zagabanutse ziva kuri 476/ 100 000 mu 2010 zigera kuri 210/ 100 000 mu 2015; ababyarira kwa muganga bava kuri 69% bagera kuri 91%.

Kuri ubu abana 98% bahabwa inkingo zose z’ibanze ndetse buri wese agasuzumwa bihoraho uburwayi bwa Malariya n’Umusonga.

Ababyeyi boroherwa kubona serivizi zo kuboneza urubyaro, kwipimisha no guhabwa inama zituma bibaruka neza.

Iterambere ry’u Rwanda ryizihira abarutuye ndetse amahanga akarivuga imyato. Rishyigikiwe n’ubuyobozi butajegajega, bwimakaje imiyoborere myiza yita ku baturage bose.

Umunyamerika uri mu bafite agatubutse ku Isi, Bill Gates, yatangaje ko urwego rw’ubuvuzi bw’ibanze mu Rwanda amahanga akwiye kubureberaho.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Bill Gates yavuze ko “Ubuvuzi bw’u Rwanda bwabaye icyitegererezo ku bindi bihugu. Intambwe yatewe n’imikorere yimakajwe mu gihugu ikwiye kubera abayobozi bose umusemburo wo kongera imbaraga bashyira mu buvuzi bw’ibanze.”

Ubuzima bwiza bwihutisha uburezi kuri bose, kunoza akazi no kuzamura ubukungu bw’igihugu.

William Henry Gates III w’imyaka 63 afite umutungo ubarirwa muri miliyari 93.8 z’amadolari ya Amerika. Ni umuherwe wa kabiri Isi nyuma ya Jeff Bezos washinze Amazon.

Bill n’umugore we Melinda Gates bashinze Umuryango Bill & Melinda Gates Foundation. Ufasha Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, birimo kuboneza urubyaro, kurinda indwara zikomoka ku mwanda n’izindi.

2018-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018
FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC
Amakuru

FERWAFA yunze murya Rwanda Premier League yanga icyifuzo cyo gusubika umukino APR FC ifitanye na Police FC

Ubwanditsi 03 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru