• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2016 ITOHOZA

Amakuru dukesha Agence Bujumbura News mu itohoza ryabo bagaragaza uko, Ubufaransa bushobora kuba bufitemo ikiganza mu bibera i Burundi.

Ibibera I Burundi mu maso y’umuryango mpuzamahanga biteye urujijo. Ni nko kumva induru y’imbwa zimokera impande y’igihuru, imbere harimo ikirura kirimo kwirira umwana w’intama mu mutuzo.

Ariko se Nkurunziza yaba akurahe imbaraga zo kwihererana umwana w’intama uko yishakiye mu maso y’umuryango mpuzamahanga, mu gihe uwo muryango wari wararahiye ko bitazongera, umaze gusiga ibihumbi by’abana n’abagore bitikirira mu Rwanda muri genocide yakorerwaga abatutsi muri 1994?

Kugirango ugire icyo usubiza, wabanza gusubira inyuma ugahera mu mwaka wa 2005, igihe inteko nshinga mategeko y’uburundi yashyiraga ku butegetsi Peter Nkurunziza. Icyo gihe Ubufaransa bwishimiye ko iyo nyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, yazaba ikiraro cyo kuzajegeza Leta y’Urwanda.

-4874.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Urwanda mu maso y’ubufaransa rukaba ruregwa kuba rwaratunze ku mugaragaro urutoki igihugu cy’Ubufaransa muruhare rwagize muri Genocide yatsembye abatutsi muri 1994.

Aho kugirango Bwemere amakosa bwakoze, ahubwo bwarakajwe n’uko ashyizwe ahagaragara. Ubufaransa rero bwahisemo kuba bwakoresha ibikoresho biturutse mu bihugu byo mu karere, bishingikiriza ku nzangano barebye ku moko yiyitirira Banthous, bayangisha abatutsi bo mu karere ko muri Afurika yo hagati.

Ubufaransa bugasa n’uburundarunda imitwe na za leta za kibandi zigaragara muri ako karere kugirango zikomeze zihungize izo nzangano zibyara ubwicanyi budafite ishingiro, ariko bwica.

-4875.jpg

Perezida w’ Ubufaransa Hollande Francois

Ubufaransa bwijeje Nkurunziza, kuzabafasha mu rwego rw’ibikoresho, kugirango basyonyore icyo bita Leta ya Kigali bityo ikibazo cy’abatutsi kirangire burundu.
Baba baranareshyeje Zuma wa Afurika Y’Epfo ,bamuguraho intwaro zizakora muri icyo gikorwa. Bivugwa ko Uburundi bwonyine bwagombaga guhabwa intwaro zihwanye na miliyari eshanu z’amayero.

Uko umugambi wari uteguwe, imirwano yari guturuka mu Burundi.

Niyo mpamvu aribwo bwari guhabwa ibikoresho bihenze, kuko ni nabwo bwari guturukamo abarwanyi benshi. Ibyo aribyo byose ayo mayero ni make, ugereranyije n’indishyi bagombaga guha u Rwanda kubera Genocide bijanditsemo.

Imyiteguro yatangiye 2010. Nkurunziza atorerwa gusubira ku butegetsi, mu buryo abatavuga rumwe na Leta batemeye uko amatora yagenze. Bamwe baricwa abandi batangira guhunga.

-4876.jpg

Imbonerakure za CNDD-FDD

Imbonerakure zitangira imyitozo mu Kibira, no muri rdc, ahahana imbibe n’uburundi. Bavuga izigera ku bihumbi 300, nk’uko byatangajwe na APRODH, iyo myitozo ahanini yatangwaga n’Interahamwe ( abagenocidaire bavuye mu Rwanda), n’abarimu b’abafaransa.

Muri RDC, kabira yirengagiza imyitozo ibera ku butaka bwe, araruca ararumira. Ikihutiwe kwabaye ukurwanya no gukuraho burundu umutwe wa M23, ngo kuko wavugiraga abatutsi bo muri Kongo batotezwaga.

Ingabo za ONU, zari muri Congo, zasabwe kurwanya no kurandura imitwe yitwara gisilikare yose iri mu burasirazuba bwa RDC, irimo M23 n’Interahamwe, yo irandura M23 gusa, Interahamwe na FDLR, irazihorera ziridegembya. Byakozwe mu kanya nk’ako guhumbya, Drone z’abafaransa nizo zarashe M23! Ingabo za Onu, zishatse kurasa Interahamwe na Drones, Gouverinema ya Kabila irabahagarika. Baravuga ngo ikibazo cy’Interahamwe, barakirangiriza. Na n’ubu ziridegembya muri RDC no mu Burundi.

-152.png

Gikwete we yari yahawe ubutumwa bwo gushotora u Rwanda.

Nibwo kumugaragaro yatangaje ko Urwanda rugomba gushyikirana na FDLR, umutwe uri ku rutonde rw’Ibyihebe ku isi. Gikwete niwe wenyine wasobanura aho iyo nama yari ayikuye. Ubu twizera ko Magufuri atakomeza muri iyo nzira kuko ubushake bwiza bwo yatangiye kubugaragaza.

Undi mugabo wo muri kano karere ubufaransa bunyuraho, ni Denis Sassou Ngesso, nawe umaze kwiyongeza za Manda. Mu bumwe na Kabila, intwerarano za Nkurunziza zaba zinyura kuri Sassou Ngesso, nk’uko byanditswe mu busesenguro bwimbitse na Flavio Beltrami.

Intwaro iyo zivuye muri Afurika y’epfo zinyura muri Uvira, naho amafaranga yo ava mu ntoki bwite bwa Sassou Ngesso ajya mu za Nkurunziza ayazaniwe n’intumwa za Sassou. Miliyoni 8 za nyuma z’amayero zazanywe mu ntoki za Okemba, zari zigamije guhemba abasilikare n’abapolisi ibirarane, no guhemba abacancuro.

-4878.jpg

Perezida Denis Sassou yijejwe gutsinda amatora, yongeye gutorerwa kuyobora Congo Brazza

Imyiteguro n’ubushotoranyi byaratangiye, nko kwica abakomoka mu Rwanda batuye mu Burundi, ibyo byose n’ubushotoranyi bwa Nkurunziza, kandi ijisho ry’Ubufaransa riba rirora.

Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Kigali bukurikirana ibyo byose biba umunsi ku munsi bwirinda kugira icyo bwakora ku bushotoranyi bwa Nkurunziza, kugirango hataboneka urwitwazo ngo urwanda rwateye umuturanyi, noneho abari baryamiye amajanja bakabaduka.

Umuyobozi w’ibikorwa ariwe Ubufaransa we, ahora arega Urwanda mu kanama k’umutekano ku isi, ngo nirwo rushaka kwigarurira akarere k’ibiyaga bigari, ibirego bigambiriye kurangaza abashaka kwitegereza ibitegurirwa mu Burundi.

Gahunda yakomejwe gukorwa mu nkokora na societe civile y’i Burundi, yagiye itangaza ibigo by’imyitozo bya gisilikari mu kibira no muri Congo, ikindi ni igenda rya Gikwete, no kwinumira kwa Leta y’Urwanda ntiyikirize ubushotoranyi bwa Nkurunziza n’uduco twe.

-4879.jpg

Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’abanyamakuru Yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi, nk’uko mwese mushobora kubibona, ibyo mu Burundi bimaze gutuza ariko ibibazo ntibyakemutse mu buryo bugaragara. Icyo twakoze nk’igihugu nk’uko twakunze kubigarukaho kenshi no mu bindi biganiro n’abanyamakuru, ni uko uburyo bwiza u Rwanda rwafasha u Burundi kwigobotora [ibibazo rurimo], ari ukugerageza kujya kure/kwirengagiza iby’i Burundi… Byaba ubushotoranyi, byaba imvugo zigamije kwatsa umuriro ndetse n’indi myitwarire ifite impamvu zitumvikana twagiye tubona kuva i Burundi hatangira imudugararo, twafashe umwanzuro wo gutuza, no kumva ko ubwo ari bwo buryo bwiza kuri twe bwo kudakomeza ibintu kurushaho, twizera ko wenda ari n’uburyo bwo kugira uruhare mu gufasha igihugu kwivana mu bibazo bimaze imyaka hafi ibiri…”

Icyatangaje abantu ni ukuntu Pierre Nkurikiye, umuvugizi wa Polisi mu Burundi, avuga ko mu ijoro ryo kuwa mbere, abashatse guhitana Willy Nyamitwe agana iwe, agakomeretswa ukuboko ndetse umurinzi we umwe aricwa undi arakomereka.

Igipolisi cy’u Burundi, ki kaba cyamaze gutangaza ko kugeza ubu umusirikare w’ipeti rya Caporal ari we wamaze gufatwa, ariko akaba yakoranaga na Col Dushimagize Dieudonne bahimba Gangi na Caporal Nduwimana Jean Claude ngo bakorana n’umutwe w’Abarundi bahungiye mu Rwanda hamwe n’umusirikare umwe w’u Rwanda.
Ibi ntibyari biherutse ko u Burundi bushinja u Rwanda kugira uruhare mu bitero bigabwa mu Burundi, nyamara ibi u Rwanda rubyita ubushotoranyi, rukaba rwarahisemo kubigendera kure.

Cyiza Davidson

2016-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017
RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu

RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu

Ubwanditsi 28 Jul 2016
RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo
INKURU NYAMUKURU

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Ubwanditsi 05 Apr 2019
Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda
Amakuru

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso
Amakuru

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru