• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Ubwanditsi 07 Oct 2017 ITOHOZA

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68, ahita atoroka.

Murekatete Bernadette yishwe mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira iryo ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017, iwe mu rugo, mu karere ka Nyanza, umurenge wa Muyira, akagari ka Nyamiyaga mu mudugudu wa Kiniga.

Irakoze Arsene yari umwuzukuru wa Murekatete, yamureze akiri umwana ubwo nyina [umukobwa wa Murekatete] yapfuye amaze amezi 2 amubyaye, uyu mukecuru wishwe yamufataga nk’umwana we, kuko ni we mubyeyi yagiraga.

Mu kiganiro n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muyira, Murenzi Valens, yagiranye n’Itangaza makuru avuga ko uyu musore acyekwaho kuba yishe nyirakuru amunize, amuziza amafaranga.

Agira ati “ni ubusambo n’umururumba byatumye amwica, kuko ngo yahoraga asaba uwo mukecuru amafaranga. Akamubwira ko ntayo. Mu gitondo saa kumi n’ebyiri (06:00) nibwo amakuru yamenyekanye, atanzwe n’akana k’agakobwa k’imyaka 12 kabanaga n’uwo mukecuru, nako yasize akaboshye amaboko n’amaguru, agashyira n’ibitambaro mu kanwa, akabwira ko nigasakuza ataragera kure nako akica”.

Akomeza avuga ko yamwishe arangije ashorera inka y’imbyeyi yabaga aho mu rugo, ajya kuyigurisha mu Ruhango, amafaranga akuyemo ayagira itike, ndetse ko bigaragara ko ari umugambi w’ubwicanyi yari amaze iminsi ategura.

Ati “umukecuru yari afite inka y’imbyeyi yendaga no kubyara, yamaze kumwica amunize arayishorera ajya kuyigurisha mu Ruhango, yayigurishije ibihumbi 240, uwayiguze twakurikiranye turayimwaka ndetse aranafunze hamwe n’umuranga wa yo, n’umumotari watwaye kuri moto uwo musore ubwo yari amaze kuyigurisha”.

-8254.jpg

Irakoze ngo yabaga mu rugo igihe gito, ubundi akaba mu Ruhango na Kigali, yari amaze iminsi ataba mu rugo, yari yaje ejo [ku wa kane tariki ya 5 Ukwakira], ari nabwo mu ijoro yahise yica nyirakuru, Valens agira ati “biragaragara ko yari yaje yacuze umugambi w’ubwicanyi, uwamubona yamenyesha inzego z’umutekano, twizeye ko azafatwa”.

Akomeza avuga ko iperereza ririmo gukorerwa kuri abo 3 bafashwe, ngo barebe ko bamenya aho uwo musore yaba yacikiye, aba bose uko ari 3 bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Busesamana.

2017-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Ubwanditsi 01 Jan 2019
Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Ubwanditsi 05 May 2018
ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Ubwanditsi 24 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 
Amakuru

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Ubwanditsi 01 Jan 2023
DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.
POLITIKI

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara
Mu Mahanga

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru