• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru The Times gisohoka buri munsi mu Bwongereza kikaba kimaze imyaka n’imyaka mu itangazamakuru, gitangiye kujya kita perezida Museveni wa Uganda perezida w’u Rwanda, ku mpamvu umuntu atamenya niba ari ukwibeshya bisanzwe cyangwa hari ikindi kibyihishe inyuma.

Iki kinyamakuru kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Werurwe 2018 kikaba cyasohoye inkuru ivuga kuri perezida Museveni ariko mu mutwe w’inkuru kimwita perezida w’u Rwanda.

Umutwe w’iyi nkuru mu Cyongereza uragira uti: “Africa sleeps too much, says President Museveni of Rwanda”ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ko perezida Museveni w’u Rwanda avuga ko Afurika isinziriye cyane.

Birashoboka ko uku kwaba ari ukwibeshya gusanzwe, ariko na none umuntu yakeka ko iki kinyamakuru kuri uyu wa Gatatu cyari cyabyukanye u Rwanda dore ko cyanakoze izindi nkuru zasohokeye neza isaha imwe n’iyi ya Museveni (12:01am), harimo ivuga uwahoze mu bashinzwe kurinda perezida Kagame witwa Noble Marara kivuga ko yaburiwe ko hari abashaka kumugirira nabi nubwo ngo atabwiwe niba ari leta y’u Rwanda. Iyi nkuru yahawe umutwe ugira uti: “Rwandan exile warned he could be assassinated”

Kuri iyo saha ya saa 12:01am na none kandi, iki kinyamakuru The Times cyasohoye indi nkuru na none ivuga kuri Noble Marara ariko yo kiyiha umutwe mu Cyongereza ugira uti: “Rwanda deserves to be condemned as much as Russia”, ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ko u Rwanda rukwiriye gucibwa urubanza kimwe n’u Burusiya.

Umuntu rero akaba yakwibaza kuri izi nkuru 3 zose zivugamo u Rwanda harimo imwe yita perezida Museveni wa Uganda perezida w’u Rwanda n’izindi 2 zitavuga neza u Rwanda kandi zikaba zasohokeye zose isaha imwe nk’aho zakorewe umunsi umwe zikabikwa zigasohorerwa rimwe.

Ikinyamakuru The Times ni ikinyamakuru gisohoka buri munsi kuva kuwa Mbere kugeza kuwa gatandatu, kikaba ari ikinyamakuru cy’igihugu gifite ikicaro I London.

Cyatangiye gukora mu 1785 kitwa The Daily Universal Register mbere yo gufata izina kitwa kuri ubu kuwa 01 Mutarama 1788 kikaba kimaze imyaka isaga 230 mu kazi k’itangazamakuru.

 

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ubwanditsi 06 May 2019
COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Ubwanditsi 27 Dec 2019
CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 14 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvugizi wa ADEPR Bishop Sibomana ntafunze, nta n’amatora yo kumusimbura yabaye
ITOHOZA

Umuvugizi wa ADEPR Bishop Sibomana ntafunze, nta n’amatora yo kumusimbura yabaye

Ubwanditsi 06 May 2017
Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama
SHOWBIZ

Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Ubwanditsi 14 May 2018
Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.
ITOHOZA

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Ubwanditsi 21 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru