• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru The Times gisohoka buri munsi mu Bwongereza kikaba kimaze imyaka n’imyaka mu itangazamakuru, gitangiye kujya kita perezida Museveni wa Uganda perezida w’u Rwanda, ku mpamvu umuntu atamenya niba ari ukwibeshya bisanzwe cyangwa hari ikindi kibyihishe inyuma.

Iki kinyamakuru kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Werurwe 2018 kikaba cyasohoye inkuru ivuga kuri perezida Museveni ariko mu mutwe w’inkuru kimwita perezida w’u Rwanda.

Umutwe w’iyi nkuru mu Cyongereza uragira uti: “Africa sleeps too much, says President Museveni of Rwanda”ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ko perezida Museveni w’u Rwanda avuga ko Afurika isinziriye cyane.

Birashoboka ko uku kwaba ari ukwibeshya gusanzwe, ariko na none umuntu yakeka ko iki kinyamakuru kuri uyu wa Gatatu cyari cyabyukanye u Rwanda dore ko cyanakoze izindi nkuru zasohokeye neza isaha imwe n’iyi ya Museveni (12:01am), harimo ivuga uwahoze mu bashinzwe kurinda perezida Kagame witwa Noble Marara kivuga ko yaburiwe ko hari abashaka kumugirira nabi nubwo ngo atabwiwe niba ari leta y’u Rwanda. Iyi nkuru yahawe umutwe ugira uti: “Rwandan exile warned he could be assassinated”

Kuri iyo saha ya saa 12:01am na none kandi, iki kinyamakuru The Times cyasohoye indi nkuru na none ivuga kuri Noble Marara ariko yo kiyiha umutwe mu Cyongereza ugira uti: “Rwanda deserves to be condemned as much as Russia”, ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kuvuga ko u Rwanda rukwiriye gucibwa urubanza kimwe n’u Burusiya.

Umuntu rero akaba yakwibaza kuri izi nkuru 3 zose zivugamo u Rwanda harimo imwe yita perezida Museveni wa Uganda perezida w’u Rwanda n’izindi 2 zitavuga neza u Rwanda kandi zikaba zasohokeye zose isaha imwe nk’aho zakorewe umunsi umwe zikabikwa zigasohorerwa rimwe.

Ikinyamakuru The Times ni ikinyamakuru gisohoka buri munsi kuva kuwa Mbere kugeza kuwa gatandatu, kikaba ari ikinyamakuru cy’igihugu gifite ikicaro I London.

Cyatangiye gukora mu 1785 kitwa The Daily Universal Register mbere yo gufata izina kitwa kuri ubu kuwa 01 Mutarama 1788 kikaba kimaze imyaka isaga 230 mu kazi k’itangazamakuru.

 

2018-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2020
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Ubwanditsi 12 Dec 2019
U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?

U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?

Ubwanditsi 05 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF
HIRYA NO HINO

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye irahira rya Perezida Ibrahim Boubacar Keïta

Ubwanditsi 22 Sep 2018
Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 
INKURU NYAMUKURU

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Ubwanditsi 08 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru