• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Ubwanditsi 17 Nov 2017 ITOHOZA

Muri iyi minsi haravugwa intambara ishobora guturuka mu gihugu cya DR.Congo ariko itewe na Perezida Museveni afatanije umugambi na Gen.Kayumba Nyamwasa ndetse na Perezida Kabila mu ibanga rikomeye harimo uruhare rw’Abafaransa bashaka gushyigikira abarwanya ubutegetsi bw’uRwanda.

Bimwe mu bitangazamakuru bitandukanye muri Uganda nka www.chimpreports.com n’ibindi byakomeje kujya byandika inkuru ko Gen.Kayumba Nyamwasa wahunze u Rwanda ,ubu uba mu gihugu cya Africa y’Epfo aherutse kujya muri Uganda aho yagiranye inama n’abayoboke ba RNC ndetse akaba yaranyuze muri Tanzania agamije gushaka guhungabanya umutekano mu Rwanda.

Le Président Joseph Kabila

Abantu baribaza impamvu y’uruzinduko rwa Gen.Kayumba muri Uganda ,bakibaza uruhare rw’ingabo z’Abafaransa muri Uganda na Rujugiro uvugwaho gushyigikira RNC bikaba amayobora icyo bagamije dore ko umubano w’igihugu cya Africa y’Epfo n’uRwanda ndetse hakiyongeraho uBufaransa n’uRwanda nabyo bitameranye neza kuba ubu bikorana na Uganda bishobora guteza intambara hagati y’uRwanda na Uganda.

 

Perezida Museveni wa Uganda amakuru avuga ko afite imbaraga zo gukoresha bamwe mu ba Perezida nka Perezida Kabila ubwo bahuraga muri Uganda ku kibazo cya M23 ,nyuma yo guhura nibwo M23 yahungiye muri Uganda bikavugwa ko Perezida Museveni ari we wabwiye M23 kuva muri Congo dore ko yari imireye nabi Perezida Kabila afite ubwoba ko ishobora kumufata mpiri ikamukura ku butegetsi ndetse ikamufunga.

 

Perezida Museveni

Perezida Museveni nyuma yo kwemerera Rujugiro gushora imari ye muri Uganda ,no kwemerera Abafaransa kuza muri Uganda gutoza abasirikare be, ni uko ikigaragara hari umugambi w’intambara nyuma yo kugirana ibibazo n’uRwanda bagashimuta bamwe mu banyarwanda bari muri Uganda babashinja ko ari ba maneko bakorana na Polisi ya Uganda mu gufata impunzi z’Abanyarwanda baba bahungiye muri Uganda aho bavuga Lt.Mutabazi Joel.

Amakuru aturuka mu bantu biziwe avuga ko Perezida Museveni agira Ishyari ko uRwanda rurimo gutera imbere ndetse akaba yarabujije umushinga w’amashanyarazi wagomba guturuka muri Ethiopia akagera mu Rwanda nkuko Ikinyamakuru Umusingi kibyandika .

Iki kinyamakuru kuvuga ko ikindi kigaragaza Ishyari  ari  ikibazo cy’umushinga wa Gari ya moshi (Train)usa nuwahagaze uzabanza kunyura muri Sudan y’Epfo ,byose bikavugwa ko ari Museveni utambamira iryo terambere.

Ku ruhare rw’Abafaransa ni uko amakuru avuga ko uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi banze ku rwemera ndetse mu minsi ishize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Mushikiwabo Louise akaba yaragaragaye mu bitangazamakuru avuga ko Ubufaransa niyo bwakora iki budafite aho buzahungira uruhare rwabwo muri Jenoside ,hakaba hibazwa niba kujya muri Uganda aribyo byabafasha guhunga uruhare bashinjwa.

Perezida Macron

Amakuru aturuka muri Uganda ubu ni uko Perezida Museveni mu mayeri menshi cyane ashaka gukoresha Perezida Kabila mu mugambi wo kuvuga ko bashaka kwinjira muri Congo gushakisha inyeshyamba za ADF zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni kandi Kabila kubera ko umugambi awuzi ntazabyanga kuko abyanze Museveni yamurwanya akamukura ku butegetsi dore ko ubu Kabila afite ikibazo cya abamurwanya bashaka ko ava kubutegetsi amatora muri icyo gihugu ataraba.

Ni ukuvuga ngo ikibazo gihari ubu ni uburyo ingabo za Uganda zitozwa n’Abafaransa zizinjira mu mashyamba ya Congo zitwaje ko zigiye kurwanya ADF ariko inyuma y’uwo mugambi hakibazwa impamvu ya Gen.Kayumba uza muri Uganda kandi Uganda ishaka kujya muri Congo ndetse na M23 bamwe muri bo barasubijwe muri Congo ko bitazateza ikibazo gikomeye gishobora gutera intambara hagati y’uRwanda na Uganda ndetse na Congo irimo?.

Isesengura ryacu twasanze kuba uBufaransa bufitanye ikibazo n’uRwanda ndetse na Ambasaderi w’uRwanda muri icyo gihugu yarahamagajwe nyuma yaho uBufaransa buomeje gushinja u Rwanda ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal wahoze ayobora u Rwanda ,ubu ingabo zarwo zikaba zitoza ingabo za Uganda icyo cyonyine cyahangayikisha u Rwanda.

Ikindi kumva Gen.Kayumba Nyamwasa aza mu gihugu cya Uganda na Tanzania nabyo byatuma u Rwanda rwibaza impamvu ajyayo kandi ashakishwa ndetse yarakatiwe n’Inkiko zo mu Rwanda nabyo bishobora gutuma umubano wangirika kuko Gen.Kayumba afite Ishyaka rya RNC rirwanya ubutegetsi mu Rwanda.

Igikoresho Kayumba Nyamwasa

Ubu abantu baribaza impamvu igihugu cya Congo aricyo ari cyo abapanga intambara aricyo baba bashaka gukoresha btwaje ko gifite amashyamba menshi yihishemo abarwanya ubutegetsi aho bivugwa ko ADF Nalu ariho iba ,FDRL ariho iba n’indi mitwe yose irwanya buri gihugu iba muri Congo bikaba bigaragara ko bimwe mu bihugu biba bishaka uko bisahura Congo kuko nk’iyo ADF ishobora kuba itabaho.

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019
AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Ubwanditsi 14 Mar 2023

2 Ibitekerezo

  1. NELSON MANDELA
    April 19, 20184:01 pm -

    Yewe Uganda,DRC,ndetse Nabo Bafaransa Barabeshya Cyane Kuko Twese Abanyarwanda Abasirikare Nabasevile Tuzi Aho Urwanda Rwavuye Ntawadusenyera Tureba Tureba Nibiba Ngombwa Tuzanatanga Ubuzima Bwacu.

    Subiza
    • NKUND'URWANDA
      March 10, 20198:10 pm -

      Ibyo barishuka twebwe urwanda aho tuvuye naho tugeze turahazi tutavuze namenshi bage bamenyako lmana irara iwacu,.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi
Amakuru

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025
Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi
ITOHOZA

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru