• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Perezida Museveni ,Gen.Kayumba na Kabila nyirabayazana w’Intambara ivugwa hagati ya Uganda n’uRwanda na DR .Congo harimo n’Abafaransa

Ubwanditsi 17 Nov 2017 ITOHOZA

Muri iyi minsi haravugwa intambara ishobora guturuka mu gihugu cya DR.Congo ariko itewe na Perezida Museveni afatanije umugambi na Gen.Kayumba Nyamwasa ndetse na Perezida Kabila mu ibanga rikomeye harimo uruhare rw’Abafaransa bashaka gushyigikira abarwanya ubutegetsi bw’uRwanda.

Bimwe mu bitangazamakuru bitandukanye muri Uganda nka www.chimpreports.com n’ibindi byakomeje kujya byandika inkuru ko Gen.Kayumba Nyamwasa wahunze u Rwanda ,ubu uba mu gihugu cya Africa y’Epfo aherutse kujya muri Uganda aho yagiranye inama n’abayoboke ba RNC ndetse akaba yaranyuze muri Tanzania agamije gushaka guhungabanya umutekano mu Rwanda.

Le Président Joseph Kabila

Abantu baribaza impamvu y’uruzinduko rwa Gen.Kayumba muri Uganda ,bakibaza uruhare rw’ingabo z’Abafaransa muri Uganda na Rujugiro uvugwaho gushyigikira RNC bikaba amayobora icyo bagamije dore ko umubano w’igihugu cya Africa y’Epfo n’uRwanda ndetse hakiyongeraho uBufaransa n’uRwanda nabyo bitameranye neza kuba ubu bikorana na Uganda bishobora guteza intambara hagati y’uRwanda na Uganda.

 

Perezida Museveni wa Uganda amakuru avuga ko afite imbaraga zo gukoresha bamwe mu ba Perezida nka Perezida Kabila ubwo bahuraga muri Uganda ku kibazo cya M23 ,nyuma yo guhura nibwo M23 yahungiye muri Uganda bikavugwa ko Perezida Museveni ari we wabwiye M23 kuva muri Congo dore ko yari imireye nabi Perezida Kabila afite ubwoba ko ishobora kumufata mpiri ikamukura ku butegetsi ndetse ikamufunga.

 

Perezida Museveni

Perezida Museveni nyuma yo kwemerera Rujugiro gushora imari ye muri Uganda ,no kwemerera Abafaransa kuza muri Uganda gutoza abasirikare be, ni uko ikigaragara hari umugambi w’intambara nyuma yo kugirana ibibazo n’uRwanda bagashimuta bamwe mu banyarwanda bari muri Uganda babashinja ko ari ba maneko bakorana na Polisi ya Uganda mu gufata impunzi z’Abanyarwanda baba bahungiye muri Uganda aho bavuga Lt.Mutabazi Joel.

Amakuru aturuka mu bantu biziwe avuga ko Perezida Museveni agira Ishyari ko uRwanda rurimo gutera imbere ndetse akaba yarabujije umushinga w’amashanyarazi wagomba guturuka muri Ethiopia akagera mu Rwanda nkuko Ikinyamakuru Umusingi kibyandika .

Iki kinyamakuru kuvuga ko ikindi kigaragaza Ishyari  ari  ikibazo cy’umushinga wa Gari ya moshi (Train)usa nuwahagaze uzabanza kunyura muri Sudan y’Epfo ,byose bikavugwa ko ari Museveni utambamira iryo terambere.

Ku ruhare rw’Abafaransa ni uko amakuru avuga ko uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi banze ku rwemera ndetse mu minsi ishize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Mushikiwabo Louise akaba yaragaragaye mu bitangazamakuru avuga ko Ubufaransa niyo bwakora iki budafite aho buzahungira uruhare rwabwo muri Jenoside ,hakaba hibazwa niba kujya muri Uganda aribyo byabafasha guhunga uruhare bashinjwa.

Perezida Macron

Amakuru aturuka muri Uganda ubu ni uko Perezida Museveni mu mayeri menshi cyane ashaka gukoresha Perezida Kabila mu mugambi wo kuvuga ko bashaka kwinjira muri Congo gushakisha inyeshyamba za ADF zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni kandi Kabila kubera ko umugambi awuzi ntazabyanga kuko abyanze Museveni yamurwanya akamukura ku butegetsi dore ko ubu Kabila afite ikibazo cya abamurwanya bashaka ko ava kubutegetsi amatora muri icyo gihugu ataraba.

Ni ukuvuga ngo ikibazo gihari ubu ni uburyo ingabo za Uganda zitozwa n’Abafaransa zizinjira mu mashyamba ya Congo zitwaje ko zigiye kurwanya ADF ariko inyuma y’uwo mugambi hakibazwa impamvu ya Gen.Kayumba uza muri Uganda kandi Uganda ishaka kujya muri Congo ndetse na M23 bamwe muri bo barasubijwe muri Congo ko bitazateza ikibazo gikomeye gishobora gutera intambara hagati y’uRwanda na Uganda ndetse na Congo irimo?.

Isesengura ryacu twasanze kuba uBufaransa bufitanye ikibazo n’uRwanda ndetse na Ambasaderi w’uRwanda muri icyo gihugu yarahamagajwe nyuma yaho uBufaransa buomeje gushinja u Rwanda ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal wahoze ayobora u Rwanda ,ubu ingabo zarwo zikaba zitoza ingabo za Uganda icyo cyonyine cyahangayikisha u Rwanda.

Ikindi kumva Gen.Kayumba Nyamwasa aza mu gihugu cya Uganda na Tanzania nabyo byatuma u Rwanda rwibaza impamvu ajyayo kandi ashakishwa ndetse yarakatiwe n’Inkiko zo mu Rwanda nabyo bishobora gutuma umubano wangirika kuko Gen.Kayumba afite Ishyaka rya RNC rirwanya ubutegetsi mu Rwanda.

Igikoresho Kayumba Nyamwasa

Ubu abantu baribaza impamvu igihugu cya Congo aricyo ari cyo abapanga intambara aricyo baba bashaka gukoresha btwaje ko gifite amashyamba menshi yihishemo abarwanya ubutegetsi aho bivugwa ko ADF Nalu ariho iba ,FDRL ariho iba n’indi mitwe yose irwanya buri gihugu iba muri Congo bikaba bigaragara ko bimwe mu bihugu biba bishaka uko bisahura Congo kuko nk’iyo ADF ishobora kuba itabaho.

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020

2 Ibitekerezo

  1. NELSON MANDELA
    April 19, 20184:01 pm -

    Yewe Uganda,DRC,ndetse Nabo Bafaransa Barabeshya Cyane Kuko Twese Abanyarwanda Abasirikare Nabasevile Tuzi Aho Urwanda Rwavuye Ntawadusenyera Tureba Tureba Nibiba Ngombwa Tuzanatanga Ubuzima Bwacu.

    Subiza
    • NKUND'URWANDA
      March 10, 20198:10 pm -

      Ibyo barishuka twebwe urwanda aho tuvuye naho tugeze turahazi tutavuze namenshi bage bamenyako lmana irara iwacu,.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.
Amakuru

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu
Amakuru

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru