• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017 POLITIKI

Ejo kuwa gatatu (8/2/2017) mu gihugu cya Somalia habaye amatora ya Perezida wa Repubulika arangira agaragaje uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora.

Henshi muri Somalia harangwa n’umutekano muke kubera abarwanyi ba Al Shabab bahora bagaba ibitero ku basirikare ba leta n’abubumwe bwa Afurika (AMISOM), ntabwo abaturage bose bashobora kugira uruhare mu itora rya Perezida wa Repubulika, ahubwo bakamutorerwa n’abagize inteko ishinga amategeko (abadepite) y’icyo gihugu.

Ayo matora yakozwe umunsi wose yabereye ku kibuga kinini cy’indege mu murwa mukuru, Mogadishu, harinzwe bikomeye n’ingabo za AMISOM zifashijwe n’ingabo za Somalia.

Abadepite bari bagize inteko itora bari 328, bagomba gutora umuntu umwe mu bakandida 23 bari biyamamaje. Mu itora rya mbere habuze uwegukana insinzi, hasigaramo abakandida bane barimo Perezida Hassan Sheiks Mohamud n’abandi babiri bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe n’undi umwe wigeze kuba Perezida w’igihugu. Abo bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe ni Omar Abdirashid Ali Sharmarke (wari Minisitiri w’intebe muri guverunoma yariho mbere y’iryo tora) na Mohammed Abdullah Mohammed Farmaajo. Undi rero ni Shariiif Sheekh Ahmed, wigeze kuba umukuru w’igihugu.

Abo badepite 328 bari bagize inteko itora bongeye guterana ngo batore umwe muri abo bakandida bane, abe Perezida wa Somalia. Muri iryo tora rya kabiri, Mohammed Abdullahi Mohamed Farmajo yabonye amajwi 184, arushije Perezida Hassan Sheiks Muhamud amajwi 80. Uko niko Farmajo yegukanye umwanya wa Perezida w’igihugu cya Somalia, kuko uwo yari yarushije amajwi 80 atifuje yuko habaho incuro ya gatatu y’amatora kuko yabonaga yuko ntacyo byari guhindura !

-5709.jpg

Itorwa rya Farmaja atsinze Perezida Muhamud wariho ryagaragaje uko abadepite ba Somalia y’ubu biyemeje gukora. Ntabwo bajya bongera guha amajwi Perezida wari usanzweho ngo ashobore gutegeka manda ya kabiri. Iyi ni incuro ya gatatu ibi bibaye ! Kuva Somalia yabona ubwigenge mu 1960 imaze guhinduranya abakuru b’igihugu incuro 12, harimo kudeta ebyiri n’umwe wishwe !

Ku butegetsi bwa Perezida Siad Barre, Farmajo w’imyaka 55 y’amavuko yari umudiplomate muri ambasade ya Somalia muri Amerika. Ubutegetsi bwa Barre buhirimye mu 1991, Farmajo yasabye ubuhungiro muri icyo gihugu cya Amerika arabubona, nyuma aza no guhabwa ubwenegihugu bwa Amerika. Ubu ni Umusomali akaba n’umunyamerika !

Kayumba Casmiry

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza

Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango
IKORANABUHANGA

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?
Amakuru

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru