• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017 POLITIKI

Ejo kuwa gatatu (8/2/2017) mu gihugu cya Somalia habaye amatora ya Perezida wa Repubulika arangira agaragaje uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora.

Henshi muri Somalia harangwa n’umutekano muke kubera abarwanyi ba Al Shabab bahora bagaba ibitero ku basirikare ba leta n’abubumwe bwa Afurika (AMISOM), ntabwo abaturage bose bashobora kugira uruhare mu itora rya Perezida wa Repubulika, ahubwo bakamutorerwa n’abagize inteko ishinga amategeko (abadepite) y’icyo gihugu.

Ayo matora yakozwe umunsi wose yabereye ku kibuga kinini cy’indege mu murwa mukuru, Mogadishu, harinzwe bikomeye n’ingabo za AMISOM zifashijwe n’ingabo za Somalia.

Abadepite bari bagize inteko itora bari 328, bagomba gutora umuntu umwe mu bakandida 23 bari biyamamaje. Mu itora rya mbere habuze uwegukana insinzi, hasigaramo abakandida bane barimo Perezida Hassan Sheiks Mohamud n’abandi babiri bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe n’undi umwe wigeze kuba Perezida w’igihugu. Abo bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe ni Omar Abdirashid Ali Sharmarke (wari Minisitiri w’intebe muri guverunoma yariho mbere y’iryo tora) na Mohammed Abdullah Mohammed Farmaajo. Undi rero ni Shariiif Sheekh Ahmed, wigeze kuba umukuru w’igihugu.

Abo badepite 328 bari bagize inteko itora bongeye guterana ngo batore umwe muri abo bakandida bane, abe Perezida wa Somalia. Muri iryo tora rya kabiri, Mohammed Abdullahi Mohamed Farmajo yabonye amajwi 184, arushije Perezida Hassan Sheiks Muhamud amajwi 80. Uko niko Farmajo yegukanye umwanya wa Perezida w’igihugu cya Somalia, kuko uwo yari yarushije amajwi 80 atifuje yuko habaho incuro ya gatatu y’amatora kuko yabonaga yuko ntacyo byari guhindura !

-5709.jpg

Itorwa rya Farmaja atsinze Perezida Muhamud wariho ryagaragaje uko abadepite ba Somalia y’ubu biyemeje gukora. Ntabwo bajya bongera guha amajwi Perezida wari usanzweho ngo ashobore gutegeka manda ya kabiri. Iyi ni incuro ya gatatu ibi bibaye ! Kuva Somalia yabona ubwigenge mu 1960 imaze guhinduranya abakuru b’igihugu incuro 12, harimo kudeta ebyiri n’umwe wishwe !

Ku butegetsi bwa Perezida Siad Barre, Farmajo w’imyaka 55 y’amavuko yari umudiplomate muri ambasade ya Somalia muri Amerika. Ubutegetsi bwa Barre buhirimye mu 1991, Farmajo yasabye ubuhungiro muri icyo gihugu cya Amerika arabubona, nyuma aza no guhabwa ubwenegihugu bwa Amerika. Ubu ni Umusomali akaba n’umunyamerika !

Kayumba Casmiry

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro
Amakuru

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Ubwanditsi 03 Jan 2023
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima
Amakuru

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru