• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018 SHOWBIZ

Davido wo muri Nigeria yahawe igihembo gikomeye cya BET Award nk’uwahize abandi mu cyiciro cya ‘Best International Act’ cyari gihataniwe n’abo muri Afurika n’u Burayi.

Ibihembo byatanzwe ku bantu mu byiciro binyuranye birimo umuziki, sinema na siporo, bitangwa kandi bigategurwa na Televiziyo ya BET(Black Entertainment Tv) ari naryo zina byahawe.

Iby’uyu mwaka byatanzwe mu muhango ukomeye wabereye muri Microsoft Theater
Ku itariki ya 24 Kamena 2018.

CNN yatangaje ko mu kwakira iki gihembo, Davido yavuze amagambo akomeye aho yibanze cyane mu gushishikariza abahanzi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no mu bihugu byo ku yindi migabane ‘kuyoboka Afurika bagafatanya n’abahanzi bahakomoka’.

Yagize ati “Ndababwiza ukuri bantu mwe, nimuze muri Afurika murye amafunguro yaho, mwambare imyenda yahoo. Uyu muhanzi wakunzwe cyane muri ’If’, ’Fia,’ n’izindi, yongeyeho ati “Umugabane wanjye wagiriwe umugisha wo gutuma abantu bo mu yindi mico bagira ibyo bahindura.”

Uyu muhanzi ubusanzwe witwa David Adeleke, yahigitse abahanzi barimo uwo muri Nigeria Tiwa Savage, Stormzy[u Bwongereza] ndetse na Fally Ipupa wo muri Congo. Iki gihembo agihawe ku nshuro ya kabiri nyuma y’ikindi yafashe mu 2014.

Mu ijambo yavuze yakira iki gihembo, Davido yunamiye umwana wa D’Banj uherutse kwitaba Imana aguye mu mazi ya piscine iri mu rugo rw’uyu muhanzi. Yavuze ko biteye agahinda ndetse asaba mugenzi we gukomera muri ibi bihe by’akababaro.

Ku nshuro ya mbere, igihembo kigenerwa umuhanzi wahize abandi hanze ya Amerika [Best International Act Award] cyatangiwe mu ruhame nk’uko byagendaga mu bindi byiciro mu gihe mu myaka yatambutse cyatangirwaga hanze y’ahabera ibirori mu muhango wabaga mbere y’amasaha agera kuri atanu ngo ibirori nyir’izina bitangire.

Ibi, abahanzi benshi bamaze kubaka izina muri Afurika barabirwanyije cyane. Wizkid wo muri Nigeria yabyikomye kenshi ndetse mu 2015 yanze kwitabira ibi bihembo avuga ko ‘bisuzuguza umuhanzi wa Afurika kurusha uko bimuteza imbere’, mugenzi we Fuse ODG, umunya-Ghana ukorera umuziki mu Bwongereza na we yabyamaganiye kure ndetse yanga kubyitabira icyo gihe.

Uko imyaka yagiye ishira, ibi byakorerwaga Abanyafurika byakomeje gufatwa nk’agahomamunwa ndetse byatumaga abenshi mu batumirwaga muri BET barangaga kujyayo kubera uburyo bahezwaga hanze y’inzu yaberagamo ibirori.

Kuri iyi nshuro hajemo impinduka ikomeye ndetse abahanzi bo ku Mugabane wa Afurika n’u Burayi bahurijwe mu cyiciro kimwe. Mu baserukiye Afurika harimo Cassper Nyovest n’itsinda Distruction Boyz [bo muri Afurika y’Epfo], Davido na Tiwa Savage[bo muri Nigeria], Fally Ipupa[Congo].

Abo mu Burayi harimo Booba, Niska na Dadju [bo mu Bufaransa] hanyuma hakaza Stefflon Don, J Hus ndetse na Stormzy bo mu Bwongereza.

Urutonde rurambuye rw’abahawe ibihembo bya BET Awards 2018:

— Video of the year: Drake

— Best male R&B/pop artist: Bruno Mars

— Best female R&B/pop Artist: Beyonce

— Best male hip hop artist: Kendrick Lamar

— Best female hip hop artist: Cardi B

— Best new artist: SZA

— Album of the year: “DAMN.” Kendrick Lamar

— Best group: Migos

— Best gospel/inspirational award: Lecrae featuring Tori Kelly

— Best collaboration: DJ Khaled, Rihanna and Bryson Tiller, “Wild Thoughts”

— YoungStars award: Yara Shahidi

— Viewers’ choice award: Cardi B, “Bodak Yellow”

— Video director of the year: Ava DuVernay

— Best actor: Chadwick Boseman

— Best actress: Tiffany Haddish

— Best movie: “Black Panther”

— Sportswoman of the year: Serena Williams

— Sportsman of the year: LeBron James

— Humanitarian award: Naomi Wadler, Mamoudou Gassama, Justin Blackman, Shaun King, Anthony Borges and James Shaw Jr.

— Lifetime achievement award: Anita Baker

— Ultimate Icon Award: Debra Lee

— BET HER award: Mary J. Blige

— Best international act: Davido (Nigeria)

 

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Ubwanditsi 06 May 2018
AGASHYA!Umusore yisatse impeta arayibura ubwo yaragiye kuyambika umukunzi we amusaba ko bashyingirana[AMAFOTO]

AGASHYA!Umusore yisatse impeta arayibura ubwo yaragiye kuyambika umukunzi we amusaba ko bashyingirana[AMAFOTO]

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite
HIRYA NO HINO

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru