• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018 SHOWBIZ

Davido wo muri Nigeria yahawe igihembo gikomeye cya BET Award nk’uwahize abandi mu cyiciro cya ‘Best International Act’ cyari gihataniwe n’abo muri Afurika n’u Burayi.

Ibihembo byatanzwe ku bantu mu byiciro binyuranye birimo umuziki, sinema na siporo, bitangwa kandi bigategurwa na Televiziyo ya BET(Black Entertainment Tv) ari naryo zina byahawe.

Iby’uyu mwaka byatanzwe mu muhango ukomeye wabereye muri Microsoft Theater
Ku itariki ya 24 Kamena 2018.

CNN yatangaje ko mu kwakira iki gihembo, Davido yavuze amagambo akomeye aho yibanze cyane mu gushishikariza abahanzi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no mu bihugu byo ku yindi migabane ‘kuyoboka Afurika bagafatanya n’abahanzi bahakomoka’.

Yagize ati “Ndababwiza ukuri bantu mwe, nimuze muri Afurika murye amafunguro yaho, mwambare imyenda yahoo. Uyu muhanzi wakunzwe cyane muri ’If’, ’Fia,’ n’izindi, yongeyeho ati “Umugabane wanjye wagiriwe umugisha wo gutuma abantu bo mu yindi mico bagira ibyo bahindura.”

Uyu muhanzi ubusanzwe witwa David Adeleke, yahigitse abahanzi barimo uwo muri Nigeria Tiwa Savage, Stormzy[u Bwongereza] ndetse na Fally Ipupa wo muri Congo. Iki gihembo agihawe ku nshuro ya kabiri nyuma y’ikindi yafashe mu 2014.

Mu ijambo yavuze yakira iki gihembo, Davido yunamiye umwana wa D’Banj uherutse kwitaba Imana aguye mu mazi ya piscine iri mu rugo rw’uyu muhanzi. Yavuze ko biteye agahinda ndetse asaba mugenzi we gukomera muri ibi bihe by’akababaro.

Ku nshuro ya mbere, igihembo kigenerwa umuhanzi wahize abandi hanze ya Amerika [Best International Act Award] cyatangiwe mu ruhame nk’uko byagendaga mu bindi byiciro mu gihe mu myaka yatambutse cyatangirwaga hanze y’ahabera ibirori mu muhango wabaga mbere y’amasaha agera kuri atanu ngo ibirori nyir’izina bitangire.

Ibi, abahanzi benshi bamaze kubaka izina muri Afurika barabirwanyije cyane. Wizkid wo muri Nigeria yabyikomye kenshi ndetse mu 2015 yanze kwitabira ibi bihembo avuga ko ‘bisuzuguza umuhanzi wa Afurika kurusha uko bimuteza imbere’, mugenzi we Fuse ODG, umunya-Ghana ukorera umuziki mu Bwongereza na we yabyamaganiye kure ndetse yanga kubyitabira icyo gihe.

Uko imyaka yagiye ishira, ibi byakorerwaga Abanyafurika byakomeje gufatwa nk’agahomamunwa ndetse byatumaga abenshi mu batumirwaga muri BET barangaga kujyayo kubera uburyo bahezwaga hanze y’inzu yaberagamo ibirori.

Kuri iyi nshuro hajemo impinduka ikomeye ndetse abahanzi bo ku Mugabane wa Afurika n’u Burayi bahurijwe mu cyiciro kimwe. Mu baserukiye Afurika harimo Cassper Nyovest n’itsinda Distruction Boyz [bo muri Afurika y’Epfo], Davido na Tiwa Savage[bo muri Nigeria], Fally Ipupa[Congo].

Abo mu Burayi harimo Booba, Niska na Dadju [bo mu Bufaransa] hanyuma hakaza Stefflon Don, J Hus ndetse na Stormzy bo mu Bwongereza.

Urutonde rurambuye rw’abahawe ibihembo bya BET Awards 2018:

— Video of the year: Drake

— Best male R&B/pop artist: Bruno Mars

— Best female R&B/pop Artist: Beyonce

— Best male hip hop artist: Kendrick Lamar

— Best female hip hop artist: Cardi B

— Best new artist: SZA

— Album of the year: “DAMN.” Kendrick Lamar

— Best group: Migos

— Best gospel/inspirational award: Lecrae featuring Tori Kelly

— Best collaboration: DJ Khaled, Rihanna and Bryson Tiller, “Wild Thoughts”

— YoungStars award: Yara Shahidi

— Viewers’ choice award: Cardi B, “Bodak Yellow”

— Video director of the year: Ava DuVernay

— Best actor: Chadwick Boseman

— Best actress: Tiffany Haddish

— Best movie: “Black Panther”

— Sportswoman of the year: Serena Williams

— Sportsman of the year: LeBron James

— Humanitarian award: Naomi Wadler, Mamoudou Gassama, Justin Blackman, Shaun King, Anthony Borges and James Shaw Jr.

— Lifetime achievement award: Anita Baker

— Ultimate Icon Award: Debra Lee

— BET HER award: Mary J. Blige

— Best international act: Davido (Nigeria)

 

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina

Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Ubwanditsi 09 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana
Mu Mahanga

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida
POLITIKI

Liberia: Bazindukiye mu cyiciro cya kabiri cy’amatora ya perezida

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru