• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Editorial 18 May 2018 Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania zihangayikishijwe n’abantu zitazi bavuga Ikinyarwanda bari kwinjira muri iyi nkambi, aho zi mpunzi zinenga abashinzwe umutekano mu nkambi kurebera ibyo bintu .

Izi mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi y’Impunzi ya Nduta ziremeza ko aba bantu batangiye kugera mu nkambi ku Cyumweru, itariki 13 Gicurasi.

Aba ngo bakaba barinjiye mu nkambi baherekeje umuvugabutumwa wari wagiye kuvuga ubutumwa mu nkambi, ariko batandukana itsinda rimwe rijya mu kabari kamwe irindi rijya mu kandi.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa RPA iravuga ko itsinda rimwe ryagiye mu kabari k’uwitwa Mwarabu, irindi rikajya ahitwa kwa Mushongore. Utu tubari twose ngo tukaba ari utw’umukuru w’Abasungusungu witwa Samuel nk’uko abahaye amakuru iki kinyamakuru babyemeza.

Mu ijoro ryo kuri icyo cyumweru nk’uko inkuru ikomeza ivuga, abo bantu batazwi bayoboje inzira ijya muri zone ya 12 yo mu nkambi, ari naho impunzi z’Abarundi zumvise ko bavuga Ikinyarwanda.

Ngo icyateye impungenge cyane impunzi ariko, ngo ni uko uwo bivugwa ko ari umuvugabutumwa wazanye n’abo bantu yaje kugenda ariko bo bagasigara mu nkambi.

Ni mu gihe ngo kandi mu nkambi ya Mtendeli impunzi zimaze kuhafatira abantu 5 bavuga Ikinyarwanda, impunzi zivuga ko ari Interahamwe,ngo bashobora kuba baratumwe kwica abantu badashaka kwiyandikisha ngo batahe ku bushake iwabo mu Burundi.

Impunzi zihangayikishijwe n’umutekano wazo zikaba zaragejeje iki kibazo ku bazishinzwe ariko ngo nta kirakorwa zikaba zisaba kwizezwa umutekano wazo.

Ese uyu muvugabutumwa hari aho yaba ahuriye n’agatsiko mu minsi yashize kafatiwe ku mupaka wa Uganda na Tanzania bakisobanura ko ari impunzi z’Abanyarwanda zari zigiye mu bikorwa by’ivugabutumwa mu Burundi ariko zinyuze muri Tanzania?

Bisobanuye gutyo nyamara ku rundi ruhande bivugwa ko bari bagiye mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse batabwa muri yombi na n’ubu baracyari mu maboko y’ubutebera bwa Uganda.

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Editorial 31 Oct 2024
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Editorial 21 Jan 2020
Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Editorial 05 Sep 2016
Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Editorial 19 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 20, 20185:25 pm -

    Ariko umunyarwanda yabaye ikibazo ku bantu bose pe!

    ese kuki iyo bavuze umunyarwanda humvikana ubwicanyi cg abicanyi?

    iki ni ikibazo gikomeye twagakwiye kwikuraho kuko niba isura u Rwanda n’abanyarwanda dufite ari ubwicanyi ndetse n’abicanyi , turagowe kuko hose iherezo ryacu ni ukwicwa tuzira ubusa kubera ubutegetsi bubi bwaduteje aka kaga kose mwumva!

    1 U munyarwanda= Umuhutu= Interahamwe
    2. Umunyarwanda = Umututsi= Inyenzi

    Aba bose bakaba bahurira ku izina rimwe rusange ariryo ‘ABICANYI RUHARWA ‘

    Tubyumve kimwe kuko niko biri!

    Mureke twicarane turebe uko twakemura iyi batisimu twabatijwe kubera ububwa ,ubugome,urwango, ubwicanyi bwacu kuko nta munyarwanda shyashya ubaho n’umwe niko Uwiteka Imana ivuga!

    Subiza

Leave a Reply to Intareyakanwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City
UBUKUNGU

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Editorial 12 Dec 2018
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka
Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Editorial 16 Oct 2020
REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar
Amakuru

REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar

Editorial 01 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru