• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Ubwanditsi 17 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishyaka PSD riherutse gutangaza ko ryirukanye Ndayishimiye Eric, umuyoboke waryo wari no muri biro politiki y’iryo shyaka, ari na yo yafashe umwanzuro wo kumwirukana.

Imyitwarire idahwitse Ndayishimiye yashinjwe irimo gusuzugura inzego z’ishyaka, kurisebya, kwinjira muri website yaryo akayivanaho n’indi myitwarire irimo kuvuga amagambo adahesha ishyaka icyubahiro na politiki y’igihugu muri rusange nk’uko byatangajwe na Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Umunyamabanga Mukuru wa PSD.

Mu gusobanura icyo kibazo, Ndayishimiye yavuze ko yasezeye mbere abicishije mu ibaruwa yandikiye iryo shyaka igaragaza ko yanditse asezera ku wa 6 Nzeri 2016.
Ibi yabisobanuye mu itangazo yageneye abanyamakuru ryo ku wa 13 Ukwakira 2016.

Ati “Naravogerewe ubwo muri iyi nama ya biro politiki y’ishyaka PSD yabaye ku wa 8 Ukwakira 2016, navugwagaho ko nirukanywe kandi maze igihe kingana n’iminsi 32 yose nsezeye muri iri shyaka.Na none kandi imyitwarire idahwitse ntabwo nyemera kubera ko habayeho kumpimbira.”

Ndayishimiye kandi asanga atarashyigikiwe na PSD igihe cyose yamaze ari umuyoboke waryo kandi we abona hari inkunga yahaye iri shyaka.

Ati “ Abayobozi b’ishyaka burya inshingano zabo z’ibanze ni ukurengera no guteza imbere abayoboke[…]. Ibi ni byo byatumye mbaza ubuyobozi bwa PSD nti ‘ko nabakoreye byinshi kandi bifite n’agaciro kenshi, ese kuki mwebwe nta kintu na kimwe gifatika muranshigikiramo? Kuva ubwo imikorere yanjye na bo yahise izamo agatotsi, nuko batangira kunshinja imyitwarire idahwitse.”

Ndayishimiye yemeza ko yasezeye byemewe n’amategeko nkuko biteganywa n’ingingo ya 12 muri sitati y’ishyaka PSD, igira iti ‘umuyoboke ashobora gusezera mu ishyaka ku mpamvu ze bwite kandi akabikora mu nyandiko’.

Ndayishimiye yageneye abanyamkuru iryo tangazo nyuma yuko ateguye ikiganiro n’abanyamakuru, ariko ntikibe.

Inkuru bifitanye isano:PSD yirukanye Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

Itangazo rigenewe Abanyamakuru
-4406.jpg

Ibaruwa Ndayishimiye Eric yanditse asezera muri PSD
-4407.jpg

Inkuru bifitanye isano

https://rushyashya.net/politiki/ishyaka-psd-dr-biruta-vincent-mu.html

2016-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 22 Nov 2016
IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Ubwanditsi 30 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo
HIRYA NO HINO

Impamvu 10 zituma abagore bananirwa kubana n’ abagabo babo

Ubwanditsi 01 Mar 2016
RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye
Mu Mahanga

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,
Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru